Ubuyobozi bw’ibanze bwavuze ku nkongi y’Umuriro yibasiye amazu i Bukavu
Ni bura abantu 14 ni bo bahasize ubuzima mu nkongi y’umuriro yadutse mu mujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’i ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nk’uko ubuyobozi bw’ibanze bubivuga.
Iyi nkongi y’umuriro yadutse mu ijoro ryo ku cyumweru rishyira ku wa mbere, itariki ya 27/10/2025.
Amakuru aturuka muri icyo gice akavuga ko wadutse hafi y’itorero rya Funu Nuru, kuri Avenue Maendeleo mu gace ka Mosala.
Umubare w’abapfuye n’agateganyo. Kandi n’iyi nkongi ntiharamenyekana icyayiteye, kuko ubwo yadukaga aba bapfuye bari baryamye.
Umuryango wa Croix-Rouge wageze aho, hamwe n’urubyiruko rwaho, bafatikanya gukora ubutabazi, aho barimo bavana imirambo yahiye mu matongo.
Umuyobozi w’agace ka Mosola, Patrick Lubala, yavuze ko amarangamutima yari yose iruhande rw’imibiri yahiye ku buryo utamenya abapfuye.
Ati: “Inzu zirindwi zahiye zirakongoka kandi 4 murizo zirasenywa kugira ngo umuriro udakwira. Ubu turi kwimurira abapfuye mu buruhukiro bw’ibitaro bya Bukavu.”
Ibyo byabaye mu gihe kandi mu cyumweru gishize, abana batatu bo mu muryango umwe na bo bapfiriye mu nkongi y’umuriro mu gace ka Nyalukembe, kuri avenue Kayabu 2, aha i Bukavu.






