U Rwanda Rwamaganye Amayeri yo Gutinza Amahoro muri RDC, Rwibutsa ko Inzira Zemejwe Zigomba Gushyirwa mu Bikorwa
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yamaganye ku mugaragaro ibyo yise amayeri yo gutinza amahoro akomeje gukoreshwa na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), igamije gutangiza ibiganiro bishya, nyamara hari inzira zisanzwe zemejwe kandi zatangiye gushyirwa mu bikorwa.
Mu minsi ishize, ubutegetsi bwa Kinshasa bwatangaje umugambi wo gutangiza ibiganiro bishya bigamije guhuza Abanye-Congo bo mu byiciro bitandukanye. Muri urwo rwego, Perezida Félix-Antoine Tshisekedi yagiriye ingendo zitandukanye i Luanda guhera tariki ya 14/12/2025, aho yagiranye ibiganiro na Perezida wa Angola, João Lourenço, byibanze kuri iyo gahunda.
Nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa Leta ya RDC, Patrick Muyaya, ibyo biganiro bishya biteganyijwe kubera i Kinshasa bizatandukana n’ibyabereye i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse n’ibyabereye i Doha muri Qatar. Yagize ati:
“I Washington twaganiriye natwe n’u Rwanda, umubyeyi. I Doha twaganiriye natwe na M23, umwana.”
Agaragaza umwanzuro w’u Rwanda, Minisitiri Olivier Nduhungirehe yavuze ko iyi nzira nshya igamije ahanini gushakisha inyungu za dipolomasi, mu byo yise forum shopping, ari na byo Leta ya Congo imaze imyaka igerageza kenshi mu rwego rwo gutinza ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro.
Mu butumwa yanyujije ku rubuga X, yagize ati:
“Iyo umubyeyi (Leta ya Congo), umwana (FDLR zigizwe n’abagize uruhare muri Jenoside), n’umwuka mubi (ingengabitekerezo ya Jenoside) bongera kugerageza ‘forum shopping’ ku nshuro nyinshi mu myaka itatu ishize, bigaragara nk’amayeri yo gutinza. Twibutsa ko igisubizo nyacyo kizaturuka ku bushake bwa politiki bwa Kinshasa bwo gushyira mu bikorwa, mu bwizerwe, inzira z’amahoro zisanzwe zihari.”
Amakuru aturuka mu nzego zo hejuru agaragaza ko ihuriro rya AFC/M23 na ryo ryatumiwe muri ibyo biganiro biteganyijwe kubera i Kinshasa, ibintu byakomeje guteza kwibaza ku kamaro no ku gaciro k’inzira y’amahoro ya Doha, imaze igihe itanga icyizere gishingiye ku ntambwe ifatika imaze guterwa.
Icyakora, AFC/M23 yibukije Perezida wa Angola, binyuze mu itangazo riherutse gushyirwa ahagaragara, ko inzira y’amahoro ya Doha, nubwo ihura n’imbogamizi, imaze gutanga umusaruro ugaragara. Yashimangiye ko amasezerano yavuye muri iyo nzira agomba gufatwa nk’ibyagezweho bikomeye, byubaka kandi bidashobora gusubizwa inyuma, aho gufatwa nk’intambwe z’agateganyo.
Iyi myumvire igaragaza ko u Rwanda n’abandi bafatanyabikorwa b’amahoro bashyira imbere ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano asanzweho, aho gukomeza gutangiza ibiganiro bishya bishobora gusubiza inyuma urugendo rugana ku mahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC no mu Karere k’Ibiyaga Bigari.






