Uko mu Minembwe hiriwe ahazwi nk’umurwa mukuru w’i Mulenge.
Nubwo mu Minembwe no mu nkengero zayo hiriwe amahoro n’ituze, ariko amakuru ava yo avuga ko uyu munsi ku wa kabiri habaye ubukonje budasanzwe.
Ni amakuru MCN ikesha abaturiye aka karere kazwi ho kuba gaherereye mu misozi miremire yo muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Bagize bati: “Rugezi, Mikenke na Minembwe ni amahoro. Nta hantu na hamwe higeze humvikana urusaku rw’imbunda nk’uko byahoraga.”
Nubwo muri aka karere gasanzwe gatuwe cyane n’Abanyamulenge kiriwe neza uyu munsi ku wa kabiri tariki ya 17/06/2025, nyuma y’aho mu minsi ishize kagiye karangwamo n’intambara, ariko nyamara ngo kabayemo ubukonje budasanzwe.
Ati: “Haratuje, ariko hari ubukonje bwinshi. Habaye nk’i Ndondo.”
Mu busanzwe mu Minembwe cyane cyane ku Kiziba, i Lundu, Runundu, Kalingi n’ahandi hakunze kuba “indara” muri aya mezi tugezemo, nku kwezi kwa gatandatu n’ukwa karindwi. Bija kugera mu kwa Cyenda imaze gushyiraho.
N’indara ituma imisozi y’uma cyane, ndetse ubundi igatwika n’ibihuru bimera ku misozi no mu bisambu.
Aya makuru akomeza avuga ko “burinze bwira” nta kazuba karashye.
Ibyo byagaragaye i Gakangala, Kalonge, i Lundu, Minembwe centre, Kiziba na Mishashu n’ahandi.