U Rwanda Rurashinja RDC n’u Burundi Kurenga ku Masezerano ya Washington no Guhungabanya Umutekano w’Akarere
Leta y’u Rwanda, ibinyujije mu itangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, yatangarije amahanga ko Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) n’u Burundi byarenze ku masezerano ya Washington ku buryo bukomeye, bikaba byaradurumbanyije inzira y’amahoro mu Burasirazuba bwa Congo.
Mu itangazo ryashizwe hanze, u Rwanda rwamaganye ibikorwa bya gisirikare bikomeje gukorwa n’ingabo za FARDC zifatanyije n’ingabo z’u Burundi (FDNB), hamwe n’imitwe irimo FDLR, Wazalendo n’abacancuro bo mu bindi bihugu. Ibi bikorwa bivugwa ko bikomeje kurasira ibisasu ku butaka bw’u Rwanda, byibasiye uduce two ku mupaka n’abaturage b’inzirakarengane.
Itangazo rinashimangira ko AFC/M23 yongeye kwitabara nyuma yo kugabwaho Ibitero n’ingabo za FARDC n’izu Burundi,FDLR na Wazalendo.
U Rwanda ruvuga ko ibi bikorwa bya gisirikare bihabanye n’amasezerano ya Washington, bigamije gutesha agaciro inzira y’ibiganiro no gukomeza guteza umutekano muke ku mipaka yarwo, cyane cyane mu Burengerazuba bw’igihugu.
Iri tangazo rinagaruka ku bibombe byatewe mu gace ka Kamanyola bivugwa ko byaturutse mu Burundi, bikangiza ibikorwa remezo ndetse bigatuma abaturage bahunga ku bwinshi berekeza mu kigo cya Nyarushishi giherereye i Bugarama.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yanashinje u Burundi kohereza abasirikare basaga 20,000 muri Kivu y’Epfo, bakagera no mu nkengero za Minembwe, aho ngo ibikorwa byazo bigamije gufungira abaturage no kubicisha inzara, bigateza ikibazo gikomeye cy’ubutabazi n’ubuzima.
U Rwanda rwanenze bikomeye RDC kubera gutsimbarara ku ntambara, no kwirengagiza inshingano yo gusenya FDLR nk’uko byari biteganyijwe mu masezerano ya Washington. U Rwanda rushimangira ko nta na rimwe RDC yigeze igaragaza ubushake bwa politiki bwo kugera ku mahoro arambye.
Mu gusoza, iryo tangazo rivuga ko Perezida Félix Tshisekedi yasinye amasezerano yo ku itariki ya 04/12/2025, adafite ubushake nyakuri, ahubwo abitewe n’igitutu cy’amahanga.






