Umugabo ukiri muto yiciwe i Uvira.
Umugabo uri mukigero cy’imyaka 25 y’amavuko, umwirondoro we utaramenyekana neza, basanze aho yiciwe mu mujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Ni bikubiye mu ibaruwa yanditswe na Dunia Amisi, aho yagaragaje ko umuntu utaramenyekana uwo ari we, basanze aho yaguye muri Quartier Songo, komine ya Kalundu iherereye mu mujyi wa Uvira.
Amisi yanditse ati: “Umuntu uri mu kigero cy’imyaka 25 y’amavuko, umwirondoro we utaramenyekana, twasanze aho yiciwe.”
Inyandiko za Amisi zerekana ko zanditswe ku munsi w’ejo ku wa kane, kandi ko ari nabwo uriya mugabo yishwe.
Ndetse izi nyandiko ze zinahamya ko yishwe igihe c’isaha ya saa sita z’amanywa. Kandi ko yishwe atewe ibyuma.
Inyandiko za Amisi zikomeza zisobanura ko nubwo umwirondoro w’uwishwe utaramenyekana, ariko ko ibimenyetso bigaragaza ko yari umurwanyi wo muri Wazalendo, kandi ko yishwe na bagenzi be.
Si ubwa mbere Wazalendo basubiranamo bonyine bakicyana i Uvira, kuko no mu cyumweru gishize hari uwo bishe barashe kandi wari n’umukomanda wo muri iryotsinda.
Uvira yakunze kuberamo ubwicanyi, ahanini bwafashe intera ubwo yahungiragamo Wazalendo benshi, FDLR, ingabo z’u Burundi na FARDC, nyuma y’aho umutwe wa M23 barwanya ufashe umujyi wa Goma n’uwa Bukavu.
Hari n’amakuru avuga ko kuva mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka kugeza ubu, hamaze gupfa abarenga 100. Muri abo barimo Wazalendo, abasivili n’abasirikare ba FARDC.
Bamwe muri aba bishwe, barimo abishwe barashwe kibandi, abandi bicwa batewe ibyuma.
Ibi byagiye binatuma benshi mu baturiye uyu mujyi wa Uvira bandikira inzandiko umutwe wa M23 kuza bagafata iki gice, maze ngo ihuriro ry’ingabo za Congo zibujije abaturage amahoro, zikagihunga.
