Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ubugizi bwa nabi bwa Wazalendo bwongeye gufata indi ntera i Kaziba, bituma abaho batabaza m23.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 24, 2025
in Regional Politics
0
Ubugizi bwa nabi bwa Wazalendo bwongeye gufata indi ntera i Kaziba, bituma abaho batabaza m23.
91
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ubugizi bwa nabi bwa Wazalendo bwongeye gufata indi ntera i Kaziba, bituma abaho batabaza m23.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

I Kaziba muri teritware ya Walungu, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, Wazalendo barwana ku ruhande rwa Leta bari kuhica abaturage ubundi kandi bagafata n’abagore ku ngufu, ibyatumye abaturage bahatuye bahamagarira umutwe wa m23 kubagoboka.

Ni ubutumwa bwanditse tumaze kwakira kuri Minembwe Capital News, ubwo twahawe n’abamwe mu baturage baho(i Kaziba), aho bari gutabariza m23 kubatabara, ngo kuko Wazalendo bari kubica, bagafata n’abagore ku ngufu no kubakorera ibindi bikorwa bigayitse.
Bagize bati: “M23 yari kwiye kuza ikagera hano i Kaziba, ikatwirukanira Wazalendo badutesheje cyane. Umutekano wacu urabangamiwe bikomeye, bariya Wazalendo baratunyaga kandi bakangiza n’ibyacu.”

Muri ubu butumwa basobanuye ko Wazalendo baheruka kwicira umuturage muri centre ya Kaziba bamuziza ubusa, ndetse kandi bafata n’umugore waho ku ngufu.

Ati: “Nibyo. Baheruka kwicira umuturage muri centre, bamuteye ibyuma gusa kugeza avuyemo umwuka. Bafashe ku ngufu kandi n’umugore bari babonye gusa aho muri centre.”

Ibindi byavuzwe muri ubu butumwa nuko aba Wazalendo bari gushinga amabariyeri ahantu henshi, bakayanyagiramo abaturage.

Mu ntangiriro z’uku kwezi turimo abarwanyi bo mu mutwe wa m23 bafashe iki gice cya Kaziba, nyuma y’imirwano ikomeye yasize uyu mutwe wa m23 wirukanye ihuriro ry’ingabo za Congo ririmo FARDC, FDLR, FDNB na Wazalendo ryari muri iki gice cya Kaziba.

Aba barwanyi ntibahamaze gatatu, kuko bahise bakomeza berekeza mu bice bya Rurambo, aho bahise bakomeza berekeza na Minembwe.

Ubwo uyu mutwe wafataga iki gice, nabwo kandi wasanze aba Wazalendo bakirebaga, abaturage babivovotera, ahanini byari ukubera babamburaga utwabo bakoresheje ariya mabariyeri bashinga ahantu hatandukanye. Ariko m23 ikihagera yahise isenya ayo mabariyeri.

Amakuru dufite kuri ubu avuga ko aba barwanyi bageze mu Cyohagati, ubwo ni za Bijabo n’ahandi.

Nyuma yokuva kwa m23 i Kaziba, Wazalendo n’abo bahise bahinjira, kuri ubu bakomeje ubugizi bwa nabi bwabo.

Ibiri gutuma abaturiye icyo gice batabaza, bagasaba ko uyu mutwe wa m23 ukigarukamo kugira ngo babone amahoro n’ituze.

Tags: KazibaKwicaUmutekano
Share36Tweet23Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Bimwe mubyagarutsweho cyane mu nama yahuje umuryango wa EAC n’uwa SADC.

Bimwe mubyagarutsweho cyane mu nama yahuje umuryango wa EAC n'uwa SADC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?