
Ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bongeye gutangaza ko batiteze ku ganira n’u mutwe w’inyeshamba wa M23.
Leta ya Kinshasa, ibinyujije mu muvugizi wayo akaba na Minisitiri w’itangaza makuru, Patrick Muyaya, yongeye gushimangira ko ubutegetsi bw’igihugu cye budafite kuzicyarana n’u mutwe bo bita w’iterabwoba wa M23, ngo bakorane ikiganiro ko kandi n’igihe byoba bariya basirikare ba M23 batazinjizwa mu Gisirikare ca RDC.
Yagize ati: “Nti dushobora kwihenda ngo twicarane n’uriya mutwe w’iterabwoba wa M23. Yewe n’igihe byabaye nti bizongera nko mubihe byambere ngo bahite binjizwa mu Gisirikare.”
Muyaya, yakomeje avuga ati: “Ibibazo duhura nabyo k’urugamba n’ukubera abanzi bagiye binjizwa mu Gisirikare cy’igihugu. Igisirikare cyacu kirimo abakigambanira bagiye binjizwa muri ubwo uburyo, igihe hagiye haba ibiganiro by’inyeshamba na leta abadakwiye dusanga binjijwe.”
Kuva intambara yongeye kubura mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, mu mpera z’u mwaka w’2021, Guverinoma ya Kinshasa yakomeje ivuga ko itazaganira n’u mutwe wa M23. Gusa amahanga n’Imiryango itandukanye yagiye isaba ubutegetsi bwa Kinshasa kuganira na M23 ibyo Tshisekedi na bategetsi be bagiye ba bitera utwatsi.
N’ubwo biri uko ihuriro ry’ingabo za Guverinoma ya Kinshasa, zagiye zitsindwa k’urugamba ba hanganyemo na M23 aho ndetse n’ibice byinshi byagiye byi garurirwa n’uriya mu mutwe wa M23, nk’i bice bya Kilolirwe, Mushaki, Kibumba ndetse na Kitshanga u Mujyi w’ingenzi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Bruce Bahanda.