• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, January 24, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umukuru w’igihugu cya RDC, Félix Tshisekedi Tshilombo yongeye gutangaza ko bishoboka, igihugu cye kigashora intambara ku Rwanda.

minebwenews by minebwenews
May 3, 2024
in Regional Politics
0
Umukuru w’igihugu cya RDC, Félix Tshisekedi Tshilombo yongeye gutangaza ko bishoboka, igihugu cye kigashora intambara ku Rwanda.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umukuru w’igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi Tshilombo yongeye gutangaza ko bishoboka, igihugu cye kigashora intambara ku Rwanda.

You might also like

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Nibyo perezida Félix Tshisekedi yagarutseho ku wa Kane, tariki ya 02/05/2024, ubwo yari afite ikiganiro n’igitangaza makuru cya Le Figaro. Uyu mukuru w’igihugu yavuze ko M23 itabaho ko ahubwo ari ingabo z’u Rwanda. Iki kirego u Rwanda rwagiye rugitera utwatsi, aho rugaragaza ko rudashobora kwivanga mu bibazo by’ikindi gihugu.

Tshisekedi yagize ati: “Gahunda y’ibiganiro ihari iyobowe na perezida wa Angola, João Lourenço. Intumwa zacu muri iyi minsi zirajya i Luanda kugira ngo hashakwe igisubizo. Njyewe nsaba ikintu cyoroshye ni ‘uko u Rwanda rukura ingabo zarwo’ ku butaka bwa RDC.”

Umunyamakuru yahise abaza Tshisekedi niba intambara n’u Rwanda ishoboka mu gihe ibiganiro bya Luanda bitazabonekamo igisubizo leta ya Kinshasa yifuza, undi nawe asubiza ko izaba igiye kurota.

Ati: “Cyane rwose, intambara irashoboka, ntabwo nabibahisha. Ariko nshaka kwemeza inyuma hashoboka igihe ntarengwa, ngashyira imbaraga zacu n’ubukungu bwacu mu iterambere rya teritware 145 zigize Repubulika ya demokarasi ya Congo, kurusha gushora mu gisirikare.”

Mu kiganiro perezida w’u Rwanda, Paul Kagame aheruka kugirana na Jeunne Afrique, mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gatatu, yabajijwe ku ntambara Tshisekedi akangisha u Rwanda, asubiza ko perezida Félix Tshisekedi afite ubushobozi bwo gushyira mu bikorwa ibyo avuga, ariko adashobora kungenzura ingaruka zabyo.

Yabivuze ati: “Tshisekedi ntacyo atakora mu gihe cyose asa nk’utumva ingaruka z’ibyo avuga nka perezida wa RDC. Kuri njye, mbibona nk’ikibazo yifitiye gikomeye ngomba kwitaho. Bivuze ko ijoro rimwe ashobora kubyuka, agakora ikintu utekereza ko gishoboka.”

Ahagana mu mpera z’u mwaka ushize, ubwo Tshisekedi yiyamamariza kuyobora iki gihugu, yatangaje ko igihe umutwe wa M23 warasa mu mujyi wa Goma, azasaba inteko ishinga mategeko uruhushya rwo gutangaza intambara ku Rwanda.

Yagize ati: “Isasu rya mbere ryabo nirigwa muri Congo, i Goma cyangwa agace kagafatwa, nzahuriza hamwe abagize inteko ishinga mategeko, mbasabe uruhushya rwo gutangaza intambara ku Rwanda.”

Kimweho nyuma y’amatora, yongeye gutangaza ko ahagaritse icyemezo cyo gushora intambara ku Rwanda, ayoboka inzira y’ibiganiro, maze avuga ko ariyo mahirwe yanyuma.

Hari ubundi kandi perezida w’u Rwanda Paul Kagame, yigeze gusobanura ko M23 ari umutwe ugizwe n’Abanyekongo bambuwe uburenganzira bwabo, bitwa abanyamahanga, kugeza ubwo mu 2012 bafashe imbunda, barwanya leta yabatereranye.

Kagame icyo gihe asobanura ko kuba uwo mutwe warongeye kubura imbunda mu gihe wari warasenyutse mu 2013, ari uko ikibazo cyabo kigihari.

Umubano w’u Rwanda na Congo wabaye mu bi mu mpera z’u mwaka w’2021, nyuma y’uko M23 yari imaze amezi make utangije imirwano.

          MCN.
Tags: BishobokaGutangaza ko gushora intambara ku RwandaTshisekediYongeye
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana

Ihangana rya Perezida Ndayishimiye n’Ubuyobozi bw’Ishyaka, Ibimenyetso by’Inzira u Burundi Bushobora Kugana Mu gihe u Burundi bwitegura imyaka ikomeye ya politiki irimo amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu 2027,...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23

by Bahanda Bruce
January 24, 2026
0
AFC/M23 Yashimangiye Ko Itazatezuka ku Rugamba, Ubutumwa Bukomeye Bwerekeza ku Baturage n’Isi Yose

U Rwanda Rwagaragaje Aho Ruhurira na AFC/M23 Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Madamu Mathilde Mukantabana, yagaragaje ku mugaragaro aho u Rwanda ruhurira n’ihuriro rya...

Read moreDetails

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro

Perezida Macron na Tshisekedi Bashyize Umutekano w’Iburasirazuba bwa Congo ku Isonga ry’Ibiganiro Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yakiriwe na mugenzi we w’u...

Read moreDetails

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yashyize ahagaragara, ku wa Kane tariki...

Read moreDetails

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

by Bahanda Bruce
January 23, 2026
0
U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi Guverinoma y’u Rwanda yashimangiye ko izakomeza gushyira mu bikorwa ingamba z’ubwirinzi n’umutekano mu gihe umutwe w’iterabwoba wa FDLR utarasenywa...

Read moreDetails
Next Post
Twirwaneho iyobowe na Colonel Rukunda Michel wa menyekanye kw’i zina rya Makanika, iri mu giterane kidasanzwe, mu misozi miremire y’Imulenge.

Twirwaneho iyobowe na Colonel Rukunda Michel wa menyekanye kw'i zina rya Makanika, iri mu giterane kidasanzwe, mu misozi miremire y'Imulenge.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?