• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, October 25, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

UA yashyizeho umuhuza w’u Rwanda na RDC ku makimbirane ibyo bihugu bifitanye.

minebwenews by minebwenews
April 6, 2025
in Conflict & Security
0
UA yashyizeho umuhuza w’u Rwanda na RDC ku makimbirane ibyo bihugu bifitanye.
94
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

UA yashyizeho umuhuza w’u Rwanda na RDC ku makimbirane ibyo bihugu bifitanye.

You might also like

Uwari wa buriwe irengero batoye umurambo we, bahamya ko yishwe arashwe na Wazalendo

Bibogobogo bari mu mashimwe nyuma y’ababo bahagarutse

“Telefone y’Umwungeri w’inka iri kwitabwa na Mai Mai-” ubuhamya k’u waburiwe irengero

Perezida Joao Lourenco wa Angola akaba na perezida wa Afrika yunze ubumwe yaraye ahaye inshingano z’ubuhuza perezida wa Togo, Faure Gnassingbé ku makimbirane hagati y’u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Hari mu nama ya mbere yabaye ejo ku wa gatandatu tariki ya 05/04/2025, aho yitabiriwe n’abagize inama nkuru y’ibiro by’u muryango wa Afrika Yunze ubumwe ikaba yarayobowe na Joao Lourenco uheruka guhabwa kuyobora uyu muryango mu kwezi gushize.

Iyi nama nk’uko amakuru abivuga yari igamije kwiga ku mugambi wo kugera ku mahoro arambye mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo ahakomeje kubera intambara ikomeye ihuza m23 n’ingabo za Leta.

Joao Lourenco akaba yaravuze muri iyi nama ko perezida wa Togo yemeye gufata inshingano z’ubuhuza kuri aya makimbirane hagati y’u Rwanda na Congo.

Lourenco kandi yavuze impamvu yatumye arekura inshingano z’u buhuza ngo ni ukubera ko yahawe kuyobora umuryango wa Afrika Yunze ubumwe.

RDC, LONI n’ibihugu bimwe by’i Burayi bishinja u Rwanda gufasha umutwe wa m23. Leta y’u Rwanda nayo ikabihakana, hubwo igashinja RDC gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Mu mpera z’umwaka wa 2021 ni bwo umutwe wa m23 wongeye kubura imirwano, kuri ubu wafashe ibice byinshi birimo n’ umujyi wa Bukavu ndetse n’uwa Goma.

Umuhate wokurangiza iyi ntambara ihanganishije uyu mutwe wa m23 n’ingabo za Leta ntacyo wagezeho, ndetse n’ingabo za SADC zari zaroherejwe gufasha igisirikare cya RDC kurwanya uyu mutwe wa m23 zarananiwe.

Ingabo za SADC zoherejwe mu Burasizuba bwa Congo mu mpera z’umwaka wa 2023, nyuma yuko iz’umuryango wa Afrika y’i Burasizuba zari zatashe, aho nazo zari zaroherejwe mu Burasizuba bwa RDC mu mwaka wa 2022 .

Inama ya SADC n’iya EAc yateranye ku wa 08/03/2025 i Dar es Salaam muri Tanzania, yasabye ko hagenwa abandi bahuza bo gufasha mu mugambi w’amahoro wa Luanda na Nairobi mu rwego rwo kugira ngo amahoro aboneke muri RDC.

Yaje gushyiraho Kgalema Motlanthe , wahoze ari perezida wa Afrika y’Epfo, Catherine Samba Panza wayoboye Santarafurika, Sahle-Work Zewde yahoze ari umukuru wa Ethiopia na Olusegun wigeze kuyobora Nigeria. Aba bakaba barongerewe kuri Uhuru Kenyatta wabaye perezida wa Kenya usanzwe akuriye ibiganiro by’i Nairobi.

Leta y’i Kinshasa yamaze igihe ivuga ko itazaganira na m23, nyuma iza kubyemera ibyafashwe nk’intambwe ikomeye mu nzira y’amahoro.

Ubu bivugwa ko ibiganiro byitezwe ko bizabera i Doha muri Qatar hagati y’intumwa za Leta ya Congo n’iz’u mutwe wa m23.

Tags: RdcRwandaumuhuza
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Uwari wa buriwe irengero batoye umurambo we, bahamya ko yishwe arashwe na Wazalendo

by Bahanda Bruce
October 25, 2025
0
“Telefone y’Umwungeri w’inka iri kwitabwa na Mai Mai-” ubuhamya k’u waburiwe irengero

Uwari wa buriwe irengero batoye umurambo we, bahamya ko yishwe arashwe na Wazalendo Umwungeri w'inka wari waburiwe irengero batoye umurambo we, banahamya ko yishwe na Wazalendo, ni nyuma...

Read moreDetails

Bibogobogo bari mu mashimwe nyuma y’ababo bahagarutse

by Bahanda Bruce
October 25, 2025
0
Bibogobogo bari mu mashimwe nyuma y’ababo bahagarutse

Bibogobogo bari mu mashimwe nyuma y'ababo bahagarutse Abagabo bagera kuri bane bo muri Bibogobogo, abaribarakomerekeye mu bitero Wazalendo yagabye muri iki gice mu mezi yo mu ntangiriro z'uyu...

Read moreDetails

“Telefone y’Umwungeri w’inka iri kwitabwa na Mai Mai-” ubuhamya k’u waburiwe irengero

by Bahanda Bruce
October 25, 2025
0
“Telefone y’Umwungeri w’inka iri kwitabwa na Mai Mai-” ubuhamya k’u waburiwe irengero

"Telefone y'umwungeri w'inka iri kwitabwa na Mai Mai-" ubuhamya k'u waburiwe irengero Umwungeri w'inka w'Umunyamulenge witwa Muhumure Isaac, yaburiwe irengero Mucyakira, telefone ye iri kwitabwa na Mai Mai,...

Read moreDetails

I Fizi haravugwa imirwano ikomeye yanaguyemo Wazalendo batari bake

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
I Fizi haravugwa imirwano ikomeye yanaguyemo Wazalendo batari bake

I Fizi haravugwa imirwano ikomeye yanaguyemo Wazalendo batari bake Amakuru aturuka muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, avuga ko habereye imirwano ikomeye hagati y'imitwe ibiri...

Read moreDetails

Wazalendo babiri ni bo bahitanwe n’amazi

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
Wazalendo babiri ni bo bahitanwe n’amazi

Wazalendo babiri ni bo bahitanwe n'amazi Wazalendo babiri bishwe n'amazi ubwo bageragezaga guhunga nyuma y'aho basubiranyemo n'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, FARDC i Uvira muri Kivu...

Read moreDetails
Next Post
Amerika yahagaritse viza ku kindi gihugu cya Afrika nyuma yuko izihagaritse ku Barundi bose.

Amerika yahagaritse viza ku kindi gihugu cya Afrika nyuma yuko izihagaritse ku Barundi bose.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?