• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, January 19, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Uko mu Minembwe byifashe ndetse n’ibikomeje kuhabera ikibazo birimo na drone.

minebwenews by minebwenews
May 22, 2025
in Conflict & Security
0
Uko mu Minembwe byifashe ndetse n’ibikomeje kuhabera ikibazo birimo na drone.
96
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uko mu Minembwe byifashe ndetse n’ibikomeje kuhabera ikibazo birimo na drone.

You might also like

Abanyamulenge Bahungiye i Kamanyola Nyuma y’Ihungabana Rikomeye ry’Umutekano i Uvira

Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC

Impungenge n’Icyitonderwa ku Mutekano w’Umujyi wa Uvira Nyuma y’Igenda ry’Ingabo za AFC/M23

Nyuma y’aho umutwe wa Twirwaneho ufashe umujyi wa Minembwe uherereye muri Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, ibirimo umunyu, amasabune, isukari n’amazutu byahise bibura ku mpamvu zuko inzira zihuza uyu mujyi n’ibice ibyo bicuruzwa biturukamo byahungiyemo Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo.

Tariki ya 21/02/2025, ni bwo umutwe wa Twirwaneho wafashe umujyi wa Minembwe n’ikibuga cy’indege cyayo, ndetse n’ibindi bice biri mu nkengero z’uyu mujyi. Nka Rugezi, i Lundu, Kamombo na Mikenke.

Ibicuruzwa birimo umunyu, amasabune, isukari n’amazutu, byagezwaga mu Minembwe bivanyijwe i Uvira, Baraka, Fizi ku i zone bikinjizwa muri Minembwe mbere yuko binyuzwa kwa Mulima.

FARDC rero n’abambari bayo nka Wazalendo, ingabo z’u Burundi na FDLR nyuma yo gutsindwa bakubiswe na Twirwaneho, bahise bahungira kwa Mulima igice kigabanya uruhande iyi FARDC igenzura na Minembwe irebwa na Twirwaneho.

Umwe mu baturage batuye mu Minembwe yahaye Minembwe Capital News ubuhamya bw’ibibagoye agira ati: “Ubu ibintu birahenze, ariko byagera kuri Mazutu bikaba ibindi. Ibido imwe yayo igura 600000 Fc, ayo kandi ni nayo agura 25kg y’umunyu, mu gihe 25kg y’isukari yo igura 900000 Fc.”

Uyu muturage yanavuze ko amazutu asanzwe abafasha kuri Moulin ihura ibigori, bityo kuri ubu bikaba bibagoye kugira ngo babone ifu zahurishijwe, zizwi nka kaunga.

Sibyo bibagoye gusa, kuko yanavuze ko bagowe no kubona drone y’Ingabo za Congo iri mu gukomeza kuzenguruka mu kirere cya Minembwe na Mikenke iminsi yose.

Ati: “Tugowe kandi no kubona drone y’Ingabo za Congo iri mu kuzenguruka cyane hejuru y’ibitaro bya Minembwe, Kabingo indi kuri Muliza na Mikenke.”

Ku wa mbere w’iki cyumweru turimo, drone yateye ibisasu mu Mikenke, ariko bifata ubusa kuko byituye ku musozi uri hafi n’ahatuye abaturage. Nyamara nubwo bitagize ibyo byangiza ariko byatumye abaturage bikanga ndetse bamwe muribo bahungira mu bihuru nubwo bongeye kugaruka.

Ni mu gihe kandi mu mezi abiri ashyize izi drones zasenye byinshi mu Minembwe birimo ko byishe abantu i Gakangala binangiza ibikorwa remezo by’abasivili kuri Nyarujoka, Kiziba, ndetse kandi byangiza n’ikibuga cy’indege cyaho.

Kurundi ruhande, mu gihe mu Rugezi haherereye hafi na centre ya Minembwe, hari hagize iminsi habera imirwano hagati y’igisirikare cya RDC n’u mutwe wa Twirwaneho ku bufatanye n’uwa M23. Uyu munsiho habyukiye amahoro, kandi kugeza ubu uyu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 biracyagenzura icyo gice cyose.

Aka gahenge ka mahoro kanabyukiye mu gice cyose cya Minembwe na Mikenke. Ndetse no ku munsi w’ejo ku wa gatatu, ni ko byiriwe kuko imirwano iheruka mu Rugezi yabaye ku wa mbere no ku wa kabiri.

Tags: DroneFardcIbigoyeMinembweTwirwaneho
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Abanyamulenge Bahungiye i Kamanyola Nyuma y’Ihungabana Rikomeye ry’Umutekano i Uvira

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Abanyamulenge Bahungiye i Kamanyola Nyuma y’Ihungabana Rikomeye ry’Umutekano i Uvira

Abanyamulenge Bahungiye i Kamanyola Nyuma y’Ihungabana Rikomeye ry’Umutekano i Uvira Abanyamulenge bari batuye mu Mujyi wa Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo...

Read moreDetails

Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC

Amakosa Akomeye Perezida Tshisekedi Yakoze Akomeje Gukongeza Intambara mu Burasirazuba bwa RDC Abakurikiranira hafi ibibera mu ntambara imaze igihe ibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bemeza...

Read moreDetails

Impungenge n’Icyitonderwa ku Mutekano w’Umujyi wa Uvira Nyuma y’Igenda ry’Ingabo za AFC/M23

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Impungenge n’Icyitonderwa ku Mutekano w’Umujyi wa Uvira Nyuma y’Igenda ry’Ingabo za AFC/M23

Impungenge n’Icyitonderwa ku Mutekano w’Umujyi wa Uvira Nyuma y’Igenda ry’Ingabo za AFC/M23 Mu gitondo cyo ku Cyumweru, abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo ni bo babanje kwinjira mu mujyi wa...

Read moreDetails

Wazalendo binjiye i Uvira nyuma yo kuhava kwa AFC/M23, hagaragara ibikorwa bikomeye by’isahurwa

by Bahanda Bruce
January 19, 2026
0
Wazalendo binjiye i Uvira nyuma yo kuhava kwa AFC/M23, hagaragara ibikorwa bikomeye by’isahurwa

Wazalendo binjiye i Uvira nyuma yo kuhava kwa AFC/M23, hagaragara ibikorwa bikomeye by’isahurwa Mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), umutwe wa Wazalendo, ubarizwa mu mitwe...

Read moreDetails

Wazalendo Basahuye Ibigo n’Imitungo y’Abaturage Nyuma Yaho AFC/M23 Ivuye Uvira

by Bahanda Bruce
January 18, 2026
0
Wazalendo Basahuye Ibigo n’Imitungo y’Abaturage Nyuma Yaho AFC/M23 Ivuye Uvira

Wazalendo Basahuye Ibigo n’Imitungo y’Abaturage Nyuma Yaho AFC/M23 Ivuye Uvira Amakuru yizewe aturuka mu mujyi wa Uvira, uri muri teritwari ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aravuga...

Read moreDetails
Next Post
Intwaro zikorerwa mu Rwanda zatangiye kubona isoko.

Intwaro zikorerwa mu Rwanda zatangiye kubona isoko.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?