• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, March 11, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Uko byifashe i Goma nyuma y’aho M23 ihafashe.

minebwenews by minebwenews
January 28, 2025
in Regional Politics
0
Menya icyo u Burundi buri kuvuga ku mujyi wa Goma wa fashwe na m23.
95
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uko byifashe i Goma nyuma y’aho M23 ihafashe.

You might also like

Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris

Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda

Amakuru ava mu mujyi wa Goma mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, avuga ko kuva mu ijoro ryaraye rikeye kugeza ubu ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri hatakirimo humvikana amasasu menshi nko ku wa mbere, nyuma yaho habaye urugamba rukomeye hagati y’ihuriro ry’ingabo za Congo, rugasiga uyu mujyi wose wigaruriwe n’umutwe wa M23.

Kugeza ubu biracyagoranye kumenya ama quartier yihishemo abarwana ku ruhande rwa Leta (FARDC, FDLR na Wazalendo), mu gihe umutwe wa M23 wamaze kubohoza uyu mujyi wa Goma, nk’uko wabitangaje ahar’ejo tariki ya 27/01/2025.

Itangazo igisirikare cya Uruguay gifite Ingabo ziri mu butumwa bwa MONUSCO, cyashyize hanze rivuga ko nyuma y’umuhate wa Monusco, impande zombi zihanganye zumvikanye agahenge zivugana ko ako gahenge gatangira kubahirizwa saa moya zijoro ryaraye rikeye.

Gusa ntacyo umutwe wa M23 uratangaza kubyerekeye aka gahenge.

Umuturage ukorera muri uyu mujyi wa Goma yabwiye Minembwe.com ko kuva mu ijoro hatuje, nubwo hakiri amasasu make bakicyumva hirya no hino.

Yongeye kandi ati: “Ariko ibintu biracyagoranye, kuko umuriro, amazi n’ibindi nk’ubucuruzi ntabyo.”

Gusa andi makuru avuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, mu gice cya Goma cyegereye u Rwanda werekeza i Rubavu, humvikanye ibiturika byinshi birimo n’ibibunda binini.

Ndetse kandi n’uruhande rwa Leta ya Kinshasa ruri kuvuga ko rwisubije ibice byinshi bya Goma byari byafashwe na M23 ariko ibi si ukuri nk’uko abaturiye uwo mujyi babihamya.

Umwe yagize ati: “Goma yose yafashwe. M23 niyo iyigenzura. Ibindi mwumva ni bihuha.”

Ibinyamakuru byo muri ibi bice nabyo biri kuvuga ko imirwano yo ku wa mbere i Goma yahitanye abasivile 17 n’aho abasaga 120 barakomereka.

Ku rundi ruhande, Leta ya Kinshasa yasabye ko akanama ka Loni gashyinzwe amahoro ku isi ka kongera guterana. Kandi ko aka kanama kahita gafatira u Rwanda ibihano bikakaye, urwo ishinja gutera inkunga umutwe wa M23.

U Rwanda ruhakana gutera inkunga umutwe wa M23, hubwo rugashinja Leta ya Kinshasa gukorana byahafi n’umutwe wa FDLR urimo abasize bakoze jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Ikindi kandi mu ijoro ryaraye rikeye, Perezida Félix Tshilombo yakoranyije inama y’abakuriye inzego nkuru zigihugu ngo bige ku buryo ibintu byifashe mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokorasi ya Congo, nk’uko byatangajwe na Vital Kamerhe ukuriye inteko ishinga mategeko.

Kamerhe yavuze ko muri iyo nama bize uko i Goma hasubira ubutegetsi bwe mewe na Leta.

Yagize ati: “Nta byinshi ntangaza, kuko Perezida wa Repubulika, Félix Tshilombo araza kugeza ijambo ku Gihugu.”

Gusa igihe perezida Félix Tshisekedi ageza ijambo ku Gihugu ku ngingo zafashwe na Leta ayoboye, ntikizwi.

Andi makuru ava i Goma ahamya ko Ingabo Leta ya Kinshasa yiyambaje kugira ngo ziyifashe kurwanya M23, zamaze gucika intege zikaba zamaze no gukuramo akabo karenge. Zimwe muri zo zahungiye ku kibuga cy’indege izindi zishyikirije abarwanyi ba M23. Ahanini izo ngabo zigwiriyemo iz’u Burundi, iza Afrika y’Epfo, Malawi na Tanzania.

Tags: FardcGomaM23Tshisekedi
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (East African Community – EAC) ukomeje guhura n’ikibazo gikomeye cy’ibura ry’amafaranga, gishobora kugira ingaruka zikomeye...

Read moreDetails

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ari mu bayobozi bakomeye ku isi bitabiriye inama mpuzamahanga ya kabiri...

Read moreDetails

Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda

Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda Amakuru aturuka mu nzego zikurikirana ibibera muri politiki y’akarere k’Ibiyaga Bigari akomeje kugaragaza ko...

Read moreDetails

EAC Yahagurukiye Ikibazo cy’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
EAC Yahagurukiye Ikibazo cy’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC

EAC Yahagurukiye Ikibazo cy’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, uzwi nka East African Community (EAC), wasabye impande zihanganye mu ntambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika...

Read moreDetails

Uvira: Ihuriro Rikomeye ry’Ingamba z’Igihe Kirekire za FDLR n’Ingaruka Zabyo ku Mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
March 9, 2026
0
Loni Yashinje Ingabo za Leta ya RDC n’Umutwe wa FDLR Gukora Ihohoterwa Rishingiye ku Gitsina ku Baturage

Uvira: Ihuriro Rikomeye ry’Ingamba z’Igihe Kirekire za FDLR n’Ingaruka Zabyo ku Mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari Mu mujyi wa Uvira, umwe mu mijyi ifite uruhare rukomeye mu ntara ya...

Read moreDetails
Next Post
Lt Col.Willy Ngoma yatanze umucyo kugenzura umujyi wa Goma.

Lt Col.Willy Ngoma yatanze umucyo kugenzura umujyi wa Goma.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?