• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, November 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Ubuhanuzi bushya bw’Umukozi w’Imana Kavoma ku ntambara yo muri RDC

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
November 13, 2025
in Religion
0
“Ibyo umuntu abiba, nibyo azasarura”-Ev.Muyuku
84
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ubuhanuzi bushya bw’Umukozi w’Imana Kavoma ku ntambara yo muri RDC

You might also like

“Ukuboko kw’Imana kugiye kubagaragarira,”-Umuvugabutumwa Olivienne

“Ibyo umuntu abiba, nibyo azasarura”-Ev.Muyuku

“Imana yavuze ko intambara yarangiye iwacu”- Ubuhanuzi bushya bwa Pastor Kavoma bwitezweho ihumure mu Burasirazuba bwa Congo

Avuga ko Goma na Bukavu bizafatwa, hagakurikiraho agahenge n’intambara y’umukasi

Umuhanuzi Kavoma, umukozi w’Imana ukomoka mu Burasirazuba bwa Congo, yatangaje ubuhanuzi bushya burebana n’intambara ikomeje muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC). Avuga ko intambara iri kuba ubu ifite ibice bibiri by’ingenzi — aho icya mbere kigiye kurangira, maze hakazakurikiraho agahenge n’indi ntambara y’umukasi izatangirira ku giti cy’inganzamarungu kizagwa i Kinshasa.

Kavoma yabivuze mu kiganiro yagiranye na Minembwe Capital News ku wa Kane, tariki ya 13/11/2025, avuga ko imijyi ya Goma na Bukavu yamaze kubohozwa n’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23/MPDP–Twirwaneho), hanyuma ibikorwa byayo bigakomereza i Uvira no mu bice bya Maniema.

Yavuze ko nyuma y’ifatwa ry’iyo mijyi, hazabaho igihe cy’amahoro yise “igihe cy’iterambere,” aho abantu bazasubira mu byabo, bakongera guhinga, gusarura no kubaka, ndetse abasirikare bagahabwa ibihembo byinshi. Yagize ati:

“Nabonye imihana isubirwamo, amabati yongera kumurika. Utazataha azaba ari ku bushake bwe. Abasirikare bazageraho bahabwa amafaranga menshi cyane.”

Kavoma yavuze ko ako gahenge kazaba ari nk’“igihe cyo guhindurwamo ibintu,” kuko ari ko kazinjiza igihugu mu gice cya kabiri cy’intambara izakurikirana n’igihombo gikomeye kizabera i Kinshasa, nyuma y’urupfu rw’umuntu ukomeye mu gihugu.
Ati:

“Umukasi uzaba nyuma yo gupfa kw’igikupe gikomeye i Kinshasa. Nyuma yaho, hazabaho amahoro adasanzwe kandi imipaka izakurwaho hagati y’ibihugu bimwe na bimwe bipakanye n’u Burasirazuba bwa Congo.”

Ku gihugu cy’u Burundi, yavuze ko kizahura n’igihe cy’umwijima w’imyaka itatu, yise “inkoni y’Imana izaba ibahannye”.

Yasobanuye kandi ko gutinda gufata Uvira ari umugambi w’Imana kugira ngo intambara irangirire mu misozi yo muri teritware ya Fizi, Mwenga na Uvira, aho ngo hazabera urugamba rukomeye ruzahitana abasirikare b’ibihugu byombi — Congo n’u Burundi.

Mu buhanuzi bwe, yavuze ko Imana yagabanyije amapfa ku basirikare ba Twirwaneho na M23, ariko ibasaba kudashira imbaraga zabo imbere, ahubwo bakamenya ko intsinzi ari iy’Imana.
Ati:

“Imana yambwiye ko M23 na Twirwaneho bazabona intsinzi iruta iy’ubu, kandi bazigarurira ibikoresho bikomeye bya gisirikare bizabafasha mu gihe kizaza.”

Uyu si ubwa mbere ahanura ibyerekeye intambara yo muri RDC. Yigeze kuvuga ko Bukavu izafatwa nyuma gato ya Goma, ibintu byaje gusohora nk’uko yabivuze.

Yanahanuye ko ubutabazi bw’Abanyamulenge buzaturuka muri Kivu y’Amajyaruguru, ubuhanuzi bwaje gusohora ubwo M23 yatabaraga Twirwaneho mu misozi y’i Mulenge, mu bikorwa bya gisirikare byagutse mu ntangiriro za 2025.

Ibice byarimo iby’i Mulenge nka Rugezi, Rurambo, ndetse n’ahandi muri Kivu y’Amajyepfo nka Nyangezi, Kamanyola, Kaziba na Lwihinja, aho ibikorwa by’igisirikare byari bimaze gufata indi ntera.

Mu buhanuzi bwe kandi yavuze ko umukasi uzagera no mu ntara ya Tanganyika, ngo kuko uruzi rwa Rukuga arirwo ruzabamo urubibi.

Tags: KavomaRdcUbuhanuzi
Share34Tweet21Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

“Ukuboko kw’Imana kugiye kubagaragarira,”-Umuvugabutumwa Olivienne

by Bahanda Bruce
November 9, 2025
0
“Ukuboko kw’Imana kugiye kubagaragarira,”-Umuvugabutumwa Olivienne

"Ukuboko kw’Imana kugiye kubagaragarira,"-Umuvugabutumwa Olivienne Mu materaniro y’igitondo yo kuri iki cyumweru yabereye mu rusengero All National Assemblies of God ruherereye i Nakivale mu majyepfo y’igihugu cya Uganda,...

Read moreDetails

“Ibyo umuntu abiba, nibyo azasarura”-Ev.Muyuku

by Bahanda Bruce
November 9, 2025
0
“Ibyo umuntu abiba, nibyo azasarura”-Ev.Muyuku

“Ibyo umuntu abiba, nibyo azasarura”-Ev.Muyuku Umuvugabutumwa w’Ijambo ry'Imana, Emil Muyuku uherereye mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, yabwirije ijambo rikora k’ubuzima bwa buri munsi bw’umukristo. Ni...

Read moreDetails

“Imana yavuze ko intambara yarangiye iwacu”- Ubuhanuzi bushya bwa Pastor Kavoma bwitezweho ihumure mu Burasirazuba bwa Congo

by Bahanda Bruce
November 8, 2025
0
“Imana yavuze ko intambara yarangiye iwacu”- Ubuhanuzi bushya bwa Pastor Kavoma bwitezweho ihumure mu Burasirazuba bwa Congo

“Imana yavuze ko intambara yarangiye iwacu”- Ubuhanuzi bushya bwa Pastor Kavoma bwitezweho ihumure mu Burasirazuba bwa Congo Umukozi w’Imana akaba n’umuhanuzi, Pastor Kavoma, yatangaje ubutumwa bushya yahawe n’Imana...

Read moreDetails

“Ibintu 7 biduha kwegera Imana bikadutandukanya na satani burundu” – Umukozi w’Imana Justin Ngendahayo

by Bahanda Bruce
November 4, 2025
0
“Ibintu 7 biduha kwegera Imana bikadutandukanya na satani burundu” – Umukozi w’Imana Justin Ngendahayo

"Ibintu 7 biduha kwegera Imana bikadutandukanya na satani burundu" – Umukozi w’Imana Justin Ngendahayo Justin Ngendahayo, Chairman w’impunzi mu nkambi ya Nakivale akaba n’umukozi w’Imana, yasangije abizera n’Abakristo...

Read moreDetails

“Abanyamulenge babanye n’andi moko neza, igihe kigeze y’amoko arabahindukirana arabanyaga”-Methodiste Libre i Bukavu

by Bahanda Bruce
November 2, 2025
0
“Abanyamulenge babanye n’andi moko neza, igihe kigeze y’amoko arabahindukirana arabanyaga”-Methodiste Libre i Bukavu

"Abanyamulenge babanye n'andi moko neza, igihe kigeze y'amoko arabahindukirana arabanyaga"-Methodiste Libre i Bukavu Ijambo ry'Imana ryavugiwe muri Methodist Libre i Bukavu muri Kivu y'Amajyepfo, ryagaragaje ko "ibihe ari...

Read moreDetails
Next Post
Captain Sébastien Mugunga yishwe arashwe n’abasirikare bagenzi be azira uko yavutse

Captain Sébastien Mugunga Killed by Fellow Soldiers in Uvira Over Ethnic Bias

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?