Ukraine igiye kurindwa bikomeye.
Leta Zunze ubumwe z’Amerika zatangaje ko zigiye kurinda ikirere cya Ukraine, ivuga ko izakirindisha intwaro zikomeye.
Byatangajwe na perezida Donald Trump, aho yabwiye itangazamakuru ko iki cyemezo yagifashe kubera ko perezida Vladimir Putin ari umuntu ihindagurika mubyo avuga.
Nk’uko Trump yabitangaje yagize ati: “Putin avuga neza mu gitondo ariko mu ijoro agatera ibisasu hose.”
Trump yatangaje ibi nyuma y’aho hari habaye ibiganiro hagati y’abategetsi b’u Burusiya na Amerika. Ni ibiganiro amakuru avuga ko byari bigamije gushaka amahoro.
Ariko nyamara nubwo ibyo biganiro byabaye, Trump yakomeje avuga ko Vladimir Putin atari umuntu wo kwizerwa, bityo afata icyemezo cyo gufasha Ukraine byeruye.
Uyu mugambi wo kohereza misile Ukraine ushobora guha indi morale ingabo zayo ziri mu ntambara ikomeye n’u Burusiya kuva mu 2022.
Trump yavuze ko Amerika izakomeza gushyigikira Ukraine, kandi ko izabikora mu buryo bufatika bugaragaza imbaraga.
Iyi gahunda Amerika yihaye ikaba igiye kunganira umugambi munini w’ubutabazi kuri Ukraine butangwa n’ibihugu bihuriye muri NATO.