• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, March 11, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home sport & entertainment

Twagarutse ku mateka y’umusirikare uzwi kuba ari indwanyi ikaze i Mulenge no muri RDC hose muri rusange.

minebwenews by minebwenews
December 19, 2024
in sport & entertainment
0
Twagarutse ku mateka y’umusirikare uzwi kuba ari indwanyi ikaze i Mulenge no muri RDC hose muri rusange.
161
SHARES
4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Twagarutse ku mateka y’umusirikare uzwi kuba ari indwanyi ikaze i Mulenge no muri RDC hose muri rusange.

You might also like

Norimba TV: Umuyoboro w’Itangazamakuru Wiyemeje Kuvuganira Abarengana no Kugaragaza Ukuri mu Burasirazuba bwa RDC

Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya

Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira

Ni Colonel Charles Sematama, umusirikare wahoze ayoboye regima 3411 y’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, yakoreraga i Kitchanga muri teritware ya Masisi mu Ntara ya Kivu Yaruguru, nyuma yaho aza kwitandukanya n’iki gisirikare cya FARDC yifatanya na Twirwaneho mu misozi miremire y’Imulenge muri Kivu y’Amajy’epfo.

Ahagana mu mpera z’ukwezi kwa kabiri umwaka w’ 2021 ni bwo Col Sematama wamenyekanye ku izina “ry’Intarebatinya” yitandukanyije na FARDC, maze yifatanya n’Abanyamulenge barimo bicwa na Maï-Maï ku kagambane ka FARDC.

Akimara kwitandukanya n’ingabo z’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC), yabwiye itangaza makuru ko yitandukanyije nazo, ku mpamvu z’uko izo ngabo zikorana byahafi n’interahamwe n’imitwe yitwaje intwaro irimo na Maï-Maï, kandi ko zikoresha iyo mitwe mu kwica Abanyamulenge muri Kivu y’Amajy’epfo.

Ni mu gihe guhera mu 2017 kugeza ubwo Charles Sematama yavaga muri FARDC, Abanyamulenge bagabwagaho ibitero bikaze, ibyanasize benshi muri bo bahungiye mu makambi y’impunzi, muri Tanzania, Uganda, Burundi, Rwanda na Kenya.

Ndetse kandi abandi benshi baricwa, n’inka zabo zibarirwa mu bihumbi birenga amagana ziranyagwa n’imihana yabo imyinshi irasenyuka, nk’imihana yo mu Marango ya Minembwe, Mibunda, i Cyohagati, Rurambo, i Ndondo ya Bijombo no mu Bibogobogo.

Col Charles Sematama akigera i Mulenge yahise yifatanya na Col.Michel Rukunda wamenyekanye nka Makanika, we w’itandukanyije na FARDC mu kwezi kwa mbere 2020.

Makanika ni we Twirwaneho yahaye kuyobora ibikorwa byose bijanye no kwirwanaho, bityo Charles Sematama nawe akihagera yahise ahabwa ku mwungiriza.

Kimwecyo, icyo gihe benshi mu basirikare ba FARDC bagaye imikorere yayo bahitamo kwitandukanya nayo; abataragiye muri M23 bahisemo kuja muri Twirwaneho, nk’aba major Mico, Masomo, n’abandi kimwe kandi nka Colonel Byinshi na mugenzi we Col Ndabagaza bagiye muri M23.

Charles Sematama ninde?

Uyu musirikare ukaze wamaze kubona “Carte” imwemerera kwitwa “intwari y’i Mulenge,” yavukiye ahitwa Mukarumyo, aha ni Mucyohagati mu bice byo muri Kamombo muri teritware ya Fizi.
Yinjiye igisirikare mu 1994, akaba yarakoreye amafunzo ahitwa i Gashora mu Rwanda.

Ni umugabo wahoranye umuco wo gutabara, kuko icyo gihe yari yinjiye igisirikare cy’inkotanyi kugira ngo afatanye nazo gukomeza kurengera Abatutsi bari baheruka gukorerwa jenocide n’interahamwe.

Ibigwi bya Col.Charles Sematama:

Col. Charles Sematama ari mu basirikare bambutse mu cyahoze cyitwa Zaïre mbere, kuko yaje mu basirikare 34 bari bayobowe na Col.Alexis Rugazura wari wungirijwe na Gakunzi Sendoda. Uyu Gakunzi yaje kwitaba Imana mu 1998 mu ntambara yavutsemo RCD, aho bari bahanganye n’ingabo za Laurent Desire Kabila.

Nta gushidikanya, Charles Sematama wari umusore ukiri muto icyo gihe, yari ababajwe n’Abanyamulenge barimo bicwa mu 1996.

Ikindi n’uko muri uwo mwaka w’ 1996 yari mu basirikare 12 batabaye Abanyamulenge bo mu Bibogobogo barimo bicwa na Maï-Maï n’interahamwe.

Nyuma y’aho yaje gutoranywa ajanwa mu basirikare barinda Nikola Kibinda wayoboraga operasiyo muri AFDL mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.

Nyuma yuko operasiyo Nikola yayoboye muri Uvira, Mwenga na Fizi ifashe igice kinini ariko Nikola we agwa muri iyo ntambara; ingabo ze zaje gukomeza operasiyo zigera i Lubumbashi, na Sematama yarimo.

Nanone kandi Sematama yaje kwizerwa yoherezwa muri Beni na Butembo gutabara abaturage barimo bicwa bazira ubwoko bwabo Abahema.

Ibyaje gukurikiraho, Sematama yaje kwifatanya na CENDP ya General Laurent Nkunda. Gusa, yaje kuyivamo nyuma y’uko Nkunda afashwe agafungwa mu 2009 icyo gihe yiyunze mu ngabo za FARDC.

Kuri ubu, Charles Sematama ni umuyobozi ukomeye, yungirije Col.Makanika muri Twirwaneho.Yifatanyije n’abaturage ba Banyamulenge kwirwanaho kuko bagiye bicwa cyane kandi ahanini bakicwa n’ingabo za leta ya Kinshasa.

Tags: Col.Charles SematamaImulenge
Share64Tweet40Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Norimba TV: Umuyoboro w’Itangazamakuru Wiyemeje Kuvuganira Abarengana no Kugaragaza Ukuri mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
March 1, 2026
0
Norimba TV: Umuyoboro w’Itangazamakuru Wiyemeje Kuvuganira Abarengana no Kugaragaza Ukuri mu Burasirazuba bwa RDC

Norimba TV: Umuyoboro w’Itangazamakuru Wiyemeje Kuvuganira Abarengana no Kugaragaza Ukuri mu Burasirazuba bwa RDC Mu gihe uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukomeje kurangwa n’ibibazo by’umutekano muke...

Read moreDetails

Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya

Sénégal Yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 Nyuma y’Umukino Wabaye Intandaro y’Impaka n’Amateka Mashya Ku Cyumweru, tariki ya 18/01/2026, ni bwo hasojwe ku mugaragaro irushanwa rikomeye ry’Igikombe cya Afurika...

Read moreDetails

Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira

by Bahanda Bruce
January 7, 2026
0
Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira

Inkuru Ikomeye y’Umufana wa Congo Wafashe Imitima ya Afurika, Ariko Birangira Ari Amarira Mu Gikombe cya Afurika kiri kubera muri Maroc, hagaragaye umufana w’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika ya...

Read moreDetails

Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi

by Bahanda Bruce
December 27, 2025
0
Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi

Menya Ibintu By’Ingenzi Dukura muri Tangawizi Tangawizi ni ikirungo gikunze kuboneka mu ngo nyinshi hirya no hino ku isi, cyane cyane mu bihugu byo mu karere kacu nko...

Read moreDetails

Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho

by Bahanda Bruce
December 25, 2025
0
Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho

Israel Mbonyi Yujuje BK Arena mu Gitaramo “Icyambu 4” Gihinduka Igitambo cy’Isengesho Mu ijoro rya Noheli, tariki ya 25/12/2025, umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi,...

Read moreDetails
Next Post
RDC irashinja M23 kurasa ku ngabo zayo ikoresheje ibisasu bidasanzwe.

RDC irashinja M23 kurasa ku ngabo zayo ikoresheje ibisasu bidasanzwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?