U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23
Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Madamu Mathilde Mukantabana, yagaragaje ku mugaragaro aho u Rwanda ruhurira n’ihuriro rya AFC/M23 ku bijyanye n’umutekano, by’umwihariko mu guhangana n’ingaruka z’amateka mabi ya Jenoside yakorewe Abatutsi no kuyikumira kugira ngo itazongera kuba mu karere k’Ibiyaga Bigari.
Ibi yabivuze tariki ya 22/01/2026, mu ijambo yagejeje kuri Komite y’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika ishinzwe Ububanyi n’Amahanga, by’umwihariko akanama gashinzwe kugenzura ibibazo by’Afurika, kayobowe na Depite Smith. Muri uwo mwanya, yagarutse ku nsanganyamatsiko yiswe “Rwanda’s Defensive Measures and Transparency” (Ingamba z’u Rwanda zo Kwitabara no Gushyira mu Mucyo).
Ambasaderi Mukantabana yasobanuye ko u Rwanda rutifashisha amagambo ahisha ukuri, ahubwo ruhitamo kuvuga mu mucyo, mu rwego rwo kubaka icyizere n’abafatanyabikorwa barwo ku rwego mpuzamahanga. Yagize ati:
“Ibi ndabivuga nta guca ku ruhande, mu rwego rwo kubaka icyizere gishingiye ku mucyo n’ukuri.”
Iyi ni yo nshuro ya mbere u Rwanda rwemeje ku mugaragaro ko rufite aho ruhurira na AFC/M23 ku bijyanye n’umutekano, nubwo rwagiye rugaragaza kenshi ko rushyigikiye impamvu uyu mutwe uvuga ko urwanira, ariko rugahakana ko ruwuha inkunga ya gisirikare cyangwa iy’ubuyobozi.
Mu ijambo rye, Ambasaderi Mukantabana yasobanuye ko AFC/M23 ari umutwe witwaje intwaro wigenga ufite amakimbirane n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashingiye ku byo uvuga ko ari ihohoterwa rikorerwa abaturage, by’umwihariko Abatutsi bo muri Congo. Yavuze ko iryo hohoterwa ririmo kwicwa, gufatwa ku ngufu no guhezwa hashingiwe ku bwoko. Yongeyeho ko hari amasezerano uyu mutwe wari waragiranye na Leta ya Congo atigeze ashyirwa mu bikorwa, bikaba byaranajyanye no kuwushyira ku ruhande mu mikorere ya politiki.
Yagize ati:
“Kuba u Rwanda na AFC/M23 bisangiye intego yo kurinda Abatutsi bo muri Congo imitwe irimo FDLR, kimwe n’indi ifashwa n’ingabo za Congo (FARDC) zifite ibitekerezo by’ubuhezanguni, bihuye n’inyungu z’igihugu cyacu. Izo nyungu zirimo no gukumira ko habaho indi Jenoside iturutse ku mitwe igendera ku rwango ituruka hanze y’imipaka yacu, nk’uko byabaye mu 1994. Ibyo byashyira mu kaga ubuzima n’imibereho by’Abanyarwanda.”
Ambasaderi Mukantabana yagaragaje kandi ko u Rwanda rudashaka kwivanga muri politiki ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi ko rutashyigikiye imitwe yitwaje intwaro igamije guhirika cyangwa guhindura ubutegetsi. Yashimangiye ko ibikorwa by’u Rwanda bigarukira gusa ku kurinda umutekano w’abarutuye.
Ati:
“Ibikorwa byacu bigamije gusa kurinda umutekano w’abaturage b’u Rwanda, binyuze mu gukumira ibyago bya Jenoside bishobora guturuka hakurya y’umupaka.”
Yongeyeho ko ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwafashe zizajya zisuzumwa uko ibihe bigenda bihinduka, hashingiwe ku kugabanuka kw’impungenge z’umutekano, by’umwihariko hakurikijwe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yasinyiwe i Washington agamije kugarura amahoro n’umutekano mu Burasirazuba bwa Congo.
Umutwe wa AFC/M23 umaze igihe uhanganye n’ubutegetsi bwa Congo kuva mu 2021, kandi kugeza ubu ugenzura ibice binini byo mu Burasirazuba bw’icyo gihugu, birimo imijyi ikomeye nka Goma na Bukavu. Ibi bikomeje gutuma ikibazo cy’umutekano w’akarere kiguma ku isonga ry’ibiganiro ku rwego mpuzamahanga.






