Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Uko byari byifashe mu rubanza rwabashatse guhirika ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi i Kinshasa.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 8, 2024
in Regional Politics
0
Uko byari byifashe mu rubanza rwabashatse guhirika ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi i Kinshasa.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abaheruka kugerageza guhirika ubutegetsi muri Repubulika ya demokarasi ya Congo baciriwe urwo gupfa.

You might also like

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Ni urubanza rw’abantu bagera kuri 50 bashinjwa kuba baragize uruhare muri kudeta yapfubijwe n’igisirikare cya leta ya Kinshasa, mu kwezi gushize.

Abari muri iyi dosiye bose bagera kuri 53, barimo abanyamahanga bab’Anyamerika batatu n’abagore bane bafite ubwenegihugu bwa Congo.

Mu baburanishijwe, harimo Christian Malanga ushinjwa kugira uruhare runini mu mugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi. Malanga afite ubwenegihugu bwa Amerika yishwe umugambi wo guhirika ubutegetsi ukirimo.

Nubwo yapfuye, ariko yari ku rutonde rw’ababurana. Umuhungu wiwe Marcel Malanga, ufite ubwenegihugu bw’Amerika na we yari mubaburanye, kimwe n’abandi banyamerika babiri, barimo ufatwa nk’inshuti yahafi ya Christian Malanga.

Jean-Jacque Wondo, inararibonye mu bya gisirikare, akaba n’umubiligi ufite inkomoko muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, nawe yaburanye. Arashinjwa kuba yarabaye mu bateguye umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Kinshasa. Me. Masingo Shela uburanira Wondo yabwiye itangaza makuru ko ashinjwa kuba yarafashije abashatse guhirika ubutegetsi. Shela nuwo aburanira bahakanye ibyo baregwa, bavuga ko biteguye kuburana.

Abashinjwa gushaka guhirika ubutegetsi bwa Kinshasa baburaniye murukiko rwa gisirikare ruri i Gombe. Urubanza rwabo rwakurikiranwe n’abaserukiye ibihugu byabo, cyane cyane ibyo mu Burayi.

Byumwihariko ibyaha abari muri iyi dosiye bashinjwa, birimo kugerageza guhirika ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi, iterabwoba, gutanga uburyo bwo gufasha abakora itera bwoba, gutunga imbunda batazifitiye uruhushya, kugerageza kwica bamwe mu bategetsi ba Congo, ubwicanyi, no kwifatanya n’inkozi zikibi.

Abakora mu ishamyi ry’ikiremwa muntu muri RDC, bavuze ko batizeye ubucamanza bw’iki Gihugu.

Ibyo bibaye mu gihe bamwe mu basirikare bakuru b’iki Gihugu bashinjwa kwica abasirikare bakekwa ko bari muri uyu mugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi, wapfubye ku itariki ya 19/05/2024, nkuko iy’i nkuru tuyikesha ibiro ntara makuru by’Abafaransa, AFP.

Tubibutsa ko uru rubanza ko rwabaye kuri uyu wa Gatanu, rubera i Kinshasa.

                     MCN.
Tags: Baciriwe urwo gupfaChristian Malanga MusumariGushaka guhirika ubutegetsiKinshasaUrubanza
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Kwa Tshisekedi barakajwe n'itsinda ry'abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23. Repubulika ya demokarasi ya Congo yagaragaje ko yababajwe n'urwego rwa karere ka Afrika y'ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura...

Read moreDetails

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails
Next Post
Hagaragajwe uburyo butatu bwafasha abantu kumenya uko ubuzima bwabo buhagaze.

Hagaragajwe uburyo butatu bwafasha abantu kumenya uko ubuzima bwabo buhagaze.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?