Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ubutegetsi bw’u Rwanda bushinja ishami ry’ita ku mpunzi, UNHCR, ku beshya, menya ibyimbitse.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 12, 2024
in Regional Politics
0
Ubutegetsi bw’u Rwanda bushinja ishami ry’ita ku mpunzi, UNHCR, ku beshya, menya ibyimbitse.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ubutegetsi bw’u Rwanda bushinja ishami ry’ita ku mpunzi, UNHCR, ku beshya.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Ni bikubiye mu itangazo leta ya Kigali yashize hanze kuri uyu wa Kabiri, rihakana ibyo uy’u muryango ushinja u Rwanda ku dufata neza impunzi.

Muri iryo tangazo Kigali yahakanye ibyo birego, yagize ati: “UNHCR irabeshya. Uyu muryango usa n’ushaka kugeza ibirego bihimbano ku nk’iko z’u Bwongereza ku buryo u Rwanda rufatamo abasaba ubuhungiro muri iki gihugu.”

Iri tangazo rivuga kandi ko ibyo UNHCR ibikora ari na ko igifitanye imikoranire na rwo yo kujyana mu Rwanda rutekanye abimukira b’Abanyafrika bavuye muri Libiya, muri gahunda y’ubutabazi bwihuse yo kuba bari mu Rwanda.

Kuva mu 2019, igihugu cy’u Rwanda gikorana na HCR iyo gahunda yo kwakira impunzi, zishirwa mu kigo kizicumbikira by’agateganyo cya Gashora mu karere ka Bugesera mu Burasirazuba bw’u Rwanda, mu gihe ziba zitegereje ikindi gihugu kizakira, benshi bajya i Burayi n’Amerika.

HCR ivuga ko impunzi n’abimukira bo muri iyo gahunda, iterwa inkunga n’umuryango w’ubumwe bw’u Burayi n’umuryango w’ubumwe bw’Afrika, bajyanwa mu Rwanda ku bushake.

Kuva mu 2019 kugera mu mpera z’ukwezi kwa Gatatu uyu mwaka, abagera ku 2,242 bari bamaze kuvanwa muri Libiya, ahari umutekano muke. HCR ivuga kandi ko ifasha abari muri icyo kigo, kuri ubu gifite ubushobozi bwo kwakira abagera kuri 700 icyarimwe.

Kugeza mu mpera z’u kwezi kwa Gatatu uyu mwaka, impunzi 1,623 zimaze kwimurirwa mu bihugu nka Norvège, Suède, Canada, u Bufaransa, u Bubiligi, u Buholande, Finland n’Amerika, aho zagiye gutangira ubundi buzima.

Iyo gahunda y’u Rwanda na HCR itandukanye n’amasezerano u Rwanda rufitanye n’u Bwongereza yo kwakira abasaba ubuhungiro bagera mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko, biteganyijwe ko bazajya bimurirwa mu Rwanda ku gahato, bakaba bashobora kuhasaba ubuhungiro cyangwa gusaba uburenganzira bwo kuhatura.

Leta y’u Rwanda igira iti: “Iki ni ikirego kimwe gusa mu rukurikirane rw’i birego bidafatika na gato UNHCR yadushinje.”

Rukomeza ruvuga ko ikindi kirego kitumvikana ari uko rwimye ubuhungiro itsinda ry’Abarundi , mu byukuri batigeze narimwe basaba ubuhungiro ahubwo batahuwe ko barenze ku mategeko y’iki gihugu cy’u Rwanda.

Kuri icyo kirego, u Rwanda ruvuga ko UNHCR yarushizeho kwiha amenyo y’abasetsi kuko ubu rusanzwe rucumbikiye impunzi z’Abarundi zibarirwa mu bihumbi imirongo.

           MCN.
Tags: AbimukiraImpunziKubeshyaU RwandaUNCHR
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Repubulika ya demokarasi ya Congo, yasubukuye gahunda yo gutera u Rwanda ikarwomeka ku butaka bwayo, menya byinshi kuri iy’i nkuru.

Repubulika ya demokarasi ya Congo, yasubukuye gahunda yo gutera u Rwanda ikarwomeka ku butaka bwayo, menya byinshi kuri iy'i nkuru.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?