Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umuhungu wa Perezida Joe Biden, urukiko rwa muhamije ibyaha birenga bibiri.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 12, 2024
in Regional Politics
0
Umuhungu wa Perezida Joe Biden, urukiko rwa muhamije ibyaha birenga bibiri.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umuhungu wa Perezida Joe Biden, urukiko rwa muhamije ibyaha birenga bibiri.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Ni Hunter Biden, umuhungu wa Perezida wa leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Joe Biden wahamijwe n’urukiko ibyaha bitatu, bifitanye isano no kuba yarishe ibiwiriza ribuza uwabaswe n’ibiyobyabwenge kugura imbunda.

Bibaye ubwambere uwahafi mu muryango w’ukiri perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ahamijwe ibyaha, kandi hari abasesenguzi bagaragaza ko nubwo icyaha ari gatozi, iki cyemezo kizagira ingaruka kuri perezida Biden ushaka kongera guharanira umwanya w’umukuru w’iki gihugu mu matora yo mu kwezi kwa Cumi n’abiri, uyu mwaka.

Iyi mbunda ya revolver Hunter Biden yayiguze mu iduka ryo mu gace ka Delaware mu 2018, ariko abeshya ko adakoresha ibiyobyabwenge, nyamara ngo yari akiri imbata ya Cocaïne.

Igitangaza makuru cya CNN cyatangaje ko ibyaha bibiri bifitanye isano no kuba yarabeshye ko atagikoresha ibiyobyabwenge, ikindi kikaba icyo gutunga imbunda mu gihe yakoreshaga umuti utemewe n’amategeko.

Hallie Biden wabaye umugore wa Hunter Biden, tariki ya 06/06/2024 yasobanuriye urukiko ko yigeze gusaka imodoka y’umugabo we mu 2018, asangamo Cocaïne n’iyi mbunda, ahitamo kubijugunya. Ni ubuhamya bwashimangiraga ko umuhungu wa Perezida Joe Biden yaba yarakoze ibi byaha.

Uyu mugore yagize ati: “Nk’uko nari nsanzwe mbigenza, mu 2018 nagiye mu mudoka ye, nyisangamo ibintu byinshi birimo ibisigazwa bya Cocaïne, ibyo kuyinyeshwa n’imbunda nayipfunyikanye ubwoba, nyishira mu ishashi, njya kuyijugunya.”

Mu bandi batanze ubuhamya muri uru rubanza harimo umukozi w’urwego rwa Amerika rushinzwe iperereza (FBI), Erika Jensen, watangije iperereza kuri Hunter mu 2018. Uyu yabwiye urukiko ko afite ibimenyetso birimo amafoto bigaragaza ko uregwa yakoreshaga ibiyobyabwenge bya Cocaïne mu gihe yaguraga imbunda.

Ababuranishaga uru rubanza bafashye icyemezo cyo kurusubika mbere y’uko batangaza ibihano by’u muhungu wa Perezida Joe Biden.

Ibyaha Hunter Biden yahamijwe bihanishwa igifungo kigera ku myaka 25 n’ihazabu ya 750.000$, icyakoze ashobora koroherezwa igihano bitewe n’uko ari ubwa mbere ahamijwe ibyaha n’inkiko.

Urukiko rwasobanuye kandi ko Hunter azafungwa nyuma y’iminsi 120 urubanza rwe ruciwe. Ni ukuvuga ko azajya muri gereza mu gihe hazaba habura iminsi mike ngo amatora y’umukuru w’igihugu abe.

                MCN.
Tags: Hunter BidenUrukikoYahamwe n'ibyaha bitatu
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Minisitiri w’intebe wa RDC  yashyizeho gahunda Guverinoma ye izagenderaho, harimo no kurangiza intambara mu Burasirazuba bw’i ki gihugu.

Minisitiri w'intebe wa RDC yashyizeho gahunda Guverinoma ye izagenderaho, harimo no kurangiza intambara mu Burasirazuba bw'i ki gihugu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?