Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Uganda: mu giterane cyo gusoza Pasika, Ev. Biganza Moïse yabwirije ko haba icyaha kimwe gusa cyo “ku tizera Yesu kristo.”

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 31, 2024
in Religion
0
Uganda: mu giterane cyo gusoza Pasika,  Ev. Biganza Moïse yabwirije ko haba icyaha kimwe gusa cyo “ku tizera Yesu kristo.”
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umubwiriza butumwa wagabuye ijambo ry’Imana kuri uyu munsi wo gusoza igiterane cya Pasika, yabwirije ko haba icyaha kimwe gusa, “ukutizera.”

You might also like

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi.

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

Ni Biganza Moïse usanzwe ari umuvugabutumwa mu Bihugu byo mu Burasirazuba bw’Afrika(EAC), Rwanda, Congo, Uganda Kenya n’ahandi.

Biganza Moïse ubu butumwa yabutanze mu giterane cyahuje amatorero ahuriye muri Fellowship ya Ebenezer, ahari inkambi y’impunzi z’Abanyamulenge n’abandi. Ni mugace ka Isingiro district, ahitwa Nakivale, mu majyepfo y’igihugu cya Uganda.

Iki giterane cyatangiye ku wa Gatanu, kikaba gisoje kuri uyu wo ku Cyumweru, tariki ya 31/03/2024.

Mu butumwa bwiza Biganza Moïse yatanze yavuze ko “Haba icyaha ki mwe gusa.”

Yagize ati: “Icyaha ni kimwe ni ukutizera Yesu Kristo. Ibindi byaha abantu bakora babikora kuko batizera.”

“Icyaha kizatuma abantu batabona Yesu ni kimwe n’uko bazaba barabuze ukwizera ariko uwizera Yesu wese azabona Imana.”

Yakomeje agira ati: “Umurimo ni umwe ni uko twizera Yesu; indi mirimo yose dukora tutizera Yesu nk’u mwami wacu n’umukiza ni imfa busa”

Biganza Moïse yanavuze ko igihe Imana igize uwo ihamagara ngo ayikorere ibikora kugira ngo ashireho ibikorwa bishingiye ku kwizera. Aha yatanze n’urugero rwa Abraham, avuga ko Imana ya muhamagaye ngwave muri muri Uru y’Abakaruduyo yari rimo amatwara Imana itishimiye, kugira ngo aje gushinga andi matwara ashingiye ku kwizera Imana.

Ati: “Imana yahaye Abraham igihugu ngo agishingemo amategeko ashingiye ku kwizera. Abaheburayo bivuze abantu bavuye mu butware bw’isi, bashireho imikorere ishingiye ku kwizera Imana.”

Yavuze kandi ko “Ukwizera abakirisitu bagukomora kuri Abraham, Daudi na Yesu kristo.”

Yakomeje avuga ko “Yesu naza kujana itorero rye, abazamwitaba ari abazaba bafite kwizera gusa, kudashingira ku bikorwa.”

Ev. Biganza Moïse yasoje avuga impamvu zitatu zatumye Yesu apfa akazuka:

Avuga ko yapfuye arazuka,

  1. Kugira ngo azabe umwami wabazima n’abapfuye (iyo upfuye ubutangiye urundi rugendo), nyuma yogupfa hari ubugingo.
  2. Kwari ukugira ngo natwe dupfe tuzabeho kubwe.
  3. Kugira ngo n’ubwo dupfa ku mubiri ariko tuzabeho mu buryo bw’u mwuka(mu bugingo buhoraho).”

Nyuma y’ijambo hakurikiyeho igisirimba cyabayemo umunezero utarigeze ubaho n’ikindi gihe.

Iki gisimba cyagaragayemo abayumbe barimo Gahungu Freddy, Ntuyahayo Deon, Umuhanuzi Dieudonne n’abandi benshi basanzwe mu kiyumbe cya Nakivale.

         MCN.
Tags: EbenezerEv Biganza MoïseFellowshipIcyaha ni kimweIgisirimbaPasikaUkutizera Yesu
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

by Bruce Bahanda
July 11, 2025
0
Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n'uruva gusenya. Sergei Torop wiyitaga Yesu w'isiberiya yakatiwe gufungwa imyaka 12 hamwe n'ibyegera bye, kubera ko yashyize mu kaga ubuzima n'imitingo bya bamwe...

Read moreDetails

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi.

by Bruce Bahanda
July 6, 2025
0
Perezida Kagame yaburiye abavuga ko bazatera u Rwanda.

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yagiriye inama urubyiruko rwishora mu businzi, arubwira ko ahubwo rukwiye gukora rukiteza imbere ngo kuko...

Read moreDetails

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

by Bruce Bahanda
June 29, 2025
0
Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya. Mu Rugezi ho muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, umutwe wa Twirwaneho n'uwa M23 bihagenzura, byatashye urusengero rwabo rushya, nk'uko...

Read moreDetails

Iyerekwa ridasanzwe Munyaburanga aheruka guhabwa.

by Bruce Bahanda
June 27, 2025
0
Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

Iyerekwa ridasanzwe Munyaburanga aheruka guhabwa. Charles Munyaburanga uri mu Banyamulenge bakora ivugabutumwa hirya no hino ku isi, yahawe iyerekwa ridasanzwe ubwo yari mu masengesho asengera igihugu cye cya...

Read moreDetails

Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

by Bruce Bahanda
June 23, 2025
0
Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa Congo, ivuga no kuri Twirwaneho na M23. Ubuhanuzi bukomeye kuri Twirwaneho na M23 bwatanzwe n'Umuhanuzi w'Imana uri mu...

Read moreDetails
Next Post
Havuzwe ibindi bishya ku ntambara iri kubera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo z’u butegetsi bwa Tshisekedi.

Havuzwe ibindi bishya ku ntambara iri kubera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, hagati ya M23 n'ihuriro ry'Ingabo z'u butegetsi bwa Tshisekedi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?