Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Burundi, Gen Prime Niyongabo, yongerewe indi mirimo mu butegetsi bw’u Burundi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 21, 2024
in World News
0
Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Burundi, Gen Prime Niyongabo, yongerewe indi mirimo mu butegetsi bw’u Burundi.
61
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umugaba mukuru w’ingabo z’u Burundi Gen Prime Niyongabo yongerewe indi mirimo mu butegetsi bw’u Burundi.

You might also like

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

Ni ku itariki ya 18/04/2024, perezida Evariste Ndayishimiye yasinye ku itegeko rigena General Prime Niyongabo kuba umukuru w’u rwego rw’i gihugu rushinzwe gutanga imidari urwo bita “Chancelier des ordres Nationaux. Uru rwego runasanzwe rugizwe n’abandi bantu umunani bagenwa n’umukuru w’igihugu. Umuntu uhabwa kuyobora uru rwego abafite icyubahiro kingana n’icya minisitiri kandi ahabwa ibisabwa kimwe n’uko aba minisitiri babihabwa.

Ni urwego kandi rufasha perezida w’igihugu kugira abo ruha imidari mu gihe haba hari abakwiye kuyihabwa.

Prime Niyongabo uyu mwanya awutsimbuyeho nyakwigendera Lieutenant General Godfroid Bizimana wahawe uwo mwanya mu mwaka w’ 2023, nawe yari yawutsimbuyeho Lt Gen Gabriel Nizigama wari wahawe ku wu yobora mu mwaka w’ 2019 aho nawe yari yarawutsimbuyeho General Alain Guillaume Bunyoni.

General Prime Niyongabo ahawe kuyobora urwo rwego ariko aracyari umugaba mukuru w’ingabo z’u Burundi.

Urubuga rwa Pacifique Nininahazwe ushinzwe gutabariza abarundi bari mu kaga, rwatangaje ko Gen Niyongabo Prime akiri umugaba mukuru w’ingabo z’u Burundi ngo kandi yahawe no kuyobora izindi nshingano.

Yagize ati: “Hari benshi bibaza ko Gen Niyongabo Prime yavanwe mu gisirikare, sibyo. Kugeza ubu General Prime Niyongabo niwe mukuru w’igisirikare cy’u Burundi kandi yahawe no kuyobora urwego rutanga imidari.”

General Prime Niyongabo yagizwe umugaba mukuru w’ingabo z’u Burundi ahagana mu mwaka w’2012, akaba amaze kuri uyu mwanya imyaka 12. Niwe wa kabiri mu basirikare b’u Burundi bamaze igihe kirekire mu kuyobora igisirikare cy’u Burundi, nyuma ya Major Gen Thomas Ndabemeye, wamaze kuri uwo mwanya imyaka irenga 8 . Yayoboye kuva 1967 ageza mu 1976.

Inyandiko za Pacifique Nininahazwe zikomeje zivuga ko atari byiza nagato umusirikare kuyobora urwego rw’u mugaba mukuru w’ingabo igihe kirekire, ngo kuko bigera aho atwara igisirikare nk’u murima we.

Nininahazwe yatanze urugero avuga ko muri iki gihe General Prime Niyongabo afatwa nk’umwe mu batunzi ba mbere mu gihugu cy’u Burundi, avuga ko ibyinshi bimwinjiriza amafaranga bifitanye isano n’igisirikare.

Imiti ikoreshwa mu gisirikare cy’u Burundi irangurirwa muri pharmacies za Prime Niyongabo, microfinance yiwe nayo ubwayo ifite uko ikorana n’igisirikare cy’u Burundi, akaba aheruka gushiraho iyindi microfinance yahawe gukorana n’abasirikare bato, ariko inyungu zayo zinini zikaba iza Prime Niyongabo, utwara iyo microfinance nawe ni umusirikare yahoze ari escort wa Gen Prime Niyongabo.

Prime Niyongabo kandi azwi nk’umwe mu basirikare bacuditse na perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye. Umwaka ushize hagiye havugwa amakuru y’ibihuha ko Prime Niyongabo agiye gukurwa ku mwanya wo kuyobora igisirikare ariko kugeza ubu aracari umugaba mukuru w’Ingabo z’u Burundi kandi yongerewe indi mirimo mu butegetsi.

               MCN.
Tags: Prime NiyongaboUmugaba mukuru w'ingabo z'u BurundiYongerewe indi mirimo mu butegetsi bw'u Burundi
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo. Nyuma y'imyaka irenga itanu icyorezo cya COVID-19 kibayeho, cyongeye kuvugwa cyane kubera ubwoko bushya bw'iyi virusi bwamaze kugaragara mu bihugu byinshi birimo...

Read moreDetails

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

Ibitero by'u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego. Imirwano yakajije umurego mu bitero bikomeye biri kugabwa mu bice byinshi byo muri Ukraine, aho biri kugabwa n'igisirikare cy'u Burusiya....

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y'isi. Ambasaderi w'u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu kugira uruhare mu bitero bya dones Ukraine iherutse...

Read moreDetails

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye. Ubushuti bwari hagati ya Elon Musk na perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump bwarangiye nyuma y'aho uyu...

Read moreDetails

Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

Icyo isi itegereje nyuma y'ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w'u Burusiya. Perezida w'u Burusiya Vradimir Putin yabwiye mugenzi we wa Leta Leta Zunze ubumwe z'Amerika,...

Read moreDetails
Next Post
Umusirikare wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, yakubiswe byo gupfa, akubiswe n’abaturage i Goma, mu Ntara ya Kivu y’Amajyarugu.

Umusirikare wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, yakubiswe byo gupfa, akubiswe n'abaturage i Goma, mu Ntara ya Kivu y'Amajyarugu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?