Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Trump yasezeranyije kugarura ishema ry’Amerika.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 6, 2025
in World News
0
Trump yasezeranyije kugarura ishema ry’Amerika.
78
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Trump yasezeranyije kugarura ishema ry’Amerika.

You might also like

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

Umukuru w’igihugu cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump yagejeje ijambo ku mitwe yombi y’inteko ishinga amategeko abasezeranya kugarura ishema ry’Amerika.

Uyu mukuru w’iki gihugu cya Amerika, yabwiye iriya mitwe ibiri ya kongre ko mu minsi mirongwine n’itatu amaze ayoboye iki gihugu cy’igihangange amaze kugera kuri byinshi birenze ibyo abamubanjirije bagezeho mu gihe cy’imyaka ine cyangwa umunani bamaze ku butegetsi. Kandi ko akazi ari bwo kagitangira.

Iri jambo yagezagaho imitwe ibiri ya kongre ya Leta Zunze ubumwe z’Amerika, yari yarihaye insanganyamatsiko igira it: “Renewal of the American dream.” Bivuze kugerageza kubaka no kugarura ishema ry’Amerika.

Muri iri jambo rya Trump yibanze cyane ku cyerekezo gishya yifuza guha Amerika gikubiyemo guharanira iterambere ry’Umunyamerika ku isonga, no kongera imbaraga nshya mu rwego rw’ubukungu, kurwanya no kwirukana mu gihugu abimukira bari mu gihugu bitemewe n’amategeko, kurinda imbibi z’igihugu, guca isesengura ry’umutungo wa Leta, kugabanya amafaranga ya Leta ikoresha no kugabanya umubare w’abakozi ba Leta.

Yagize ati: “Ngarutse muri iyo ngoro kubagaragariza ko Amerika igarukanye icyubahiro yahoranye kandi ko kitazigera gihagarara.”

Avuga ko kunshuro ya mbere Abanya-Merika benshi bashimishijwe n’icyerekezo aganishamo igihugu.

Ati: “Abantu bantoreye gukora akazi kandi ndimo kugakora neza. Mu byukuri hari n’abavuga ko ibyo tumaze kugeraho mu gihe cy’ukwezi kumwe tumaze ku ngoma, bitarabaho mu mateka y’iki gihugu.”

Yavuze kandi ko mu byingenzi ashyize imbere ari ukuzahura ubukungu no gutabara imiryango y’Abanyamerika yasigaye inyuma kubera politiki y’ubutegetsi yasimbuye.

Ati: “Politiki yabo yazamuye ibiciro by’ingufu n’ibikomoka kuri peteroli,izamuka ry’ibiciro ku masoko inarushaho gusubiza inyuma imibireho rusange y’Abanyamerika.”

Yavuze ko kuva yasubira ku butegetsi, umutekano ku mipaka yose y’Amerika umeze neza kandi ko umubare w’abimukira binjira mu gihugu wagabanutse ku rugero rutarigera rubaho.

Kubijanye n’umutekano n’intambara hirya no hino ku isi, perezida Trump yavuze ko ashishikajwe no kurangiza intambara muri Ukraine.

Yagize ati: “Miliyoni z’Abanya-Ukraine n’Abarusiya bamaze kwicwa kubera intambara tubona Isa n’idafite iherezo.”

Tags: DonaldIjamboInteko ishinga amategekoIshema ry'AmerikaKongre
Share31Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya.

Perezida Kagame yashyizeho abagize guverinoma nshya. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho guverinoma nshya igizwe n'abaminisitiri 21, abanyamabanga ba Leta 10 n'abandi bayobozi bakuru. Iyi guverinoma nshya...

Read moreDetails

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y’indege.

Mu Burusiya habereye impanuka ikomeye y'indege. Indege yari itwaye abagenzi yakoze impanuka ikomeye mu gihugu cy'u Burusiya, ihitana abantu 48. Amakuru avuga ko iyo ndege yavaga mu mujyi...

Read moreDetails

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
Perezida Trump yiswe umunyakinyoma.

Perezida Trump yiswe umunyakinyoma. Umuyobozi wo muri Leta ya Ethiopia yanyomoje perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump, nyuma y'aho atangaje ko Amerika yateye inkunga umushinga wo...

Read moreDetails

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo.

Ibihugu bikomeye byahagurukiye Israel kubera intambara irimo. Ibihugu 25 byo ku isi, ahanini byo mu Burayi byahagurukiye gusaba Israel guhagarika intambara yashoye kuri Gaza. Bikubiye mu itangazo ibi...

Read moreDetails

Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo  kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

Ukraine yagaragaje ko ishaka kongera kuganira n'u Burusiya. Leta ya Ukraine yatangaje ko ibiganiro hagati yayo n'u Burusiya ko ari yo nzira yonyine nziza ishobora kubaganisha ku mahoro...

Read moreDetails
Next Post
I Butembo byakaze, Wazalendo basubiranyemo hagwa abatari bake.

M23 yafashe abasirikare ba Fardc bari bihishe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?