
Umubare wa bantu baguye m’ubwato, kuri uyu wa Kabiri, tariki 17/10/2023, ni ubwato bwarohamye hafi y’umuhana wa Mbandaka, byavuzwe ko abantu baguye muriyo Mpanuka bagera kuri 47, naho abarenga ijana(100) baburiwe irengero.
Amakuru avuga ko bagikomeje gushakisha ko kandi n’uwari utwaye ubwo bwato nawe yaguye muriyo Mpanuka.
Impanuka zibera mu mazi zikomeje kuba ninshi muri Republika ya Demokarasi ya Congo, aho umubare w’izi Mpanuka umaze kugera k’umubare wa 88, ariko byose bigashinjwa banyiri mato ndetse n’ubuyobozi bwa leta ya Kinshasa, budaha icerekezo ubwikorezi bwo mu Nzuzi.
Nimugihe kandi mw’ijoro ryokuwa Gatanu rishira kuwa Gatandatu, tariki 14/10/2023, ubwato butwara abagenzi bwarohamye hafi naha Mbandaka. Amakuru yemezako abarenga 40 bapfuye ndetse n’abandi benshi baburirwa irengero.
Iyo Mpanuka ikaba yarabereye ku nkombe y’u Mujyi wa Mbandaka, aho ubwato bwitwa Mapomboli bukozwe mubiti bwerekezaga mu Mujyi wa Molomba.
Igihe bwakoze impanuka bwenda kuzika nico gihe bwamenye abantu ndetse n’ibicuruzwa bimeneka mu mazi. Ubu bwarakomeje bugeze ku nkombe yohakurya bwaje gukorwa bwongera kugaruka kugirango burebeko harabo bwoba bukiramiye gusa byaje kuba ibyubusa kuko hari abari bamaze gupfa.
Umwe mubarokotse iyo mpanuka wasazwe aho ubwato bwarohamiye yabwiye itangaza Makuru, ati: “Ubwato twarimo bwahagurutse buva ku kivuko ca Mbandaka, satatu za n’ijoro kuwa Gatanu bwerekeza Muri Centre ya Molomba.”
Yakomeje agira ati: “Abantu barenga ijana ndetse harimo n’ibintu by’ubucuruzi n’ibikoresho byokubaka kubijanye nagahunda ya Guverinoma, byose byarangiritse.”
Irohama ry’ubwo bwato Mapamboli, ryakomotse ku kwikorera ibirenze ibyo bwakabaye bwikorera mugihe umudereva w’ubwato yashakaga kuba yogerageza kuramira abantu nico gihe bwahise bumena abantu ndetse n’ibintu byinshi.
Sosiyete sivile ndetse n’imiryango itegamiye kuri leta, yaburiye abagenzi kuba maso kugira ngo baze birinda Impanuka.
Bruce Bahanda.