Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Uko byifashe ku mirongo y’urugamba hagati ya M23 na FARDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 24, 2025
in Regional Politics
0
M23 nyuma yogufata umujyi wa Minova yafashe utundi duce twingenzi muri Kivu y’Epfo.
143
SHARES
3.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uko byifashe ku mirongo y’urugamba hagati ya M23 na FARDC.

You might also like

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Umutwe wa M23 nyuma yo kwigarurira centre ya Sake na Kanyamahoro, wemeje ko uri mu nzira ujya kwigarurira Goma kugira ngo utabare abaturage bagize igihe mukaga baterwa n’uruhande rwa Leta.

Ni byatangajwe n’umuvugizi wa M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka aho yatanze ubutumwa ku munsi w’ejo hashize tariki ya 23/01/2025, agira ati: “Abaturage ba Goma baratesetse cyane kimwe n’abandi Banye-Kongo. AFC/M23 iri mu nzira ijya kubabohora, bityo bagomba kwitegura kwakira uku kubohorwa.”

Yavuze ko abaturage b’i Goma bagomba kwitegura kwakira kuba mu mahoro.

Kimwecyo uyu mutwe wa M23 wanaburiye ingabo z’umuryango wa SADC n’iza MONUSCO izo bashinja kujana ibibunda binini ahabereye intambara, uvuga ko ushobora kwirwanaho ndetse kandi wemeza ko izi ngabo ziteguye kubagabaho ibitero.

Ati: “Ibimenyetso byose birerekana ko MONUSCO na SAMIDRC bitegura ku dutera, ku bw’iyo mpamvu turirwanaho.”

Uyu mutwe wari wanavuze ko mu itangazo basohoye tariki ya 22/01/2025 babwiye ingabo za MONUSCO na SAMIDRC ko batari mu bo barwana.

Uyu mutwe kandi urashinja ingabo za FARDC kurasa mu nkambi y’abakuwe mu byabo iri mu bice bya Bulenga, muri teritware ya Nyiragongo, ibisasu bigahitana ubuzima bw’abasivile.

Umuvugizi wa M23 mu bya politiki wungirije, Oscar Barinda yavuze ko icyo bashaka ari inzira y’ibiganiro, avuga ko umujyi wa Goma batawugose kugira ngo abawutuye baje mu kaga, hubwo ko bashaka amahoro.

Imirwano yabaye ahar’ejo nti yabereye i Sake gusa, kuko kandi yanabereye mu misozi ya Kanyamahoro muri teritware ya Nyiragongo hafi n’umujyi wa Goma. Byanarangiye uyu mutwe wigaruriye aka gace ka Kanyamahoro na Sake n’utundi duce duherereye hafi yahabereye intambara.

Hagataho, i Goma bamwe mu baturage baho bahungiye mu Rwanda ndetse kandi mu bahungiye muri iki Gihugu cy’igituranyi barimo n’abadipolomate.

Tags: FardcGomaM23SADCSamidrc
Share57Tweet36Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails
Next Post
RDC yabujije ingendo zo mu mazi kubera umutekano muke.

Iby'urupfu rwa Maj Gen Peter Cirumwami wishwe arashwe.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?