• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, September 4, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Twirwaneho yavundereje bikomeye ingabo z’u Burundi zayigabyeho igitero mu Mikenke

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 4, 2025
in Conflict & Security
0
Twirwaneho yavundereje bikomeye ingabo z’u Burundi zayigabyeho igitero mu Mikenke
67
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Twirwaneho yavundereje bikomeye ingabo z’u Burundi zayigabyeho igitero mu Mikenke

You might also like

Wazalendo batangaje ibindi bazakora ku munsi w’ejo kugira ngo birukane Gen Gasita i Uvira

Igitero gishya cya FARDC, FDLR n’Ingabo z’u Burundi cyagabwe mu Mikenke giturutse mu duce tubiri

Uvira: Uduce twaraye tuvugiramo ibiturika, ni natwo bivugwa ko turimo a Wazalendo b’ukuri, ni nabo kandi badashaka Gen Gasita

Nyuma y’aho Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo ku bufatanye n’iz’u Burundi hamwe n’imitwe yitwaje intwaro irimo uwa Wazalendo na FDLR ziteye ibirindiro bya MRDP-Twirwaneho n’ahatuye abaturage, uyu mutwe wazivugutiye ziravundera. Mu kugaba ibi bitero izi ngabo zabigabye ziturutse mu Marunde no mu Ngenzi, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga.

Ibi bitero zabigabye mu duce tubiri duherereye hafi na centre ya Mikenke, muri teritware ya Mwenga mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Uduce byagabwemo hari aka Bukundji kari mu birometero 6 uvuye muri centre ya Mikenke, n’aka Marundi ko kari mu birometero 5 uvuye aha muri iyi centre ya Mikenke.

Ku babaye muri iyi mirwano yabaye mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa kane tariki ya 04/09/2025, batubwiye ko umutwe wa Twirwaneho wakubitaguye kubi ziriya ngabo zirwana ku ruhande rwa Leta zari zayigabyeho igitero zinakigaba n’ahatuye abaturage.

Ati: “I Bukundji n’i Marundi, Twirwaneho yavundereje bikomeye ingabo za Congo, iz’u Burundi, FDLR na Wazalendo.”

Aya makuru akomeza avuga ko “uru rugamba rwarangiye igihe cya saa ine zija gushyira muri saa tanu z’igitondo, ku masaha ya Minembwe na Bukavu.

Uretse kuba Twirwaneho yavundereje uru ruhande rurwana ku ruhande rwa Leta y’i Kinshasa, byanavuzwe kandi ko uyu mutwe wafashe ibikoresho bya gisirikare, birimo imbunda n’amasasu.

Kimwe kandi ko no mu bitero wagabweho aha’rejo mu gice cya Bilalombiri hafi na centre ya Mikenke, wagifatiyemo imbunda zitatu zo mu bwoko bwa AK-47, n’amasasu menshi.

Mu butumwa bwagiye butangwa n’abakorera mu kwaha ku butegetsi bw’i Kinshasa, bwavugaga ko FARDC n’abambari bayo bananiwe kandi kwigarurira igice cya Mikenke.

Uwitwa Musafiri ukunze kwandika kuri x yahoze yitwa Twitter, yagize ati: “Kuri iyi nshuro kandi, Wazalendo na FARDC bananiwe kwigarurira igice cya Mikenke. Twirwaneho iracya kigenzura, birababaje.”

Undi yagize ati: “Twirwaneho yasubiye kwirukana ingabo z’igihugu muri Mikenke (Wazalendo, Fardc, FDLR, ingabo z’u Burundi.”

Umutwe wa Twirwaneho wigaruriye iki gice cya Mikenke ku wa 22/02/2025, nyuma yo gufata igice cya Minembwe cyose, icyo yafashe tariki ya 21/02/2025.

Kuva icyo gihe kugeza uyu munsi uracyagenzura ibyo bice byombi n’inkengero zabyo.

Tags: MikenkeTwirwaneho
Share27Tweet17Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Wazalendo batangaje ibindi bazakora ku munsi w’ejo kugira ngo birukane Gen Gasita i Uvira

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Wazalendo batangaje ibindi bazakora ku munsi w’ejo kugira ngo birukane Gen Gasita i Uvira

Wazalendo batangaje ibindi bazakora ku munsi w'ejo kugira ngo birukane Gen Gasita i Uvira Abarwanyi bibumbiye mu cyiswe Wazalendo bakorana byahafi n'u Butegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya...

Read moreDetails

Igitero gishya cya FARDC, FDLR n’Ingabo z’u Burundi cyagabwe mu Mikenke giturutse mu duce tubiri

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Igitero gishya cya FARDC, FDLR n’Ingabo z’u Burundi cyagabwe mu Mikenke giturutse mu duce tubiri

Igitero gishya cya FARDC, FDLR n'Ingabo z'u Burundi cyagabwe mu Mikenke giturutse mu duce tubiri Ihuriro ry'ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, ririmo FARDC, FDLR, ingabo z'u...

Read moreDetails

Uvira: Uduce twaraye tuvugiramo ibiturika, ni natwo bivugwa ko turimo a Wazalendo b’ukuri, ni nabo kandi badashaka Gen Gasita

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Uvira: Uduce twaraye tuvugiramo ibiturika, ni natwo bivugwa ko turimo a Wazalendo b’ukuri, ni nabo kandi badashaka Gen Gasita

Uvira: Uduce twaraye tuvugiramo ibiturika, ni natwo bivugwa ko turimo a Wazalendo b'ukuri, ni nabo kandi badashaka Gen Gasita Mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa kane...

Read moreDetails

Uwateye ku Bilalombili no mu Rugezi yasubijwe inyuma

by Bahanda Bruce
September 3, 2025
0
Hafi n’i kaziba haravugwa imirwano mishya hagati ya AFC/M23/MRDP n’ingabo za RDC

Uwateye ku Bilalombiri no mu Rugezi yasubijwe inyuma Ibitero by'ihuriro ry'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo byazindutse bigabwa mu bice bya Bilalombiri mu Mikenke muri teritware ya...

Read moreDetails

Amakuru y’ukuri y’abasirikare b’u Burundi bazamutse imisozi y’i Mulenge, aho bagiye kwica abaho

by Bahanda Bruce
September 3, 2025
0
Amakuru y’ukuri y’abasirikare b’u Burundi bazamutse imisozi y’i Mulenge, aho bagiye  kwica abaho

Amakuru y'ukuri y'a basirikare b'u Burundi bazamutse imisozi y'i Mulenge, aho bagiye kwica abaho Nyuma y'aho bigize iminsi bivugwa ko ingabo z'u Burundi ziri koherezwa mu Burasirazuba bwa...

Read moreDetails
Next Post
Wazalendo batangaje ibindi bazakora ku munsi w’ejo kugira ngo birukane Gen Gasita i Uvira

Wazalendo batangaje ibindi bazakora ku munsi w'ejo kugira ngo birukane Gen Gasita i Uvira

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?