• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

U Rwanda n’u Burundi mu nzira zo kumara impaka hagati yabyo.

minebwenews by minebwenews
March 15, 2025
in World News
0
U Rwanda n’u Burundi mu nzira zo kumara impaka hagati yabyo.
105
SHARES
2.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Rwanda n’u Burundi mu nzira zo kumara impaka hagati yabyo.

You might also like

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

U Rwanda rubinyujije muri minisitiri warwo w’u banye n’amahanga, rwatangaje ko igihugu cyabo n’u Burundi biri mu nzira zo kumvikana.

Hari hashyize igihe kirekire u Rwanda n’u Burundi bidacyana uwaka, ariko umwuka mubi wongeye gututumba cyane cyane mu mpera z’ukwezi kwa mbere uyu mwaka, nyuma y’aho perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye atangaje ko u Rwanda rufite umugambi wo gutera igihugu cye rubinyujije mu mitwe irwanya igihugu cye.

Minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, abinyujije kuri x yatangaje ko u Rwanda n’u Burundi biri mu nzira zo kumvikana, aho yagaragaje neza ko abategetsi b’ibi bihugu byabo bari mu bikorwa byo kumvikana.

Nk’uko yabitangaje yagize ati: “Ibikorwa birimo kuba hagati y’abategetsi b’ibi bihugu u Rwanda n’u Burundi. Igisubizo cya politiki gishobora kuboneka ku makimbirane mu Burasizuba bwa RDC.”

Umubano mubi hagati y’ubutegetsi bw’u Burundi n’u Rwanda wari umaze imyaka utari mwiza, ariko wongeye kuzamo agatotsi ubwo u Burundi bwoherezaga ingabo zabwo muri RDC zifatikanya n’ingabo z’iki gihugu na FDLR kurwanya m23.

Icyo igihe u Rwanda rwagaragaje ko rutishimiye icyo gikorwa kuko bashinjaga ingabo za Congo gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Gusa, u Burundi nabwo bwagiye bushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa Red-Tabara urwanya iki gihugu cy’u Burundi, kandi ko narwo rukorana byahafi n’umutwe wa m23 uwo nawo bashinja gufatanya n’uwo mutwe wa Red-Tabara.

Muri uyu muhate wo kugarura umubano mwiza hagati y’u Rwanda n’u Burundi, bivugwa ko mu byumweru bike bishyize habaye inama zirenze imwe zahuje abakuru b’ubutasi bwa gisirikare b’ibihugu byombi. Nubwo bitaremezwa ku mugaragaro.

Hagataho, imyaka 10 irarangiye ibihugu byombi bifitanye umubano mubi, kuko ni ukuva mu mwaka wa 2015.
Kuva icyo igihe kugeza ubu, imyaka 10 irarangiye umubano utifashe neza, nubwo hagiye haba imihate itandukanye yo kugerageza kongera kubana neza hagati y’ibi bihugu byombi bisanzwe ari ibituranyi.

Tags: BurundiRdcU Rwanda
Share42Tweet26Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango Mu karasisi gakomeye aho u Bushinwa bwamuritse intwaro zimwe zitari zizwi hamwe n'abasirikare ibihumbi batambuka badasobanya,...

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

by minebwenews
August 31, 2025
0
U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban Guverinoma y'u Burusiya yasezeanyije iy'Aba-Taliban kuyitera inkunga kurushaho uko bwahoraga buyibatera. Bisanzwe bizwi ko Leta y'Aba-Taliban ko ari yo iyoboye...

Read moreDetails

Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

by minebwenews
August 31, 2025
0
Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

Kubera telefone minisitiri w'intebe wa Thailand yegujwe Urukiko rw'ikirenga rwo muri Thailand rwafashe icyemezo cyo kweguza minisitiri w'intebe w'iki gihugu, Poetongtarn Shinawatra, kubera ikiganiro cya telefone yagiranye na...

Read moreDetails

Uwayoboye urwego rw’ubutasi bw’igisirikare cya Uganda yatawe muri yombi.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Uwayoboye urwego rw’ubutasi bw’igisirikare cya Uganda yatawe muri yombi.

Uwayoboye urwego rw'ubutasi bw'igisirikare cya Uganda yatawe muri yombi. Major General James Birungi wayoboye urwego rw'ubutasi bw'igisirikare cya Uganda, yatawe muri yombi ajanwa muri gereza y'Ishami rishyinzwe imyitwarire...

Read moreDetails

Koreya y’Epfo yarashe ku basirikare ba Koreya ya Ruguru. Ibintu bishobora kuba bibi cyane.

by minebwenews
August 24, 2025
0
Koreya y’Epfo yarashe ku basirikare ba Koreya ya Ruguru. Ibintu bishobora kuba bibi cyane.

Koreya y'Epfo yarashe ku basirikare ba Koreya ya Ruguru. Ibintu bishobora kuba bibi cyane. Igisirikare cya Koreya y'Epfo cyarashe ku basirikare ba Koreya Yaruguru barinda umupaka uhuza ibihugu...

Read moreDetails
Next Post
I Fizi: Mai-Mai iri mugahinda gakomeye nyuma yuko uwari umuyobozi wayo aryamiye ukuboko kwa bagabo.

I Fizi: Mai-Mai iri mugahinda gakomeye nyuma yuko uwari umuyobozi wayo aryamiye ukuboko kwa bagabo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?