U Burusiya bwagabye igitero gikaze i Kyiv cyo mu kirere.
Ingabo z’u Burusiya zagabye igitero gikomeye i Kyiv ku murwa mukuru wa Ukraine, zikaba zakigabye zikoresheje indege zitagira abapilote zizwi nka drones, zirasa ku nyubako zikomeye zo muri uwo murwa mukuru w’iki gihugu.
Ni amakuru yemejwe n’abategetsi ba Ukraine, kuko batangaje ko byibuze abantu 14 bakomerekeye muri icyo gitero bavuga kandi ko cyari simusiga.
Igisirikare cya Ukraine kirwanira mu kirere nacyo ubwacyo cyavuze ko u Burusiya mu kugaba kiriya gitero cyakoresheje drones 250, n’ibisasu 14 bya misile byo mu bwoko bwa ballestic. Ibi ngo bikaba byateje amazu atuwemo n’abantu kwaka umuriro.
Iki gisirikare kinavuga ko iki gitero u Burusiya bwagabye kuri Kyiv kiri mu bikaze kuva intambara yaduka mu mwaka wa 2022.
Nyamara iki gisirikare cya Ukraine kikavuga ko cyabashe guhanura drones 245, naho misili 6 zirazipfubya.
Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky, akoresheje urubuga rwa x yagize ati: “Hamwe na buri gitero nk’iki, isi irushaho kumenya neza ko nyiribayazana yo gukomeza intambara ari i Moscow (mu Burusiya).”
Iki kitero u Burusiya bwagabye muri Ukraine, bwa bikoze mu gihe impande zombi ziri kwitegurira kwitabira ibiganiro by’imishikirano hagati y’ibihugu byombi.
Ni ibiganiro bivugwa ko bizabera mu gihugu cya Turukiya.
Hagataho, u Burusiya bwatangaje ko bwagabye biriya bitero kubera ko Ukraine yari iheruka kugaba ibitero bya gisirikare mu duce twayo dutandatu, bugasobanura ko yabikoze mu ijoro ryo ku wa 06/05/2025, bityo ko nabwo burimo kwihorera.