• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, October 22, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Twirwaneho iravugwaho kugira uruhare mu mpinduka zikomeje kugaragara mu misozi miremire y’i Mulenge.

minebwenews by minebwenews
July 12, 2024
in Regional Politics
0
Twirwaneho iravugwaho kugira uruhare mu mpinduka zikomeje kugaragara mu misozi miremire y’i Mulenge.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Twirwaneho iravugwaho kugira uruhare mu mpinduka zikomeje kugaragara mu misozi miremire y’i Mulenge.

You might also like

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

Ni amakuru abaturage baturiye ibice bya Minembwe bahaye ubwanditsi bwa Minembwe Capital News, avuga ko “umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi wazamutse ku kigero gishimishije,” nyuma yuko Twirwaneho ikanguriye abaturage ba Minembwe guhinga kugira ngo barwanye inzara.

Nyuma y’intambara zayogoje akarere ki Mulenge, Abanyamulenge bakicwa ndetse bakanyagwa n’Inka zabo, i Mihana igasenyuka ya Mibunda, i Cyohagati, mu Marango n’ahandi, Twirwaneho yaratabaye igerageza gukora iyo bwakabaga ihagarika ibitero bimwe na bimwe, byagabwaga mu Banyamulenge bikozwe n’imitwe y’itwaje imbunda irimo Maï Maï, FDLR n’imitwe y’itwaje imbunda ikomoka mu Gihugu cy’u Burundi.

Binavugwa kandi ko biriya bitero bya gabwaga ku Banyamulenge Maï Maï yabigabaga, ifashijwe n’Ingabo za FARDC zo muri brigade ya 12, igihe yari yobowe na Gen Dieudonne Muhima.

Nyuma y’ibi, Twirwaneho imaze guhaguruka kurwanira imiryango yabo, ibintu byahise byongera kuja muburyo, maze ikangurira abaturage baturiye ibyo bice, guhinga cyane, kugira ngo barwanye ubukene n’inzara. Baragira Inka zike zitanyazwe na Maï Maï, kandi barahinga cyane.

Nk’uko ay’amakuru yatanzwe kuri Minembwe Capital News, ahamya neza ko “umusaruro kuri ubu wiyongereyeho, kandi ko inzara yagabanutse bitakimeze nko mu myaka itanu ishize, ndetse kandi ko n’Inka zitangiye kororoka.”

Sibyo byonyine Twirwaneho yakoze, kuko yakanguriye kandi abaturage gukora amabarabara(imihanda), kuri ubu buri munsi wo ku wa Gatandatu, hakorwa umuganda wo guhinga imihanda.

Aho ndetse kuri ubu hari umuhanda wa Runundu -Kabingo, ugaragara neza, ndetse n’uwa Centre Madegu-Kiziba, ugana ku k’ibuga cy’indege.

Ikindi cyavuzwe, n’uko kuri ubu hari aho abaturage bo mu bwoko bw’Abanyamulenge bagera mu gihe bahoraga bahatinya, mbere y’uko Twirwaneho imaze kugira ibice yirukanamo Maï Maï.

Kuri ubu Abanyamulenge baragera mu Rulenge, i Bumba, Musika n’ahandi ndetse bakaba boharagirira n’Inka zabo.

Ibi byatumye abaturage bashimira Twirwaneho kandi bayisabira ku Mana kugira ngo ikomeze ibahe ubutsinzi bw’ibihe byose.

Bati: “Harakabeho Twirwaneho yaje ari ngoboka.”

                MCN.
Tags: ImihandaImpindukaMu misozi miremire y'i MulengeTwirwanehoUmusaruro w'ubuhanzi n'ubworozi
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n'abarwanye intambara yo kubohora u Rwanda Ababarirwa mu mirongo barimo abahungu n'abagabo, bavuye mu gice kizwi nk'i Rukombe binjira igisirikare cy'umutwe wa FDL...

Read moreDetails

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 17, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w'u Rwanda Amakuru aturuka mu gihugu cy'u Burundi avuga ko perezida w'iki gihugu Evariste Ndayishimiye, yategetse imbonerakure...

Read moreDetails
Next Post
Umutwe wa M23 wakiriye undi musirikare ukomeye waje ku yiyungamo.

Umutwe wa M23 wakiriye undi musirikare ukomeye waje ku yiyungamo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?