Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Tshisekedi yayoboye inama y’igitaraganya i Kinshasa muri RDC, menya ibyigiwemo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 24, 2025
in Regional Politics
0
Tshisekedi yayoboye inama y’igitaraganya i Kinshasa muri RDC, menya ibyigiwemo.
117
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Tshisekedi yayoboye inama y’igitaraganya i Kinshasa muri RDC, menya ibyigiwemo.

You might also like

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, yayoboye inama y’igitaraganya igamije gukemura ibibazo by’intambara iri kubera mu Burasirazuba bw’iki gihugu, nyuma y’uko umutwe wa M23 ukomeje kwigarurira ibice byinshi muri za Kivu zombi, iy’Epfo n’iya Ruguru.

Ni amakuru yatangajwe ku wa kane tariki ya 23/01/2025, n’ibiro by’umukuru w’iki Gihugu cya RDC, bikaba byemeje ko iyi nama yitabiriwe n’umugaba mukuru w’ikirenga w’ingabo za RDC na Polisi.

Bitangaza kandi ko iyi nama idasanzwe yabereye ku cyicaro gikuru cy’umukuru w’igihugu.

Iyi nama kandi yitabiriwe n’abarimo minisitiri w’intebe, Judith Sumunwa, minisitiri w’intebe wungirije ushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu na minisitiri w’ingabo.

Ibi biro by’umukuru w’igihugu byavuze ko ibyigiwe muri iyo nama ahanini n’ibibazo by’intambara iri kubera muri Kivu Yaruguru na Kivu y’Amajy’epfo, ndetse n’ibibazo by’impunzi zikomeje kwiyongera umunsi ku wundi kubera intambara ihanganishije M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta.

Ni mu gihe ahar’ejo umutwe wa M23 wigaruriye umujyi wa Sake, kandi ukaba ukomeje gusatira werekeza mu gufata umujyi wa Goma.

Umutwe wa M23 kandi ukaba wari watangaje ko wishe urashe guverineri w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Maj Gen Peter Cirumwami Nkuba, akaba yariciwe i Kasengezi.

Si byo gusa kuko no mu ntangiriro z’iki Cyumweru uyu mutwe wigaruriye umujyi wa Minova usanzwe ukomeye muri Kalehe no muri kivu y’Amajy’epfo.

Ibyo bibaye kandi mu gihe ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’u Bwongereza byasabye abaturage babyo kuva muri Goma ku mpamvu z’umutekano muke.

Kuri uyu wa gatanu naho perezida Félix Tshisekedi arayobora inama nkuru y’umutekano(Conseil supérieur de la defense), anayobore kandi n’inama iza kwitabirwa gusa n’abaminisitiri.

Tags: InamaM23TshisekediYigitaraganya
Share47Tweet29Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails
Next Post
Imirwano hagati ya FARDC na M23 yongeye gukangana nyuma y’uko ihinduye isura.

Imirwano hagati ya m23 na FARDC yakomereje mu bice bibiri.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?