• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, October 24, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Trump yasezeranyije kugarura ishema ry’Amerika.

minebwenews by minebwenews
March 6, 2025
in World News
0
Trump yasezeranyije kugarura ishema ry’Amerika.
78
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Trump yasezeranyije kugarura ishema ry’Amerika.

You might also like

Amerika yavuze impamvu yifuza kuganira n’u Burusiya

Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho

Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

Umukuru w’igihugu cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump yagejeje ijambo ku mitwe yombi y’inteko ishinga amategeko abasezeranya kugarura ishema ry’Amerika.

Uyu mukuru w’iki gihugu cya Amerika, yabwiye iriya mitwe ibiri ya kongre ko mu minsi mirongwine n’itatu amaze ayoboye iki gihugu cy’igihangange amaze kugera kuri byinshi birenze ibyo abamubanjirije bagezeho mu gihe cy’imyaka ine cyangwa umunani bamaze ku butegetsi. Kandi ko akazi ari bwo kagitangira.

Iri jambo yagezagaho imitwe ibiri ya kongre ya Leta Zunze ubumwe z’Amerika, yari yarihaye insanganyamatsiko igira it: “Renewal of the American dream.” Bivuze kugerageza kubaka no kugarura ishema ry’Amerika.

Muri iri jambo rya Trump yibanze cyane ku cyerekezo gishya yifuza guha Amerika gikubiyemo guharanira iterambere ry’Umunyamerika ku isonga, no kongera imbaraga nshya mu rwego rw’ubukungu, kurwanya no kwirukana mu gihugu abimukira bari mu gihugu bitemewe n’amategeko, kurinda imbibi z’igihugu, guca isesengura ry’umutungo wa Leta, kugabanya amafaranga ya Leta ikoresha no kugabanya umubare w’abakozi ba Leta.

Yagize ati: “Ngarutse muri iyo ngoro kubagaragariza ko Amerika igarukanye icyubahiro yahoranye kandi ko kitazigera gihagarara.”

Avuga ko kunshuro ya mbere Abanya-Merika benshi bashimishijwe n’icyerekezo aganishamo igihugu.

Ati: “Abantu bantoreye gukora akazi kandi ndimo kugakora neza. Mu byukuri hari n’abavuga ko ibyo tumaze kugeraho mu gihe cy’ukwezi kumwe tumaze ku ngoma, bitarabaho mu mateka y’iki gihugu.”

Yavuze kandi ko mu byingenzi ashyize imbere ari ukuzahura ubukungu no gutabara imiryango y’Abanyamerika yasigaye inyuma kubera politiki y’ubutegetsi yasimbuye.

Ati: “Politiki yabo yazamuye ibiciro by’ingufu n’ibikomoka kuri peteroli,izamuka ry’ibiciro ku masoko inarushaho gusubiza inyuma imibireho rusange y’Abanyamerika.”

Yavuze ko kuva yasubira ku butegetsi, umutekano ku mipaka yose y’Amerika umeze neza kandi ko umubare w’abimukira binjira mu gihugu wagabanutse ku rugero rutarigera rubaho.

Kubijanye n’umutekano n’intambara hirya no hino ku isi, perezida Trump yavuze ko ashishikajwe no kurangiza intambara muri Ukraine.

Yagize ati: “Miliyoni z’Abanya-Ukraine n’Abarusiya bamaze kwicwa kubera intambara tubona Isa n’idafite iherezo.”

Tags: DonaldIjamboInteko ishinga amategekoIshema ry'AmerikaKongre
Share31Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Amerika yavuze impamvu yifuza kuganira n’u Burusiya

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
Amerika yavuze impamvu yifuza kuganira n’u Burusiya

Amerika yavuze impamvu yifuza kuganira n'u Burusiya Umunyamabanga mukuru wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika ushinzwe ububanyi n'amahanga, Marco Rubio, yatangaje ko igihugu cye cyifuza guhura n'u Burusiya, ibihugu...

Read moreDetails

Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho

Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho Abakunze gukorera ingendo mu gihugu cya Kenya, basabwe kwirinda kunywa inzoga zaho kuko ngo harizashizwemo uburozi. Bikubiye mu...

Read moreDetails

Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

Uwahoze ari perezida w'u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza Nicola Sarkozy wahoze ari perezida w'u Bufaransa, yageze muri gereza, aho agiye gutangira igihano azamaramo imyaka itanu. Kuri uyu wa...

Read moreDetails

Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n’igisirikare cya Israel

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n’igisirikare cya Israel

Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n'igisirikare cya Israel Igisirikare cya Israel cyagabye ibitero byo mu kirere mu gace ka Rafah ho muri Gaza, nyuma y'aho gishinje umutwe wa...

Read moreDetails

Uheruka kuvugwaho na perezida w’u Burundi yamusabye ko bohurira mu kiganiro

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Uheruka kuvugwaho na perezida w'u Burundi yamusabye ko bohurira mu kiganiro Pacifique Nininahazwe ukuriye ishirahamwe rya FECODE, rizwiho gutabariza Abarundi bari mukaga, nyuma y'uko aheruka kuvugwaho ibyo we...

Read moreDetails
Next Post
I Butembo byakaze, Wazalendo basubiranyemo hagwa abatari bake.

M23 yafashe abasirikare ba Fardc bari bihishe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?