• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, February 25, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

U Rwanda rwanenze Raporo iheruka gusohoka y’umuryango wa L’ONI ishinja Ingabo zabo gufasha umutwe wa M23 urwanya leta ya Kinshasa.

minebwenews by minebwenews
June 23, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Leta ya Kigali, yagize icyo ivuga kuri raporo ishinja Igisirikare cy’u Rwanda (RDF), gufasha umutwe wa M23 urwanya Kinshasa.

You might also like

AFC/M23 Accuses the Kinshasa Government of Brutality Against Civilians in the Highlands of Minembwe

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

Yanditswe na: Bruce Bahanda, kw’itariki 23/06/2023, saa 7:40Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.

Kigali, yanenze raporo y’impuguke zumuryango wa bibumbye, ziheruka gusohora ishinja Igisirikare cy’u Rwanda gufasha umutwe wa M23 urwanya leta ya Kinshasa, Kigali yavuze ko iyo raporo “ibogamye.”

Ni raporo yasohotse kw’itariki 13/06/2023, aho yavugaga ku ngingo zitandukanye zerekeye umutekano wo mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa.

Aha muri Congo Kinshasa by’umwihariko mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru hashize umwaka urenga habera imirwano y’Ingabo za kiriya gihugu n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23.

Kinshasa ishinja Kigali guha ubufasha uwo mutwe; ibyo u Rwanda rwakunze guhakana.

Raporo y’impuguke za Loni ishinja u Rwanda kuba hagati y’ukwezi kwa 12/2022 nu 3/2023 rwarohereje muri Congo ingabo zo guha umusaada inyeshyamba za M23; ubwo zari zihanganye mu mirwano n’Ingabo za Congo n’abazifasha barimo FDLR n’abacancuro.

Iyi raporo by’umwihariko ishyira mu majwi abasirikare bakuru mu ngabo z’u Rwanda ibashinja guha ubufasha uriya mutwe.

Mu bashyizwe mu majwi harimo Gen James Kabarebe usanzwe ari umujyanama wa Perezida Paul Kagame mu bya gisirikare, Gen Jean Bosco Kazura wahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Gen Mubarakh Muganga wamusimbuye na Maj Gen Vincent Nyakarundi uheruka kugirwa Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka.

Abandi ni Maj Gen Karusisi Ruki ukuriye umutwe w’Ingabo zidasanzwe, Maj Gen Eric Murokore ukuriye inkeragutabara mu ntara y’Amajyaruguru, Maj Gen Frank Mugabange usanzwe ari Umugaba w’Inkeragutabara na Brig Gen Rugumyangabo Gacinya ushinzwe ibikorwa muri RDF.

Guverinoma y’u Rwanda mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Kane tariki ya 22/06/2023, yanenze iriya raporo ivuga ko amakuru ayirimo arimo kubogama.

Kigali, yavuze ko “iyi raporo ishingiye ahanini ku bimenyetso bidafatika, ndetse n’amakuru atizewe agamije gusakaza ikinyoma cy’uko u Rwanda ari rwo nyirabayazana w’umutekano muke n’ibindi bibazo by’imbere muri RDC.”

Kigali kandi yanenze kuba icyo u Rwanda ruvuga ku birego bishinjwa ingabo zarwo bitagaragara muri raporo.

Yavuze ko “amakuru iri tsinda ry’impuguke riyakura mu bagize guverinoma ya RDC, abahoze ari abarwanyi, abanyekongo bari mu miryango n’amashyirahamwe bigamije gusebya u Rwanda, ndetse n’abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro ifatanya na FARDC irimo n’uzwi nka “Wazalendo”.”

U Rwanda rugaragaza kandi ko iriya raporo yirengagije ingamba ibihugu byo mu karere byafashe zigamije kugarura amahoro, ndetse n’Umuryango w’Abibumbye ukaba warazishyigikiye, ndetse inanirwa kwerekana uruhare rugaragara rwa Congo mu guhungabanya amasezerano y’amahoro ya Nairobi na Luanda, harimo n’ibikorwa by’Ingabo z’Umuryango wa Afrika y’Iburasirazuba zoherejwe mu Burasirazuba bwa DRC.

Ikindi kirengagijwe nk’uko u Rwanda rubivuga ni “ukuvogera ubusugire bw’u Rwanda inshuro nyinshi, n’uburyo RDC yagaragaje ko ishaka intambara yeruye.”

U Rwanda ruvuga ko raporo ya ziriya mpuguke yirengagiza kandi ikanambura uburemere ikibazo cyo gutera ubwoba no gutsemba abanyekongo bo mu miryango y’Abatutsi, ahubwo igashinja aba baturage bari mu kaga kuba ba nyirabayazana b’akababaro gakomeye bafite.

Ivuga ko ibi bivuguruza cyane raporo zakozwe n’Umuryango w’Abibumbye n’indi miryango mpuzamahanga, bikanagaragaza ingengabitekerezo ya Genoside n’umugambi wo kuyikwirakwiza ukomeje.

Nanone raporo ivuguruza ubuhamya butangwa n’ibihumbi by’impunzi z’abanyekongo zahatiwe guhungira mu bindi bihugu byo mu Karere birimo n’U Rwanda, kuva mu myaka 20 ishize.

Ku bwa Leta y’u Rwanda, ikitumvikana kandi ni uko iyi raporo “ntaho igaragaza ibyatangajwe n’Umujyanama w’Umuryango w’Abibumbye mu bijyanye no gukumira Genoside, aho mu kwezi kwa 12/2022 na 01/2023, yatabarije Abatutsi bicwa muri RDC, akanagaragaza ko ubu bwicanyi bushobora kuganisha kuri Genoside mu gihe nta kindi gikozwe ngo aba baturage bibasiwe barindwe.”

U Rwanda ruvuga ko bibabaje kubona itsinda ry’impuguke za Loni rikomeje gukwirakwiza ibinyoma bihishira ukuri kw’intandaro y’amakimbirane yo mu Burasirazuba bwa Congo, bigamije gusa kongera amakimbirane; ibishyira mu kaga ubuzima bw’abantu babarirwa muri za miriyoni mu karere ndetse no gukomeza guteza umutekano muke n’iterabwoba ku mupaka w’u Rwanda na Congo.

Ruvuga kandi ko ruzakomeza “gukaza ingamba z’ubwirinzi no gukumira ibyavogera ikirere n’imipaka byacu”, ibirenze ibyo rukaba ruzigizayo ibitero byaterwa n’imitwe yitwaje intwaro, mu rwego rwo kurinda ubusugire bwarwo.

Rwunzemo ko ruzakomeza gushyigikira ingamba zashyizweho mu Karere, by’umwihariko amasezerano ya Nairobi na Luanda, mu gutanga umusanzu wo kubungabunga amahoro mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

Tags: L'ONIM23raporoRwanda
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

AFC/M23 Accuses the Kinshasa Government of Brutality Against Civilians in the Highlands of Minembwe

by Bahanda Bruce
February 20, 2026
0
AFC/M23 Yashinje Leta ya Kinshasa Ubugizi bwa Nabi ku Baturage bo mu Misozi ya Minembwe

The political and military coalition Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) has released an urgent statement expressing serious concern over the worsening insecurity in the areas of Minembwe, Mikenge, and...

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

by Bahanda Bruce
February 16, 2026
0
Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yakiriwe mu buryo budasanzwe n’imbaga y’abaturage i Bujumbura, nyuma yo gusoza urugendo yari yagiriye i Addis Abeba...

Read moreDetails

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
February 9, 2026
0
Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC Ku butumire bwa Perezida wa Repubulika ya Angola, akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango...

Read moreDetails

FARDC Drone Attacks in Minembwe Injure Civilians

by Bahanda Bruce
January 31, 2026
0
FARDC Drone Attacks in Minembwe Injure Civilians

Reliable information from the center of Minembwe, in South Kivu Province, reports that a drone believed to belong to the Armed Forces of the Democratic Republic of the...

Read moreDetails

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

by Bahanda Bruce
November 28, 2025
0
Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga Guinée-Bissau yinjiye mu bibazo bikomeye bya politiki nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi ryabaye ku wa 27/11/2025, ni mu gihe hari imvururu...

Read moreDetails
Next Post

Mai Mai Zero Kwine ukunze kwiyita Komanda, yafashwe amatekwa nabaturage ba Mikenke.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?