Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Umugabo ukiri muto yiciwe i Uvira.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 13, 2025
in Conflict & Security
0
Kuvaho abarwanirira RDC bahungiye Uvira umubare wabo bamaze kuhicira wamenyekanye.
81
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umugabo ukiri muto yiciwe i Uvira.

You might also like

Goma: Bintou Keita yahuye n’abayobozi ba AFC/M23.

Ingabo za RDC zizindutse zikora igikorwa kigaragaza ko zishaka gutera mu duce tw’i Mulenge.

RDC: Benshi baguye mu mpanuka y’ubwato.

Umugabo uri mukigero cy’imyaka 25 y’amavuko, umwirondoro we utaramenyekana neza, basanze aho yiciwe mu mujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Ni bikubiye mu ibaruwa yanditswe na Dunia Amisi, aho yagaragaje ko umuntu utaramenyekana uwo ari we, basanze aho yaguye muri Quartier Songo, komine ya Kalundu iherereye mu mujyi wa Uvira.

Amisi yanditse ati: “Umuntu uri mu kigero cy’imyaka 25 y’amavuko, umwirondoro we utaramenyekana, twasanze aho yiciwe.”

Inyandiko za Amisi zerekana ko zanditswe ku munsi w’ejo ku wa kane, kandi ko ari nabwo uriya mugabo yishwe.

Ndetse izi nyandiko ze zinahamya ko yishwe igihe c’isaha ya saa sita z’amanywa. Kandi ko yishwe atewe ibyuma.

Inyandiko za Amisi zikomeza zisobanura ko nubwo umwirondoro w’uwishwe utaramenyekana, ariko ko ibimenyetso bigaragaza ko yari umurwanyi wo muri Wazalendo, kandi ko yishwe na bagenzi be.

Si ubwa mbere Wazalendo basubiranamo bonyine bakicyana i Uvira, kuko no mu cyumweru gishize hari uwo bishe barashe kandi wari n’umukomanda wo muri iryotsinda.

Uvira yakunze kuberamo ubwicanyi, ahanini bwafashe intera ubwo yahungiragamo Wazalendo benshi, FDLR, ingabo z’u Burundi na FARDC, nyuma y’aho umutwe wa M23 barwanya ufashe umujyi wa Goma n’uwa Bukavu.

Hari n’amakuru avuga ko kuva mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka kugeza ubu, hamaze gupfa abarenga 100. Muri abo barimo Wazalendo, abasivili n’abasirikare ba FARDC.

Bamwe muri aba bishwe, barimo abishwe barashwe kibandi, abandi bicwa batewe ibyuma.

Ibi byagiye binatuma benshi mu baturiye uyu mujyi wa Uvira bandikira inzandiko umutwe wa M23 kuza bagafata iki gice, maze ngo ihuriro ry’ingabo za Congo zibujije abaturage amahoro, zikagihunga.

Tags: UviraWazalendoyishwe
Share32Tweet20Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Goma: Bintou Keita yahuye n’abayobozi ba AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Goma: Bintou Keita yahuye n’abayobozi ba AFC/M23.

Goma: Bintou Keita yahuye n'abayobozi ba AFC/M23. Intumwa y'Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'Abibumbye muri Congo, akaba n'umuyobozi wa MONUSCO, Bintou Keita yahuye n'abayobozi ba kuru bihuriro rya Alliance Fleuve...

Read moreDetails

Ingabo za RDC zizindutse zikora igikorwa kigaragaza ko zishaka gutera mu duce tw’i Mulenge.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Havuzwe amakuru yateye icyikango abatuye i Kaziba.

Ingabo za RDC zizindutse zikora igikorwa kigaragaza ko zishaka gutera mu duce tw'i Mulenge. Ihuriro ry'Ingabo zirwanirira ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, za zindutse zitera ibisasu...

Read moreDetails

RDC: Benshi baguye mu mpanuka y’ubwato.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
RDC: Benshi baguye mu mpanuka y’ubwato.

RDC: Benshi baguye mu mpanuka y'ubwato. Amato abiri yakoze impanuka mu kiyaga cya Tumba mu ntara ya Equateur, muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, hapfa abantu 32. Ni...

Read moreDetails

Iby’uruzinduko rw’umuyobozi wa MONUSCO i Goma hagenzurwa na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 12, 2025
0
Iby’uruzinduko rw’umuyobozi wa MONUSCO i Goma hagenzurwa na AFC/M23.

Iby'uruzinduko rw'umuyobozi wa MONUSCO i Goma hagenzurwa na AFC/M23. Umuyobozi wa MONUSCO muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Bintou Keita, yageze i Goma mu Burasirazuba bw'iki gihugu, hagenzurwa...

Read moreDetails

Hamenyekanye ibyo umuyobozi wa secteur ya Itombwe yakoreye muri ako gace.

by Bruce Bahanda
June 12, 2025
0
Hamenyekanye ibyo umuyobozi wa secteur ya Itombwe yakoreye muri ako gace.

Hamenyekanye ibyo umuyobozi wa secteur ya Itombwe yakoreye muri ako gace. Mu gituruge cya Gipupu ari na cyo kirimo i cyicyaro gikuru cya secteur ya Itombwe muri teritware...

Read moreDetails
Next Post
Igitero karahabutaka cya Israel muri Iran cyasize gikoze amateka akomeye.

Igitero karahabutaka cya Israel muri Iran cyasize gikoze amateka akomeye.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?