Umugabo Yibajije ku Karengane Avuga ko Yahuye Na ko Nyuma y’Imyaka Ine Akorera Perezida Tshisekedi
Mfumu Ntoto, umwe mu bavugabutumwa n’abanyapolitiki bazwi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragaje akababaro n’akarengane avuga ko yahuye na ko mu gihe amaze imyaka ine akorera Perezida Félix Tshisekedi ndetse n’ihuriro ry’amashyaka rizwi nka Union Sacrée de la Nation, riyobowe n’uwo Mukuru w’Igihugu.
Mu butumwa yatanze buciye amarenga, Mfumu Ntoto yagize ati: “Sinzi undi muntu muri Union Sacrée warwanye urugamba rwo gushyigikira Perezida Tshisekedi nk’uko nabigenje mu myaka ine ishize. Ariko kuki muri iyo myaka yose hari abahembwa buri munsi, njye nkaba ntarahembwe n’umunsi n’umwe, cyangwa se ngo nibura menyekane? Ese sinshoboye?”
Aya magambo ye agaragaza ibibazo byimbitse biri mu mikorere y’imitwe ya politiki, aho bamwe mu bashyigikiye ubutegetsi bashobora gusigara inyuma, mu gihe abandi badafite uruhare rugaragara bahabwa imyanya n’ibihembo.
Ibibazo Mfumu Ntoto azamuye ntibigarukira kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gusa, ahubwo bikomeje kugaragara no mu mashyaka menshi yo ku mugabane wa Afurika, aho politiki y’ibihembo ikunze gushingira ku mibanire n’inyungu z’abantu ku giti cyabo aho gushingira ku musanzu n’ubushobozi.
Kugeza ubu, ntiharamenyekana niba ubu butumwa bwe buzagira ingaruka zituma ahabwa umwanya runaka mu buyobozi, cyangwa niba bwari uburyo bwo gusohora amarangamutima no kugaragaza umunaniro n’iseseme y’imyaka ine yitanga atabonye icyo bivamo.
Mfumu Ntoto asanzwe azwi nk’umuntu udahisha ibitekerezo bye, akaba akunze gutanga ibitekerezo bikomeye ku bibazo by’igihugu akoresheje imvugo ihuza iyobokamana n’imibanire ya politiki.






