Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Burundi bwavuze ibyo gukingura umupaka ubuhuza n’u Rwanda, buvuga n’icyakorwa kugira ngo bu wu kingure.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 5, 2024
in Regional Politics
0
U Burundi bwavuze ibyo gukingura umupaka ubuhuza n’u Rwanda, buvuga n’icyakorwa kugira ngo bu wu kingure.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Burundi bwavuze ibyo gukingura umupaka ubuhuza n’u Rwanda, buvuga n’icyakorwa kugira ngo bu wu kingure.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

N’ibyatangajwe na Guverinoma y’u Burundi binyuze kuri minisitiri wayo w’ubanye n’amahanga, bwana Albert Shingiro, yatangaje ko igihugu cye kidateganya gufungura imipaka yacyo n’u Rwanda, mu gihe cyose iki gihugu kitarabashyikiriza abagerageje guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza mu 2015.

Ibi, Albert Shingiro yabitangarije mu kiganiro abaminisitiri batandukanye bo muri Guverinoma y’u Burundi bagiranye n’itangazamakuru, mu minsi mike ishize.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka nibwo u Burundi bwafunze imipaka yo ku butaka ibuhuza n’u Rwanda, nyuma y’umwaka urenga bwarayifunguye ni mu gihe kandi iki gihugu cyari cyarayifunze mu 2015.

Leta ya Gitega ivuga ko icyemezo cyo gufunga iyi mipaka cyaturutse ku gitero inyeshamba zo mu mutwe wa Red Tabara zagabye ahitwa mu Gatumba ho mu Ntara ya Bubanza, hafi y’umupaka w’u Burundi na Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Iki gitero cyo mu kwezi kwa Cumi n’abiri 2023, Red Tabara yigambye kuba ari yo yakigabye, ndetse ivuga ko yacyiciyemo abasirikare icyenda n’umupolisi umwe ba leta y’u Burundi, mu gihe leta yo ivuga ko abishwe ari abasivile babarirwa 20.

Minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Burundi, yabwiye abanyamakuru ko Red Tabara ishyigikiwe n’abagerageje guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza, avuga kandi ko “bacumbikiwe n’u Rwanda ndetse kandi ngo bakagaburirwa narwo.”

Yavuze ko mu gihe cyose iki gihugu cy’u Rwanda kizaba kigifite abagerageje guhirika ubutegetsi, imipaka ihuza ibihugu byombi itazigera ifungurwa.

Yagize ati: “Na n’ubu rero turacyategereje ko baduha abo bantu bashatse guhirika ubutegetsi mu 2015, tunahamya ko banabaduhaye uyu munsi nyuma y’umunota umwe twahita dufungura iyo mipaka. Murumva ko tutafungura imipaka hakiriho abanzi baciye ku mutwe w’iterabwoba wa Red Tabara.”

Yanavuze kandi ko imigenderanire hagati y’u Rwanda n’u Burundi, abigereranya n’ihindagurika ry’ibihe, hari ubwo hagwa imvura nyinshi abantu bakanyagirwa bagatoha, ubundi akazuba kakava hakaza akayaga keza. Yosoje avuga ko nta mvura idahita hazagera igihe imigenderanire hagati y’ibihugu byombi imere neza, ngo mu gihe ariko bazaba babahaye abo bantu.

              MCN.
Tags: BurundiGukingura imipakaIcyakorwa kugira ngo bakingureU Rwanda
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Impande zishyamiranye mu Burasirazuba bwa RDC (M23 na Kinshasa), zagize icyo zumvikanaho.

Impande zishyamiranye mu Burasirazuba bwa RDC (M23 na Kinshasa), zagize icyo zumvikanaho.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?