Twirwaneho ikubise ahababaza ihuriro ry’ingabo za Congo ryagabye ibitero ku Banyamulenge.
Muri iki gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 07/04/2025, ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ryazindutse rigaba ibitero ku Banyamulenge, maze Twirwaneho irwanirira aba Banyamulenge iri kubita ahababaza, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.
Amakuru Menembwe Capital News yamenye ni uko ibitero byagabwe neza ahitwa kwa Magara, kandi ko byagabwe na FARDC, FDNB, FDLR na Wazalendo.
Aha kwa Magara ni mu ntera ngufi uvuye mu Rugera, ubariranyije ni mu birometero 5 uvuye muri centre ya Gakangala.
Aya makuru akomeza avuga ko nyuma y’aho Twirwaneho itabaye Abanyamulenge bagabweho icyo gitero kwa Magara, yavugutiye umuti ririya huriro ry’ingabo za Congo irarikubitagura riza hungira ahitwa kwa Ronderi ni mu bice by’i Byalele imbere yo kuri Muliza.
Aya makuru agasobanura ko iri huriro ry’ingabo za Congo ryahuye n’agasenyaguro gakomeye, kuko abenshi muriryo bapfiriye muri iki gice cyo kwa Magara.
Ndetse kandi naha kwa Ronderi izi ngabo zo ku ruhande rwa Leta zahungiye, Twirwaneho yakomeje kuzotsaho umuriro w’imbunda zayo.
Tubibutsa ko ibi bice biri kuberamo imirwano biri hakurya y’uruzi runini rwa Rwiko ruherereye mu ntera ngufi uvuye muri centre ya Minembwe. Akaba ari mu bice bigana mu Rugezi.
Ni mu gihe iri huriro ryagabye ibitero riturutse i Nyamulombwe, aho naho ryahageze mu mpera zakiriya cyumweru gishize.
Icyo gihe amakuru yavugaga ko icyo gitero cyaturutse mu Kabanju ho mu Lelenge mu mashyamba yo muri teritware ya Fizi.