U Bushinwa bwaburiye Amerika, umwuka mubi urushaho gukara ku kibazo cya Taiwan
Ubutegetsi bw’u Bushinwa bwongeye kugaragaza impungenge zikomeye ku mubano uri hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ikirwa cya Taiwan, buvuga ko igerageza iryo ari ryo ryose rikozwe n’ibihugu byo hanze rigamije gufasha Taiwan kwigenga rishobora guteza umutekano muke ukabije, bikaba byanaviramo intambara mu karere ka Taiwan.
Beijing yatangaje ko ibyo yise “kwivanga mu gushishikariza Taiwan kwigenga” nta musaruro mwiza byatanga, uretse kongera ubushyamirane hagati y’impande zirebwa n’iki kibazo, cyane cyane u Bushinwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bikaba byagira ingaruka mbi ku mutekano w’akarere kose ka Aziya y’Iburasirazuba.
Ibi byatangajwe mu gihe Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, yagiranaga ikiganiro kuri telefone na Donald Trump, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Muri icyo kiganiro cyabaye ku wa Gatatu tariki ya 04/02/2026, Xi Jinping yashimangiye ko n’ubwo Amerika ifite inyungu n’impungenge zayo mu karere, u Bushinwa na bwo bufite impamvu zifatika zo kurengera inyungu zabwo n’ubusugire bw’igihugu.
Yagize ati: “Nk’uko Amerika ifite impungenge zayo, n’u Bushinwa bufite impungenge zabwo. Niba impande zombi zifatanyije zigakorana mu bwumvikane, mu kubahana no kuzirikana inyungu za buri ruhande, nta gushidikanya ko hashobora kuboneka inzira irambye yo gukemura ibibazo bihari.”
Aya magambo ya Xi Jinping agaragaza ubushake bw’u Bushinwa bwo gukemura amakimbirane binyuze mu biganiro, ariko kandi anagaragaza umurongo udahindagurika Beijing ifite ku kibazo cya Taiwan, igihugu ifata nk’igice cyayo kidashobora kwigenga mu buryo ubwo ari bwo bwose.
Ku rundi ruhande, Lai Ching-te, umuyobozi mukuru w’ikirwa cya Taiwan, yatangaje kuri uyu wa Kane ko umubano wa Taiwan na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ugihagaze neza kandi ukomeye. Yabwiye abanyamakuru ko uwo mubano “ukomeye nk’ibuye,” anongeraho ko imishinga yose y’ubufatanye hagati ya Taiwan na Amerika ikomeje nta nkomyi.
Aya magambo ya Lai Ching-te aje asubiza impungenge zagaragajwe n’u Bushinwa, agaragaza ko Taiwan ikomeje kwishingikiriza ku bufatanye bwa dipolomasi n’ubwa gisirikare na Amerika, cyane cyane mu rwego rwo kurinda umutekano wayo imbere y’igitutu gikomeje gushyirwaho na Beijing.
Ikibazo cya Taiwan gifite imizi mu mateka ya politiki y’u Bushinwa yo mu kinyejana cya 20. Nyuma y’intambara y’abanyagihugu mu Bushinwa, mu 1949, ishyaka rya Kuomintang ryatsinzwe n’Abakomunisiti bayobowe na Mao Zedong, rihungira ku kirwa cya Taiwan, aho ryakomereje kwiyita Repubulika y’u Bushinwa. Kuva icyo gihe, u Bushinwa bwo ku mugabane (People’s Republic of China) bwakomeje kuvuga ko Taiwan ari intara yabwo yigometse.
Nubwo Taiwan ifite ubutegetsi bwayo, igisirikare n’ubukungu bukomeye, ibihugu byinshi ku isi, birimo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bikurikiza politiki ya “China imwe” mu magambo, ariko bikagirana na Taiwan umubano wihariye wa politiki, ubukungu n’umutekano.
Ubwumvikane buke hagati ya Amerika n’u Bushinwa ku kibazo cya Taiwan bukomeje kuba imwe mu mbogamizi zikomeye ku mutekano w’isi. Abasesenguzi bagaragaza ko uko igitutu gikomeza kwiyongera, ari na ko ibyago byo kuba habaho intambara ishobora guhuza ibihugu bikomeye ku isi byiyongera, bigashyira mu kaga amahoro n’ubukungu mpuzamahanga.
Mu gihe impande zose zivuga ku bushake bwo kuganira no kwirinda intambara, amagambo n’ibikorwa bikomeje kugaragaza ko ikibazo cya Taiwan kigikomeje kuba urusobe rw’amakimbirane akomeye, atarabonera umuti wihuse.






