• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umukuru w’igihugu cy’u Burundi yongeye kumvikana mu magambo yo kwishongora

minebwenews by minebwenews
August 20, 2024
in Regional Politics
0
Umukuru w’igihugu cy’u Burundi yongeye kumvikana mu magambo yo kwishongora
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umukuru w’igihugu cy’u Burundi yongeye kumvikana mu magambo yo kwishongora.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Ni byo Perezida Evariste Ndayishimiye yavuze mu gihe mu Burundi hiteguwe gukorwa ibarura ry’imitungo ya baturage b’iki gihugu, aho rizatangira tariki ya 25/08/2024.

Mu ijambo rya Perezida Evariste Ndayishimiye, yumvikanye kandi asubira mubyo yigeze kuvuga mbere aho yavuze ko Abarurundi budakenye ko abubwo ababivuga baba bashaka guhenda abaturage be, kandi ko ababivuga ari abanzi b’ubutegetsi bwe.

Ahanini ibyo Perezida w’u Burundi ashingiraho akavuga ko Abarundi badakenye nukuba ngo bahinga bakeza, ntibakenere cyane kujya mu masoko kuko ngo baba bafite ibyo kurya. Kuba ibiribwa muri iki gihugu bihendutse, nk’uko Evariste Ndayishimiye abivuga ahera aho akavuga ko igihugu cye kidakenye.

Ariko mu busanzwe ubukungu bw’igihugu bujyana n’agaciro k’ifaranga ryacyo ugereranyije n’ay’amahanga afite agaciro gakomeye. Gusa Ndayishimiye we tariki ya 12/08/2024 yagaragaje ko ubu buryo bw’igereranya bukwiye gushingira ku mibereho yo muri iki gihugu.

Yagize ati: “Mwebwe iyo mupima ayo mafaranga, muba mwatakaye. Pima umusoruro ufite umutungo, ufite n’amafaranga ufite mu gihugu. Ntihazagire uwongera gutuka ifaranga ryacu ngo ntirigira agaciro. Ibihumbi 5000 by’Amarundi ubiririye mu Burundi bihangana n’amadolari 50 uyaririye muri Amerika.”

Minisitiri w’ibudukikije w’iki gihugu cy’u Burundi we yunze murya Perezida Evariste Ndayishimiye akangurira Abarundi kuzabanyomoza abavuga ko u Burundi bukenye.

Yagize ati: “Iri barura rizaba amahirwe yo kugarura isura nziza. Turategereje. Buri munsi dusoma ko u Burundi ari igihugu cya mbere gikenye ku isi kandi nta kuri na mba kurimo . Abenshi ntabwo bazi ko umuntu arya ibyo yihingiye atari umukene, kubera ko atabihaha.”

Ibi byongeye kugarukwaho kandi na minisitiri w’ubanye n’amahamga w’u Burundi, Albert Shingiro, aho yasabye Abarundi kutazahisha imitungo yabo ko hubwo bagomba kuyigaragaraza, kandi ngo bagacika ku ngeso yo guhisha.

Ati: “Mureke ducike ku muco wo guhisha ibyo dutunze. Mu gihe tutabona amakuru yukuri, twazakomeza kuyobora buhumyi, kuko twaba tutazi ibikenewe kugira ngo duteze imbere igihugu cyacu.”

Ibi abategetsi b’u Burundi babigarutseho mu gihe ikigega mpuzamahanga cy’imari(IMF), giheruka gushira icyegeranyo hanze kigaragaza ko u Burundi buza ku mwanya wa kabiri mu bihugu bikenye ku isi, nyuma ya Sudan y’Epfo. Iki kigega cyaragaragaje ko umurundi yinjiza amadolari ya Amerika 230 ku mwaka.

          MCN.
Tags: Evariste NdayishimiyeKwishongora
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Hamenyekanye ikintu kigayitse cyatumye umwalimu w’amashuri yiyahura, muri Kivu y’Amajy’epfo.

Hamenyekanye ikintu kigayitse cyatumye umwalimu w'amashuri yiyahura, muri Kivu y'Amajy'epfo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?