Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Uko byifashe mu Bibogobogo aharaye hageze ingabo nyinshi z’u Burundi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 17, 2025
in Regional Politics
0
Ingabo z’u Burundi nyinshi zakiriwe mu Bibogobogo.
117
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uko byifashe mu Bibogobogo aharaye hageze ingabo nyinshi z’u Burundi.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ingabo z’u Burundi zaraye zihurutse mu Bibogobogo muri teritware ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, zahashyinze ikambi zibiri, ariko biravugwa ko zaba zije guhiga Twirwaneho, nk’uko aba basirikare banabyivugiye.

Ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa gatanu tariki ya 17/01/2025 ni bwo abasirikare b’u Burundi babarirwa muri magana atatu bahurutse mu Bibogobogo, aho baje baturutse i Gafurwe no mu bindi bice byo muri teritware ya Fizi na Uvira.

Aya makuru ava mu Bibogobogo avuga ko aba basirikare b’u Burundi bahitiye mu ikambi ya FARDC ira hitwa ku Musaraba ikaba iyo bowe na Col.Ntagawa.

Nk’uko abaturage baturiye ibyo bice batanze umucyo kuri aba basirikare bavuze ko baje gutura.

Umwe muri abo baturage wavugana na Minembwe.com yagize ati: “Aba basirikare babaye abo gutura. Bubatse ikambi imwe hafi n’aho iya FARDC y’ubatse ku Musaraba. Indi kambi yabo bayishyinze kuri Nyagisozi.”

Uyu muturage yakomeje avuga ko ngo nubwo aba basirikare batangiye kubaka amakambi yabo muri ibi bice byo muri Bibogobogo, ariko ko batazi ikibagenza, nyamara kandi ngo bigakekwa ko baje guhiga Twirwaneho.

Yanavuze ko ubwo baherukaga muri Bibogobogo mu mezi make ashize, basize bavuze ko bazagaruka kandi ko bazaba baje guhiga Twirwaneho, Red-Tabara na M23 nubwo ayo matsinda yavuzwe atabarizwa muri ibyo bice kandi akaba atanahuje umurongo wa politiki.

Umutwe wa M23 urwanira mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, uvuga ko urwanira ukubaho kwabo nk’abandi Banye-Kongo, naho Twirwaneho ikaba igizwe n’Abanyekongo ba Banyamulenge birwanaho mu gihe bagabweho ibitero bya Maï-Maï; mu gihe Red-Tabara yo ari umutwe w’itwaje imbunda urwanya ubutegetsi bw’u Burundi.

Sibyo byonyine yavuze kuri izo ngabo z’u Burundi, kuko yanavuze ko muri icyo gihe zari muri ibi bice zasabye abaturage ba Banyamulenge kwirinda gufatanya na Twirwaneho, ndetse kandi banavuga ko mu kugaruka kwabo bizatungura abaturiye ibyo bice.

Ni nako byagenze kuko abaturage babyutse muri iki gitondo cyo kuri uyu wa gatanu basanga izo ngabo z’u Burundi ziri gutambagira muri ibi bice by’iwabo.

Tags: BibogobogoIngabo z'u BurundiTwirwaneho
Share47Tweet29Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Israel na Hamas bigeze ku ntambwe ya nyuma mu guhagarika intambara.

Israel na Hamas bigeze ku ntambwe ya nyuma mu guhagarika intambara.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?