• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Burundi na RDC ntibyitabiriye Shampiyona y’isi y’amagare iri kubera i Kigali-inkuru irambuye

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 21, 2025
in Regional Politics
0
U Burundi na RDC ntibyitabiriye Shampiyona y’isi y’amagare iri kubera i Kigali-inkuru irambuye
92
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Burundi na RDC ntibyitabiriye Shampiyona y’isi y’amagare iri kubera i Kigali-inkuru irambuye

You might also like

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

Shampiyona y’isi y’amagare ni ku nshuro ya mbere ibereye muri Afrika, hafi ibihugu byo ku migabane itandukanye byayitabiriye, aho iri kubera i Kigali mu Rwanda, igitangaje ibihugu by’ibituranyi ntibyayitabiriye u Burundi na Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Kuri iki cyumweru tariki ya 21/09/2025, i Kigali mu Rwanda ni bwo hatangiye Shampiyona y’isi y’amagare.

Iki gikorwa cyatangijwe ku mugaragaro na perezida w’ishirahamwe mpuzamahanga ry’umukino w’amagare, David Lappartient. Ubwo yagitangizaga ku mugaragaro, yashimiye perezida w’u Rwanda, Paul Kagame watumye ibera bwa mbere muri Afrika.

Amakuru avuga ko iri rushanwa ryitabiriwe n’abakinnyi 918, bakaba baturutse mu bihugu 110 bazarushanwa mu masiganwa 13 mu gihe cy’iminsi umunani, mu byiciro birimo abagore, abagabo ndetse n’abatarengeje imyaka 23.

Iyi Shampiyona y’isi y’amagare ibaye ku nshuro ya 98, ikaba inshuro ya 12 ibereye hanze y’u Burayi, iyi ikaba ari yo nshuro ya mbere ibereye ku mugabane wa Afrika.

Mu cyiciro cy’abagore bakuru, barasiganwa ku ntera y’ibirometero 31,2 mu gihe abagabo bo basiganwa ku ntera y’ibirometero 40,6.

U Burundi na RDC ntibyayitabiriye, uhagarariye abanyekongo mu ishirahamwe ry’abanyamagare, yavuze ko badashobora kuyijamo, ngo kubera ko u Rwanda yabereyemo rwateye igihugu cyabo, ndetse avuga kandi ko babajwe nuko iyi Shampiyona y’isi y’amagare yabereye muri iki gihugu yita umwanzi w’igihugu cyabo.

Guverinoma ya Congo-Kinshasa isanzwe ishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 ugamije gushyiraho akadomo kanyuma ubutegetsi bw’iki gihugu. Na ho u Burundi bufasha RDC mu bya gisirikare ku rwanya uyu mutwe umaze kwambura ingabo z’iki gihugu hafi ibice byose by’u Burasirazuba bwacyo.

U Rwanda rutera utwatsi iby’ibi birego, ndetse n’uy’u mutwe ubwabo ntubyemera, ahubwo ari M23 n’u Rwanda bikavuga ko izi Leta zombi iy’u Burundi n’iya RDC ko zikorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Si FDLR gusa zishinjwa gukorana byahafi n’izi Leta zombi, zinashinjwa gukorana kandi na Wazalendo bazwiho kwica abo mu bwoko bw’Abanyamulenge n’Abatutsi bose muri rusange mu Burasirazuba bwa RDC.

Tags: AmagareRwandaShampiyona y'isi
Share37Tweet23Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y'ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel Perezida Paul Kagame w'u Rwanda yatangaje ko umuntu agize ikibazo akabombolekana nk'ingungura irimo ubusa, na we yaba afite...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo amakuru avuga ku ruzinduko Thisekedi aheruka kugirira i Pretoria urwo yaganiriyemo n’uwo batavugarumwe

Ibyo amakuru avuga ku ruzinduko Thisekedi aheruka kugirira i Pretoria urwo yaganiriyemo n'uwo batavugarumwe

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?