• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 23, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Ubusobanuro bw’imbitse ku mpongano y’ibyaha by’abavuka kuri Adamu waremwe n’Imana.

minebwenews by minebwenews
June 17, 2024
in Religion
0
Ubusobanuro bw’imbitse ku mpongano y’ibyaha by’abavuka kuri Adamu waremwe n’Imana.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ubusobanuro bw’imbitse ku mpongano y’ibyaha by’abavuka kuri Adamu waremwe n’Imana.

You might also like

Nyuma yo gutakamba kwa Theo, itorero riyobowe na Bishop Masengo ryamuteye inkunga

Umuyobozi w’Impunzi i Nakivale yatanze ubutumwa mu ijambo ry’Imana abugenera abatuye isi yose

Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n’abitandukanya n’imiryango yabo

Impongano y’ibyaha bivuga ko Yesu yapfuye mu cyimbo cyacu, twebwe abanyabyaha . Ibyanditswe byera bisobanura ko abantu bose ari abanyabyaha, Abaroma 3:9-18,23.

Binavuga ko igihano gikwiye abantu, nk’abanyabyaha ni urupfu. Usomye Abaroma 6:23 havuga ko “kuko ibihembo by’ibyaha ari urupfu, ariko impano y’Imana ni ubugingo buhoraho muri Yesu kristo umwana w’Imana.”

Iki cyanditswe kinigisha ko iyo hataza kuba Kristo twese twari kurimbuka iteka ryose, kubera ibyaha byacu. Kandi ibi byanditswe byo muri Bibiliya bikatubwira ko urupfu ari ugutandukana. Buri muntu wese azapfa, ariko bamwe bajanwe mu ijuru kubana n’Imana ubuziraherezo, abandi bajugunywe mu muriro utazima iteka ryose.

Urupfu hano rero bivuga kujya mu muriro. Ariko nanone, ikindi tubona muri kiriya cyanditswe nuko ubuzima bw’iteka ryose bubonekera muri Yesu kristo. Ibi ni ibyo bita impongano, kujya mu cyimbo cyacu.

Yesu kristo yapfuye ku bwacu ubwo yabambwaga ku musaraba. Nitwe twari dukwiye kujya kuri uriya musaraba, tukicwa kubera ko aritwe banyabyaha. Ariko Yesu yishyizeho igihano cyacu, yagiye mu cyimbo cyacu, ahabwa ibyo twari dukwiriye.

Kuko utigeze kumenya icyaha Imana yamuhinduye icyaha ku bwacu, kugira ngo muri we duhinduke gukiranuka kw’Imana, tubisoma mu rwandiko rw’Abakorinto ba Kabiri, 5:21.

Ubwe yikoreye ibyaha byacu mu mubiri we abibambwanwa ku giti, kugira ngo dupfe ku byaha duhere ko tubeho ku gukiranuka. Imibyimba ye ni yo yabakijije, 1Petero 2:24. Aha nanone hatubwira ko kristo yababarijwe ibyaha by’Abantu rimwe, umukiranutsi ababarizwa abakiranirwa kugira ngo atuyobore ku Mana amaze kwicwa mu buryo bw’umubiri, ariko ahindurwa muzima mu buryo bw’u mwuka, 1Petero 3:18.

Ibi byanditswe ntabwo bivuga gusa ko Yesu yapfuye mu cyimbo cyacu, ahubwo bishimangira ko yatubereye impongano, bikaba bishaka kuvuga ko yarishye igiciro cyo kubabarira ibyaha by’Abantu.

Ikindi cyanditswe kivuga ko iyo ngingo ni 6
Yesaya 53:5. Aha hari ubuhanuzi bwavugaga Yesu kristo wari kuzaza agapfira ku musaraba ku bwibyaha byacu. Ubu buhanuzi bunasobanura ko kubambwa kwa Kristo kwabaye nk’uko aha byari byarahanuwe gukiranirwa kwacu, yashenjaguriwe gukiranirwa kwacu, igihano kiduhesha amahoro cyari kuri we, kandi imibyimba ye ni yo adukirisha . Aha turabona ko Yesu yagiye mu cyimbo cyacu. Yatubereye impongano, yahawe igihano cyacu!

Ku bwacu twashoboraga guhabwa igihano cy’ibyaha byacu tujyanwa mu muriro utazima tukahamara ubuziraherezo. Ariko Yesu kristo, umwami wacu, yaje ku Isi ahabwa igihano kidukwiriye . Kuko ibyo yabidukoreye, ubu dushobora kubabarirwa ibyaha byacu, kandi tukazabana nawe ubuzira herezo. Ibi bikorwa iyo twizeye ibyo Yesu yakoze ku musaraba. Ntitwashobora kwicungura; dukeneye umucunguzi utugira mu cyimbo. Urupfu rwa Kristo niyo mpongano y’ibyaha byacu.

           MCN.
Tags: AbantuIbyahaImponganoYesu kristoYishizeho
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Nyuma yo gutakamba kwa Theo, itorero riyobowe na Bishop Masengo ryamuteye inkunga

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Nyuma yo gutakamba kwa Theo, itorero riyobowe na Bishop Masengo ryamuteye inkunga

Nyuma yo gutakamba kwa Theo, itorero riyobowe na Bishop Masengo ryamuteye inkunga Itorero riherereye i Kigali mu Rwanda rya Foursquare, riyobowe na Bishop Fidel Masengo, ryafashije umuririmbyi uririmba...

Read moreDetails

Umuyobozi w’Impunzi i Nakivale yatanze ubutumwa mu ijambo ry’Imana abugenera abatuye isi yose

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Umuyobozi w’Impunzi i Nakivale yatanze ubutumwa mu ijambo ry’Imana abugenera abatuye isi yose

Umuyobozi w'Impunzi i Nakivale yatanze ubutumwa mu ijambo ry'Imana abugenera abatuye isi yose Ngendahayo Justin, Umuyobozi w'Impunzi mu ikambi z'icyumbikiwemo y'i Nakivale, ha herereye mu majy'Epfo ya Uganda,...

Read moreDetails

Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n’abitandukanya n’imiryango yabo

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
0
Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n’abitandukanya n’imiryango yabo

Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n'abitandukanya n'imiryango yabo Evangelist Chantal Nyamazaire, kuri iki cyumweru tariki ya 12/10/2025, mu nyigisho yabwirije, yavuze ku myitwarire igomba kuranga...

Read moreDetails

Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira

by Bahanda Bruce
October 9, 2025
0
Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira

Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira Dr Lazare Sebitereko Rukundwa, umuyobozi mukuru w'ishuri rya kaminuza rya UEMI rifite icyicaro gikuru mu Minembwe, ahazwi nk'umurwa mukuru w'i Mulenge...

Read moreDetails

Urusika rwari hagati ya 8ème CEPAC na 37ème CADEC rwakuweho-ubuhamya

by Bahanda Bruce
October 7, 2025
0
CEPAC na CADEC nyuma y’igihe kirere bapingana, bahuye basabana imbabazi, inkuru irambuye

Urusika rwari hagati ya 8ème CEPAC na 37ème CADEC rwakuweho-ubuhamya Amatorero abiri yapinganaga kuva mu myaka 40 ishyize, 8ème CEPAC na 37ème CADEC, yasabanye imbabazi mu Minembwe arababarirana,...

Read moreDetails
Next Post
Ingabo za MONUSCO  ziri mu Burasirazuba bwa RDC  zamishijweho urufaya rwa masasu, uti byagenze gute?

Ingabo za MONUSCO ziri mu Burasirazuba bwa RDC zamishijweho urufaya rwa masasu, uti byagenze gute?

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?