Umudepite yashyize igitutu kuri Minisiteri y’Ingabo ku bw’intambara ikomeje muri Teritwari ya Mwenga
Depite Lutala Mutiki Trésor uhagarariye abaturage ba Teritwari ya Mwenga mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, yashyikirije ibaruwa Ibiro by’Inteko Ishinga Amategeko, asaba ko Minisitiri w’Ingabo asobanura ku mugaragaro uko Guverinoma ihagaze ku kibazo cy’umutekano muke ukomeje kuhagaragara.
Iyi baruwa yakiriwe n’Ibiro bya Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, ishingiye ku ngingo ya 203 y’amategeko agenga imikorere y’Inteko. Depite Mutiki agaragaza impungenge zishingiye ku bibazo by’umutekano muke byugarije akarere ahagarariye, asaba ko Guverinoma isobanura ingamba yafashe mu kugarura ituze no kurengera abaturage.
Depite Mutiki yagaragaje ko ikibazo cy’umutekano muke muri Mwenga kimaze igihe kirekire, guhera mu kwezi kwa mbere 2025 kugeza n’ubu, aho abaturage bagiye batanga impuruza zishingiye ku bikorwa by’urugomo, imirwano ndetse n’akarengane bakomeje guhura na ko harimo kandi ko ingabo za FARDC zibasahura utwabo.
Avuga ko abaturage baho bakomeje gutanga amakuru no gusaba ubufasha ariko ntibumvwe uko bikwiye. Yasabye ko hatangwa ibisobanuro bifatika ku ngamba zafashwe, by’umwihariko mu bijyanye no gucunga umutekano w’abasivili no kubarinda ingaruka z’intambara.
Iyi baruwa yashyikirijwe Sekretere wa Perezida w’Inteko tariki ya 01/12/2025, bikaba biteganyijwe ko ishobora kuvamo gutumiza Minisitiri w’Ingabo mu Nteko ngo atange ibisobanuro ku mugaragaro.
Binyuze muri iyi mpuruza, Depite Mutiki yizeye ko hazatangwa ibisobanuro birambuye ku bikorwa bya gisirikare, uburyo bwo kurinda abasivili, ndetse n’imiterere y’uruhuri rw’ibibazo by’umutekano bikomeje kwibasira Kivu y’Amajyepfo.





