U Bubiligi bwisubiyeho ku cyemezo bwari bwafashe, umwe mu bayobozi b’u Rwanda ararushimira.
U Bubiligi bwemereye ishirahamwe ry’abakinyi bisiganwa ry’amagare kwitabira shampiyona (champion) y’isi iteganyijwe kubera i Kigali mu Rwanda mu gihe ibihugu byombi bimaze iminsi bitabanye neza.
Mu kwezi kwa cyenda uyu mwaka wa 2025, ni bwo i Kigali hazabera umukino w’isiganwa ry’amagare ku rwego rw’isi.
Umuyobozi mukuru w’iri shirahamwe ry’umukino w’amagare mu Bubiligi, Nathalie Clauweert, umusibo ejo ku wa gatatu, yatangaje ko igihugu cyabo cyabemereye ku zitabira iriya shampiyona y’isi iteganyijwe kubera i Kigali mu Rwanda.
Uyu muyobozi yasobanuye ko u Bubiligi bwabyemeje nyuma y’aho abonanye na minisiteri w’ubanye n’amahanga w’iki gihugu cyabo bakaganira akabimwerera.
U Bubiligi nyuma yo kwisubiraho kuri iki cyemezo, minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungurehe yahise arushimira, agira ati: “Icyemezo cyiza kandi kiri mu murongo mwiza . Ikipe y’amagare y’Ababiligi ihawe ikaze mu Rwanda nk’andi makipe yose y’amagare azitabira.”
Yakomeje ati: “Shampiyona y’isi izabera mu mihanda yo mu Rwanda tariki ya 21-28/09/2025.”
Yanavuze ko iyi shampiyona y’isi izabera i Kigali ko ari yo izaba ibaye iya mbere ibereye muri Afrika
Ibi bibaye mu gihe mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka, u Rwanda rwaciye umubano n’u Bubiligi mu bya dipolomasi rubushinja gufata uruhande rumwe mu makimbirane y’intambara abera mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Icyo gihe u Rwanda rwanatangaje ko u Bubiligi budafata gusa u ruhande rumwe muri ariya makimbirane hagati yarwo na RDC, ahubwo ko runakwirakwiza ibinyoma mu bindi bihugu kugira ngo bifatire iki gihugu cy’u Rwanda ibyemezo birubangamiye.
Aha ni ho u Rwanda rwahereye ruhita rubukupira iby’umubano.