• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, September 7, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Trump yagize icyo avuga ku makimbirane y’u Rwanda na RDC.

minebwenews by minebwenews
January 31, 2025
in World News
0
Trump yagize icyo avuga ku makimbirane y’u Rwanda na RDC.
126
SHARES
3.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Trump yagize icyo avuga ku makimbirane y’u Rwanda na RDC.

You might also like

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump yabajijwe ikibazo cya Repubulika ya demokarasi ya Congo n’u Rwanda, nawe avuga ko ibyo ataragera igihe cyo kubivugaho, ariko asezeranya ko azabigarukaho nyuma.

Hari mu kiganiro perezida Donald Trump yarimo n’abanyamakuru, aho muri icyo kiganiro cyabaye ku gicamunsi cy’ejo hashize tariki ya 30/01/2025, umwe mubanyamakuru bacyitabiriye yamubajije icyo ateganya gukora ngo amahoro hagati y’u Rwanda na Congo Kinshasa agaruke.

Uyu mukuru w’igihugu cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yahise amusubiza ati: “Uri kumbaza ibijyanye n’u Rwanda, kandi ndabyemera ko ari ikibazo gikomeye cyane, gusa si ntekereza ko ari ngombwa ku kivugaho ubu. Tuzabivugaho nyuma.”

Uyu muyobozi uyoboye igihugu cy’igihangange ku Isi yirinze kuvuga u Rwanda mu gihe ibindi bihugu byo mu Burayi bikomeje kurwotsa igitutu, aho birushinja gufasha umutwe wa M23 ukomeje kwigarurira ibice byinshi byo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Gusa u Rwanda rutera utwatsi ibyo birego, hubwo rugashinja Leta ya Kinshasa gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenoside mu Rwanda.

Ndetse kandi n’uyu mutwe wa M23 binyuze mu buyobozi bwawo, uhakana ko u Rwanda rutawutera inkunga. Uyu mutwe wakunze kugaragaza icyo urwanira ko ari ukubaho kwabo n’abantu babo bahozwa ku nkenke n’ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi.

Hagataho, imirwano hagati y’uyu mutwe wa M23 n’ingabo za RDC ikomeje gufata indi ntera aho uyu mutwe wegereje gufata centre ya teritware ya Kalehe muri Kivu y’Amajy’epfo.

Tags: AmakimbiraneRdcRwandaTrump
Share50Tweet32Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo avuga n'impamvu Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo ayita minisiteri y'intambara, avuga ko isi...

Read moreDetails

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

Icyemezo gikakaye n'icyo ubutabera bw'i Dubai bwafashe ku mwana w'umukobwa w'imyaka 23 Umukobwo w'imyaka 23 y'amavuko witwa Mia O'Brien ukomoka mu ntara ya Liverpool mu Bwongereza urukiko rw'i...

Read moreDetails

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango Mu karasisi gakomeye aho u Bushinwa bwamuritse intwaro zimwe zitari zizwi hamwe n'abasirikare ibihumbi batambuka badasobanya,...

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

by minebwenews
August 31, 2025
0
U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban Guverinoma y'u Burusiya yasezeanyije iy'Aba-Taliban kuyitera inkunga kurushaho uko bwahoraga buyibatera. Bisanzwe bizwi ko Leta y'Aba-Taliban ko ari yo iyoboye...

Read moreDetails

Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

by minebwenews
August 31, 2025
0
Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

Kubera telefone minisitiri w'intebe wa Thailand yegujwe Urukiko rw'ikirenga rwo muri Thailand rwafashe icyemezo cyo kweguza minisitiri w'intebe w'iki gihugu, Poetongtarn Shinawatra, kubera ikiganiro cya telefone yagiranye na...

Read moreDetails
Next Post
Tshisekedi mu gihe yizera amahanga ko azakemura ikibazo kiri mu gihugu cye, M23 yo ikomeje kwegera ija gufata u Bukavu.

Tshisekedi mu gihe yizera amahanga ko azakemura ikibazo kiri mu gihugu cye, M23 yo ikomeje kwegera ija gufata u Bukavu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?