• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Uko byifashe i Goma nyuma y’aho M23 ihafashe.

minebwenews by minebwenews
January 28, 2025
in Regional Politics
0
Menya icyo u Burundi buri kuvuga ku mujyi wa Goma wa fashwe na m23.
94
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uko byifashe i Goma nyuma y’aho M23 ihafashe.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Amakuru ava mu mujyi wa Goma mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, avuga ko kuva mu ijoro ryaraye rikeye kugeza ubu ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri hatakirimo humvikana amasasu menshi nko ku wa mbere, nyuma yaho habaye urugamba rukomeye hagati y’ihuriro ry’ingabo za Congo, rugasiga uyu mujyi wose wigaruriwe n’umutwe wa M23.

Kugeza ubu biracyagoranye kumenya ama quartier yihishemo abarwana ku ruhande rwa Leta (FARDC, FDLR na Wazalendo), mu gihe umutwe wa M23 wamaze kubohoza uyu mujyi wa Goma, nk’uko wabitangaje ahar’ejo tariki ya 27/01/2025.

Itangazo igisirikare cya Uruguay gifite Ingabo ziri mu butumwa bwa MONUSCO, cyashyize hanze rivuga ko nyuma y’umuhate wa Monusco, impande zombi zihanganye zumvikanye agahenge zivugana ko ako gahenge gatangira kubahirizwa saa moya zijoro ryaraye rikeye.

Gusa ntacyo umutwe wa M23 uratangaza kubyerekeye aka gahenge.

Umuturage ukorera muri uyu mujyi wa Goma yabwiye Minembwe.com ko kuva mu ijoro hatuje, nubwo hakiri amasasu make bakicyumva hirya no hino.

Yongeye kandi ati: “Ariko ibintu biracyagoranye, kuko umuriro, amazi n’ibindi nk’ubucuruzi ntabyo.”

Gusa andi makuru avuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, mu gice cya Goma cyegereye u Rwanda werekeza i Rubavu, humvikanye ibiturika byinshi birimo n’ibibunda binini.

Ndetse kandi n’uruhande rwa Leta ya Kinshasa ruri kuvuga ko rwisubije ibice byinshi bya Goma byari byafashwe na M23 ariko ibi si ukuri nk’uko abaturiye uwo mujyi babihamya.

Umwe yagize ati: “Goma yose yafashwe. M23 niyo iyigenzura. Ibindi mwumva ni bihuha.”

Ibinyamakuru byo muri ibi bice nabyo biri kuvuga ko imirwano yo ku wa mbere i Goma yahitanye abasivile 17 n’aho abasaga 120 barakomereka.

Ku rundi ruhande, Leta ya Kinshasa yasabye ko akanama ka Loni gashyinzwe amahoro ku isi ka kongera guterana. Kandi ko aka kanama kahita gafatira u Rwanda ibihano bikakaye, urwo ishinja gutera inkunga umutwe wa M23.

U Rwanda ruhakana gutera inkunga umutwe wa M23, hubwo rugashinja Leta ya Kinshasa gukorana byahafi n’umutwe wa FDLR urimo abasize bakoze jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Ikindi kandi mu ijoro ryaraye rikeye, Perezida Félix Tshilombo yakoranyije inama y’abakuriye inzego nkuru zigihugu ngo bige ku buryo ibintu byifashe mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokorasi ya Congo, nk’uko byatangajwe na Vital Kamerhe ukuriye inteko ishinga mategeko.

Kamerhe yavuze ko muri iyo nama bize uko i Goma hasubira ubutegetsi bwe mewe na Leta.

Yagize ati: “Nta byinshi ntangaza, kuko Perezida wa Repubulika, Félix Tshilombo araza kugeza ijambo ku Gihugu.”

Gusa igihe perezida Félix Tshisekedi ageza ijambo ku Gihugu ku ngingo zafashwe na Leta ayoboye, ntikizwi.

Andi makuru ava i Goma ahamya ko Ingabo Leta ya Kinshasa yiyambaje kugira ngo ziyifashe kurwanya M23, zamaze gucika intege zikaba zamaze no gukuramo akabo karenge. Zimwe muri zo zahungiye ku kibuga cy’indege izindi zishyikirije abarwanyi ba M23. Ahanini izo ngabo zigwiriyemo iz’u Burundi, iza Afrika y’Epfo, Malawi na Tanzania.

Tags: FardcGomaM23Tshisekedi
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Lt Col.Willy Ngoma yatanze umucyo kugenzura umujyi wa Goma.

Lt Col.Willy Ngoma yatanze umucyo kugenzura umujyi wa Goma.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?