• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, April 8, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ubutumwa bw’Ubuhanuzi ku Rugamba rwo mu Burasirazuba bwa RDC: Inzira y’Intsinda n’Icyerekezo cy’Amahoro

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
April 8, 2026
in Conflict & Security
0
Ubutumwa bw’Ubuhanuzi ku Rugamba rwo mu Burasirazuba bwa RDC: Inzira y’Intsinda n’Icyerekezo cy’Amahoro
68
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ubutumwa bw’Ubuhanuzi ku Rugamba rwo mu Burasirazuba bwa RDC: Inzira y’Intsinda n’Icyerekezo cy’Amahoro

You might also like

AFC/M23 Yamaganye Leta y’i Kinshasa Ikomeje Kugaba Ibitero ku Baturage, Igaragaza Aho Byagabwe

AFC/M23 Yafashe Agace kingenzi muri teritware ya Kaleh

FARDC and Burundian Forces Resume Pillaging in Ndondo

Mu gihe umutekano ukomeje kuba ikibazo gikomeye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), humvikanye ubutumwa bw’ubuhanuzi buvuga ku cyerekezo cy’urugamba ruri kubera mu bice bituwe n’Abanyamulenge, cyane cyane mu misozi y’i Mulenge mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu Minembwe, ndetse no mu nkengero z’umujyi wa Uvira.

Uyu muhanuzi akaba n’umushyumba Pasitori Kavoma Sadoki uzwi cyane muri ako karere yavuze ko yahishuriwe n’Imana uburyo uru rugamba ruzagenda n’uko ruzasozwa, ashimangira ko igihe cyo kugera ku ntsinzi kigeze. Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Minembwe Capital News ku mugoroba wo ku wa 07/04/2026, avuga ko yari amaze igihe atemerewe gutangaza ubu butumwa, ariko ko noneho yategetswe kubushyira ahagaragara.

Mu magambo ye, yahumurije abari mu mirwano bahanganyemo n’ingabo za leta FARDC, iz’u Burundi, Wazalendo n’umutwe wa FDLR. Yagaragaje ko ibyagiye bigaragara nko gusubira inyuma kwa bamwe bo mu ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) na MRDP-Twirwaneho mu duce tumwe na tumwe nka Uvira atari intege nke, ahubwo ko byari biri mu mugambi w’Imana ugamije gutegura intsinzi ya nyuma.

Yavuze ko intwaro n’ibikoresho bya gisirikare biri kuzamurwa mu misozi bigamije kugaba ibitero ku Banyamulenge, amaherezo bizigarurirwa na MRDP-Twirwaneho, ashimangira ko nta gikoresho na kimwe kizabacika. Ibi yabihuje n’igihe kigeze cyo guhindura icyerekezo cy’urugamba.

Ku bijyanye n’imigendekere y’imirwano, uyu muhanuzi yatanze inama ko MRDP-Twirwaneho na M23 bagomba kugenda bitonze, bakabanza gusukura neza ibice byose banyuramo kugira ngo birinde gusiga umwanzi inyuma, kuko bishobora kubagiraho ingaruka zikomeye mu gihe bakomeza berekeza ku mujyi wa Uvira baturutse i Ndondo muri grupema ya Bijombo.

Yagaragaje ko urugamba rukomeye ruzabera mu ntera igera kuri kilometero 15 uvuye mu mujyi wa Uvira, unyuze mu kibaya cya Rusizi, aho yavuze ko ari ho hazabera ihuriro rikomeye ry’imirwano ishobora kugena ahazaza h’ako karere.

Ikindi cyagarutsweho ni uko abayobozi bakuru bo mu banzi barwanya Abanyamulenge bazafatwa, ndetse bamwe mu bafite ubumenyi n’ubuhanga bagakoreshwa mu kungura ubumenyi bwa MRDP-Twirwaneho na M23, binyuze mu biganiro no kubavana mu myumvire yo gukorana na Leta y’i Kinshasa n’iya Bujumbura.

Uyu muhanuzi kandi yavuze ko MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 bazahabwa ibikoresho by’ikoranabuhanga bya gisirikare, kandi ko bazabikura ku ngabo zagiye kurwanya Abanyamulenge, bikazabafasha mu kugera ku ntsinzi. Yashimangiye ko ibyo bizaba ari imwe mu nkingi z’ingenzi mu gutsinda uru rugamba.

Ku bijyanye n’ahazaza, ubutumwa bwe bugaragaza ko nyuma y’iyi ntambara hazabanza kubaho igihe cy’amahoro n’ituze, abaturage bagasubira mu byabo. Icyakora, yemeza ko hashobora kuzongera kubaho indi ntambara ikomeye, ishobora kuzarangira itumye igihugu kigabanywamo ibice cyangwa habaho impinduka zikomeye mu mitegekere yacyo.

Mu gusoza ubutumwa bwe, yashimiye MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 ku kwihangana bagaragaza, abizeza ko intsinzi iri hafi kugerwaho, anizeza abaturage ko amaherezo bazabona amahoro arambye bakongera kubaho mu mutuzo.

Ubu buhanuzi buje mu gihe akarere gakomeje kuba mu bihe bikomeye by’umutekano muke, bukaba butanga ishusho y’icyizere ku ruhande rumwe, n’impungenge ku hazaza h’akarere ku rundi ruhande, bitewe n’uko bugaragaza ko n’ubwo amahoro ashobora kuboneka, hatabura imbogamizi z’indi.

Tags: RdcUbuhanuzi
Share27Tweet17Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

AFC/M23 Yamaganye Leta y’i Kinshasa Ikomeje Kugaba Ibitero ku Baturage, Igaragaza Aho Byagabwe

by Bahanda Bruce
April 7, 2026
0
AFC/M23 Yamaganye Leta y’i Kinshasa Ikomeje Kugaba Ibitero ku Baturage, Igaragaza Aho Byagabwe

AFC/M23 Yamaganye Leta y’i Kinshasa Ikomeje Kugaba Ibitero ku Baturage, Igaragaza Aho Byagabwe Itangazo rya AFC/M23 ryo kuri uyu wa 07/04/2026 risobanura uko umutekano uhagaze n’ibikorwa bya gisirikare...

Read moreDetails

AFC/M23 Yafashe Agace kingenzi muri teritware ya Kaleh

by Bahanda Bruce
April 7, 2026
0
AFC/M23 Yafashe Agace kingenzi muri teritware ya Kaleh

AFC/M23 Yafashe Agace kingenzi muri teritware ya Kaleh Umujyi muto wa Tushunguti, uherereye muri teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Read moreDetails

FARDC and Burundian Forces Resume Pillaging in Ndondo

by Bahanda Bruce
April 7, 2026
0
FARDC and Burundian Forces Resume Pillaging in Ndondo

FARDC and Burundian Forces Resume Pillaging in Ndondo Reliable sources from Ndondo in the Bijombo groupement report that security continues to deteriorate in the area, with looting and...

Read moreDetails

FARDC n’Ingabo z’u Burundi Bongeye Gusahura ku Ndondo

by Bahanda Bruce
April 7, 2026
0
Ibitero Bikomeye by’Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya RDC byibasiye Abaturage b’i Ndondo

FARDC n’Ingabo z’u Burundi Bongeye Gusahura ku Ndondo Amakuru yizewe aturuka mu bice by’i Ndondo muri grupema ya Bijombo agaragaza ko umutekano ukomeje kuzamba muri ibyo bice, aho...

Read moreDetails

Mikenge: MRDP-Twirwaneho Ihanganye na FARDC n’Abafatanyabikorwa Bayo

by Bahanda Bruce
April 7, 2026
0
Mikenge: MRDP-Twirwaneho Ihanganye na FARDC n’Abafatanyabikorwa Bayo

Mikenge: MRDP-Twirwaneho Ihanganye na FARDC n’Abafatanyabikorwa Bayo Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 07/04/2026, habaye igitero gikomeye mu gace ka Mikenge, muri secteur ya Tombwe,...

Read moreDetails
Next Post
Byinshi ku nkongi n’iturika ry’intwaro mu bubiko bwazo i Bujumbura

Amayobera ku Iturika ry'Intwaro ku Musaga: Imibare Itavugwaho Rumwe n’Agahinda k’Ababuze Ababo Bikomeje Gushimangira Ibibazo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?