Birangiye Samia atsinze amatora, inkuru irambuye
Komisiyo y’amatora mu gihugu cya Tanzania, yatangaje ko “Samia Suluhu Hassan ariwe watsinze amatora y’umukuru w’igihugu, aho yayatsinze ku majwi 97, 66%.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu, itariki ya 01/11/2025, ni bwo iriya komisiyo y’amatora yatangaje uwatsinze amatora muri Tanzania.
Ni igikorwa kigiye gutuma Samia Suluhu Hassan akomeza kuyobora Tanzania, nyuma y’uko yageze ku butegetsi bw’iki gihugu nyuma y’urupfu rwa Pombe Magufuli witabye Imana muri 2021.
Iriya komisiyo yagaragaje ko Samia Suluhu yabonye amajwi arenga miliyoni 31,9 by’abatoye bose. Ivuga kandi ko ubwitabire bwari kuri 87% mu gihe abiyandikishije ku gutora bari kuri miliyoni 37,6.
Ariko aya matora yaranzwe n’akavuyo aho abiganjemo urubyiruko bavuga ko atabaye mu mucyo kuko ngo hari abatavuga rumwe n’ubutegetsi batemerewe kwiyamamaza. Abo barimo Tundu Lissu w’ishyaka rya Chadema na John H n’abandi.
Inzego zishyinzwe umutekano zakoze ibishoboka byose kugira ngo zikumire iyi myigaragambyo yamaze iminsi itatu, aho yatangiye ku wa gatatu, zinasaba kandi ko abaturage bakorera mu rugo mu rwego rwo kwirinda ko imvururu zifata indi ntera.
Imyigaragambyo yangije byinshi, kuko ibigo byinshi byaratwitswe, imihanda irangizwa, ndetse kandi hari n’ibinyabiziga byatwitswe. Ni mu gihe kandi abantu babarirwa muri 700 bahasize ubuzima, abandi benshi barakomeretswa.
Samia Suluhu Hassan watsinze amatora ni umugore w’imyaka 65 y’amavuko, ntabyinshi bimugaragaza ashimirwa usibye kugaragaza ko yagize uruhare mu kuyobora igihugu cye nyuma y’urupfu rwa Magufuli, iki gihugu kigakomeza umurongo w’iterambere.







