Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

UA yashyizeho umuhuza w’u Rwanda na RDC ku makimbirane ibyo bihugu bifitanye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 6, 2025
in Conflict & Security
0
UA yashyizeho umuhuza w’u Rwanda na RDC ku makimbirane ibyo bihugu bifitanye.
94
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

UA yashyizeho umuhuza w’u Rwanda na RDC ku makimbirane ibyo bihugu bifitanye.

You might also like

Amasasu yo gupfusha ubusa y’ingabo za RDC n’iz’u Burundi yateye icyikango mu Rugezi.

AFC/M23 yazindukiye mu mirwano ikaze n’ihuriro ry’ingabo za RDC.

RDC: Kabila agiye gutangira kuburanishwa.

Perezida Joao Lourenco wa Angola akaba na perezida wa Afrika yunze ubumwe yaraye ahaye inshingano z’ubuhuza perezida wa Togo, Faure Gnassingbé ku makimbirane hagati y’u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Hari mu nama ya mbere yabaye ejo ku wa gatandatu tariki ya 05/04/2025, aho yitabiriwe n’abagize inama nkuru y’ibiro by’u muryango wa Afrika Yunze ubumwe ikaba yarayobowe na Joao Lourenco uheruka guhabwa kuyobora uyu muryango mu kwezi gushize.

Iyi nama nk’uko amakuru abivuga yari igamije kwiga ku mugambi wo kugera ku mahoro arambye mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo ahakomeje kubera intambara ikomeye ihuza m23 n’ingabo za Leta.

Joao Lourenco akaba yaravuze muri iyi nama ko perezida wa Togo yemeye gufata inshingano z’ubuhuza kuri aya makimbirane hagati y’u Rwanda na Congo.

Lourenco kandi yavuze impamvu yatumye arekura inshingano z’u buhuza ngo ni ukubera ko yahawe kuyobora umuryango wa Afrika Yunze ubumwe.

RDC, LONI n’ibihugu bimwe by’i Burayi bishinja u Rwanda gufasha umutwe wa m23. Leta y’u Rwanda nayo ikabihakana, hubwo igashinja RDC gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Mu mpera z’umwaka wa 2021 ni bwo umutwe wa m23 wongeye kubura imirwano, kuri ubu wafashe ibice byinshi birimo n’ umujyi wa Bukavu ndetse n’uwa Goma.

Umuhate wokurangiza iyi ntambara ihanganishije uyu mutwe wa m23 n’ingabo za Leta ntacyo wagezeho, ndetse n’ingabo za SADC zari zaroherejwe gufasha igisirikare cya RDC kurwanya uyu mutwe wa m23 zarananiwe.

Ingabo za SADC zoherejwe mu Burasizuba bwa Congo mu mpera z’umwaka wa 2023, nyuma yuko iz’umuryango wa Afrika y’i Burasizuba zari zatashe, aho nazo zari zaroherejwe mu Burasizuba bwa RDC mu mwaka wa 2022 .

Inama ya SADC n’iya EAc yateranye ku wa 08/03/2025 i Dar es Salaam muri Tanzania, yasabye ko hagenwa abandi bahuza bo gufasha mu mugambi w’amahoro wa Luanda na Nairobi mu rwego rwo kugira ngo amahoro aboneke muri RDC.

Yaje gushyiraho Kgalema Motlanthe , wahoze ari perezida wa Afrika y’Epfo, Catherine Samba Panza wayoboye Santarafurika, Sahle-Work Zewde yahoze ari umukuru wa Ethiopia na Olusegun wigeze kuyobora Nigeria. Aba bakaba barongerewe kuri Uhuru Kenyatta wabaye perezida wa Kenya usanzwe akuriye ibiganiro by’i Nairobi.

Leta y’i Kinshasa yamaze igihe ivuga ko itazaganira na m23, nyuma iza kubyemera ibyafashwe nk’intambwe ikomeye mu nzira y’amahoro.

Ubu bivugwa ko ibiganiro byitezwe ko bizabera i Doha muri Qatar hagati y’intumwa za Leta ya Congo n’iz’u mutwe wa m23.

Tags: RdcRwandaumuhuza
Share38Tweet24Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Amasasu yo gupfusha ubusa y’ingabo za RDC n’iz’u Burundi yateye icyikango mu Rugezi.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
Amasasu yo gupfusha ubusa y’ingabo za RDC n’iz’u Burundi yateye icyikango mu Rugezi.

Amasasu yo gupfusha ubusa y'ingabo za RDC n'iz'u Burundi yateye icyikango mu Rugezi. Amakuru aturuka mu Rugezi mu majy'Epfo ashyira uburengerazuba bwa komine ya Minembwe, avuga ko ihuriro...

Read moreDetails

AFC/M23 yazindukiye mu mirwano ikaze n’ihuriro ry’ingabo za RDC.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
AFC/M23 yazindukiye mu mirwano ikaze n’ihuriro ry’ingabo za RDC.

AFC/M23 yazindukiye mu mirwano ikaze n'ihuriro ry'ingabo za RDC. Ihuriro ry'ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, zazindutse zigaba ibitero mu bice bigenzurwa na AFC/M23 muri teritware ya...

Read moreDetails

RDC: Kabila agiye gutangira kuburanishwa.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
RDC: Kabila agiye gutangira kuburanishwa.

RDC: Kabila agiye gutangira kuburanishwa. Repubulika ya demokarasi ya Congo, igiye gutangira kuburanisha Joseph Kabila wahoze ari perezida w'iki gihugu. Byatangajwe n'urukiko rwa gisirikare kuri uyu wa gatanu...

Read moreDetails

FARDC, Ingabo z’u Burundi na FDLR bazindutse bagaba ibitero mu Banyamulenge.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
FARDC, Ingabo z’u Burundi na FDLR bazindutse bagaba ibitero mu Banyamulenge.

FARDC, Ingabo z'u Burundi na FDLR bazindutse bagaba ibitero mu Banyamulenge. Ihuriro ry'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo zagabye ibitero mu duce dutuwe n'Abanyamulenge mu Minembwe muri...

Read moreDetails

Guverineri wari warabuze muri RDC yongeye kugaragara.

by Bruce Bahanda
July 25, 2025
0
Guverineri wari warabuze muri RDC yongeye kugaragara.

Guverineri wari warabuze muri RDC yongeye kugaragara. Jaques Kyabula, guverineri w'intara ya Haut-Katanga wari warabuze, yongeye kugaragara muri iyi ntara abereye umuyobozi. Ku wa gatatu w'iki cyumweru turimo,...

Read moreDetails
Next Post
Amerika yahagaritse viza ku kindi gihugu cya Afrika nyuma yuko izihagaritse ku Barundi bose.

Amerika yahagaritse viza ku kindi gihugu cya Afrika nyuma yuko izihagaritse ku Barundi bose.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?