
Inkongi yumuriro yatumye umujyi wa Sevastopol ho muri Crimea uhinduka umwotsi.
Yanditswe na Bruce Bahanda, tariki 29.04.2023, saa 9:07 AM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Umujyi wa Sevastopol, wahindutse umwotsi gusa aha akaba ari muntara ya Crimea ho muri Ukraine, iyintara ikaba isa niyamaze kwigarurirwa ningabo za Leta yu Burusiya.
Uyumwotsi wakwiye umujyi wose wa Sevastopol, mugihe ibitero byindege byagabwe kucyambu cya Crimea. Nkuko amakuru abivuga avuga ko izindege zagabye ibitero n’indege zigenda zidafite abazitwara zomubwoko bwa Drone.
Amakuru akavuga ko icyo cyambu hari ibigega bimwe bibika Petroli.
Governor w’intara ya Crimea, bwana Mikhail Razvhayev, ubwe nawe yemeje ayamakuru aho yanditse akoresheje urubuga rwa Instagram yagize ati : “Inkongi yumuriro ivuye kubitero bya Drone , byibasiriye ibigega bya Petroli biri kucyambu cya Crimea.”
Ikicyambu cyifashijwaga nkuko bisanzwe bakahabikira petrole, gusa amakuru tutabashe kumenya numubare wibigega byabikwaga muraka gace ariko nkuko tubikesha itangaza makuru rya RFI batangaje ko kuriki cyambu habikigwaga Petrole ninshi.
Igihugu ca Ukraine cyagiye kibitangaza kenshi ko intara y’igihugu cyabo Crimea, abayobozi bu Burusiya bafite umugambi wokomeka iyintara kugihugu cyabo.
Amakuru akemezwako icyo gitero cyakozwe nabasirikare bu Burusiya.




