• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, March 11, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Umukuru w’igihugu ca RDC yongeye gushimangira ko atazigera akorana ibiganiro na M23.

minebwenews by minebwenews
September 20, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umukuru w’igihugu ca Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yongeye gushimangira ko nta biganiro leta ye izigera ikorana n’umutwe wa M23 yita umutwe w’abanyabyaha wajyanwe muri Congo n’u Rwanda, ndetse yongeraho ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwongereye ingufu ku buryo biteguye icyo ari cyo cyose mu kurinda igihugu.

You might also like

AFC/M23 Accuses the Kinshasa Government of Brutality Against Civilians in the Highlands of Minembwe

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

Nibyo Perezida Félix Tshisekedi yongeye gutangaza kuri uyu wa Kabiri, tariki 19 z’ukwezi kwa Cenda.

Ibi yabitangaje ubwo yari New York, aho yitabiriye Inama y’Inteko Rusange ya 78 y’Umuryango w’Abibumbye.

Mu kiganiro yagiranye n’Abanyekongo baba muri Amerika mbere yo kujya muriyo Nama yabanje gutanga ibisobanuro ku bijyanye n’intambara ya M23 mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Yagize ati: “Ku bijyanye na M23 nifuzaga kubabwira ko ari umutwe w’abagizi ba nabi batangiye ’aventure’ na yo ubwayo y’ubugizi bwa nabi iyobowe na bwana Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, kandi ni ukubera ko ari abagizi ba nabi tutazigera tuganira cyangwa ngo twinjire mu biganiro ibyo aribyo byose na bo. Narabivuze bihagije, mbisubiramo inshuro nyinshi, kandi ndongeye ndabibahamirije.”

Tshisekedi yakomeje avuga ko ubu Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo cyongereye imbaraga ku buryo citeguye icyaba icyo ari cyo cyose mu kurinda ubusugire bw’igihugu.

Ati “Uyu munsi turavuga, niyo mpamvu twongereye ubushobozi bwacu kandi ku rwego dushobora guhangana n’ingorane zose zituruka muri kiriya gihugu. Ntabwo rero tugiye kumanura amaboko mu kurinda igihugu cyacu kandi sinkuramo icyakorwa cyose mu kurengera iki gihugu no kugira amahoro nyayo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.”

Mu gihe Perezida Tshisekedi atangaza ibi, umutwe wa M23 na wo uravuga ko ntaho uzajya kandi witeguye kurwanira icyo uharanira. Ubwo yari i Kiwanja kuri uyu wa Mbere ushize, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa M23 yabwiye abaturage ko ntaho bazajya kandi ibyabaye mu 2013 bitazongera kuba.

Yagize ati ” Ntaho tuzajya bavandimwe barumuna bakuru bacu na bashiki bacu dukunda. Turi abahungu ba Rutshuru, abahungu ba Masisi, turi aba Kalehe, iwacu ni Kinshasa, muri Bas-Congo n’ahandi hose muri RDC. Ubwo rero iyo batubwiye ngo tugende, ni he bashaka ko tujya? Nababwiye ko amateka ya 2013 atazigera yisubiramo. Bafashe umwanya wabo wo kwitegura, rero niba bashaka kudutera, umukino utangire.”

Ku ruhande rwe, Umuyobozi wa M23, Bertrand Bisiimwa, we kuri uyu wa Gatatu, tariki 20/09, abinyujije kuri twitter yavuze ko ngo kugirango umutekano ugaruke mu burasirazuba bw’igihugu hasabwa ko Kinshasa y’umva

Ati ” Niba Perezida Félix Tshilombo akomeje gutera imbogamizi mu kugaruka kw’amahoro mu Burasirazuba, amateka azasigarana ko amahoro n’umutekano by’abaturage bacu ndetse n’abana bacu bizagarurwa atabigizemo uruhare”.

Wumvise rero ibikomeje kuvugwa n’impande zombi, ntiwaba uri kure y’ukuri wemeje ko mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo vuba hashobora kwaduka intambara ikomeye yeruye kandi izarangire uruhande rumwe rwemeye kuyamanika nyuma y’uko inzira y’ibiganiro bigaragara ko yananiranye.

By Bruce Bahanda.

Tariki 20/09/2023.

Tags: Tshisekedi yongeye gutangaza ko atazigera akorana ibiganiro na M23
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

AFC/M23 Accuses the Kinshasa Government of Brutality Against Civilians in the Highlands of Minembwe

by Bahanda Bruce
February 20, 2026
0
AFC/M23 Yashinje Leta ya Kinshasa Ubugizi bwa Nabi ku Baturage bo mu Misozi ya Minembwe

The political and military coalition Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) has released an urgent statement expressing serious concern over the worsening insecurity in the areas of Minembwe, Mikenge, and...

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

by Bahanda Bruce
February 16, 2026
0
Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yakiriwe mu buryo budasanzwe n’imbaga y’abaturage i Bujumbura, nyuma yo gusoza urugendo yari yagiriye i Addis Abeba...

Read moreDetails

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
February 9, 2026
0
Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC Ku butumire bwa Perezida wa Repubulika ya Angola, akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango...

Read moreDetails

FARDC Drone Attacks in Minembwe Injure Civilians

by Bahanda Bruce
January 31, 2026
0
FARDC Drone Attacks in Minembwe Injure Civilians

Reliable information from the center of Minembwe, in South Kivu Province, reports that a drone believed to belong to the Armed Forces of the Democratic Republic of the...

Read moreDetails

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

by Bahanda Bruce
November 28, 2025
0
Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga Guinée-Bissau yinjiye mu bibazo bikomeye bya politiki nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi ryabaye ku wa 27/11/2025, ni mu gihe hari imvururu...

Read moreDetails
Next Post

Humvikanye Umunyamulenge utuka Abanyamulenge bazwiho kuba barakamiye Abanyamulenge mubihe biruhije banyuzemo byokwangwa no kwicwa muri RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?