Ubwato Bwarimo Abimukira Bwarohamye, Abatari Bake Bahasiga Ubuzima
Minisiteri y’Ingabo za Gambia yatangaje ko abantu barindwi bapfuye, mu gihe abandi 96 barokotse, nyuma y’uko ubwato bwari butwaye abimukira barenga 200 burohamye mu ijoro rishyira ku wa Kane, mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’iki gihugu.
Iyi mpanuka yongeye kugaragaza ubukana n’akaga gakomeye biranga inzira zo kwimukira i Burayi, cyane cyane inzira ikoreshwa n’abimukira bo muri Afurika y’Iburengerazuba bagerageza kugera muri Espagne banyuze ku birwa bya Canary Islands, izwi nk’imwe mu nzira mbi kandi ihitana ubuzima bwa benshi ku Isi.
Nk’uko Minisiteri y’Ingabo za Gambia yakomeje ibitangaza, ubu bwato bivugwa ko bwarohamye ahagana saa sita z’ijoro, hafi y’agace ka North Bank Region. Nyuma yaho bwaje gusangwa aho bwaguye ku mucanga, bituma hatangira igikorwa gikomeye cyo gushakisha abarokotse n’imirambo y’abapfuye.
Igikorwa cyo gutabara cyitabiriwe n’amato atatu ya gisirikare yihuta (naval speedboats), ubwato bumwe bwo kugenzura inkombe (coastal patrol vessel), ndetse n’ubwato bw’uburobyi bw’abaturage bo muri ako gace, bagize uruhare mu gutanga ubufasha ku bushake, nk’uko byemejwe n’itangazo rya Minisiteri y’Ingabo.
Mu barokotse, icumi barababaye bikomeye kandi bari kwitabwaho n’abaganga. Minisiteri ntiyatangaje ubwenegihugu bw’abo bimukira, gusa bikekwa ko benshi bakomoka mu bihugu byo muri Afurika y’Iburengerazuba.
Iyi mpanuka ibaye mu gihe imibare igaragaza ubukana bw’ikibazo cy’abimukira. Mu mwaka wa 2024, abimukira barenga 46,000 binjiye mu birwa bya Canary Islands mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bikaba ari yo mibare ihanitse kurusha indi yose yigeze igaragara, nk’uko byatangajwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU). Muri uwo mwaka kandi, abantu barenga 10,000 bapfiriye muri urwo rugendo, bikaba byariyongereyeho 58% ugereranyije n’umwaka wa 2023, nk’uko byatangajwe n’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu.
Gusa, mu mezi 11 y’umwaka wa 2025, Frontex, ikigo cy’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi gishinzwe kurinda imipaka, cyatangaje ko umubare w’abimukira banyuze mu nzira yo muri Afurika y’Iburengerazuba wagabanutseho 60%.
Frontex isobanura ko iri gabanuka riterwa ahanini n’ingamba zikomeye zo gukumira kwimuka zashyizweho n’ibihugu abimukira bahagurukamo, ku bufatanye n’ibihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.
Nubwo izi mpinduka zigaragara, ingaruka z’izi ngendo ziracyari mbi. Mu kwezi kwa munani k’umwaka ushize wa 2025, byibuze abantu 70 barapfuye ubwo ubwato bivugwa ko bwari buturutse muri Gambia bwarohamaga, ikaba yari imwe mu mpanuka mbi cyane zabaye mu myaka ya vuba ishize.
Ibi bikomeje kugaragaza ko, n’ubwo hashyizweho ingamba zo gukumira, inzira z’abimukira zigihitana ubuzima bwa benshi, bigaragaza ko hakenewe ubufatanye mpuzamahanga mu gukemura ibibazo bituma abantu bahunga iwabo, bajya gushaka imibereho myiza mu Burayi no mu bindi bice by’Isi.






