• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, October 25, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Umunyakenya, akaba n’inzobere kuri politike yo mu karere, Patrick Otiano Lumumba, yavuze icyakorwa kugira amahoro agaruke muri Congo Kinshasa.

minebwenews by minebwenews
March 19, 2024
in Regional Politics
0
Umunyakenya, akaba n’inzobere kuri politike yo mu karere, Patrick Otiano Lumumba, yavuze icyakorwa kugira amahoro agaruke muri Congo Kinshasa.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umunyakenya, Patrick Loch Otieno yatanze igitekerezo ku ngingo zikwiye kuganirwaho mu biganiro byitezwe by’abakuru b’ibihugu, uwu Rwanda n’uwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

You might also like

Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba, ababwira ko bakwiye “guhangana aho gusabiriza”

Igihano gitangaje cya hanishijwe abasirikare b’u Burundi bishyuzaga umushahara barwaniye muri RDC

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye

Ni nyuma y’uko perezida Félix Tshisekedi na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame, bameje ko biteguye guhura kugira ngo baganire ku cyazana amahoro n’umutekano mu Burasirazuba bw’igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Tshisekedi yemeye kongera kuganira na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, mu gihe yari aheruka gutangaza ko atazongera guhura na Kagame bakiri hano ku isi ko hubwo bazongera guhurira mu ijuru.

Ibi nibyo inzobere imaze igihe ikurikirana politike yo mu karere akaba asanzwe azi n’amateka yako.

Asanzwe kandi ari n’umunyamategeko akaba n’umuyobozi wa Kenya School of Low, aheruka gukora ikiganiro kigaruka ku bibazo by’intambara iri muri RDC, atanga ninzira ishoboka byakemukamo.

Patrick Loch Otieno yagaragaje ko ibibazo bya Congo bifite imizi mu bukoloni , ku buryo Ababiligi batigeze bifuza ko iki gihugu cyigenga na nyuma yo kubona ubwigenge.

Yagize ati: “Inkuru ya Congo ni inkuru y’akababaro kubera ko mu myaka ya 1950 mu gihe Congo yari ikiri mu biganza by’u Bubiligi ntabwo bari bafite intego yo kuhava . Ubwo Ababiligi barekaga ngo Congo yigenge bari baracuze imigambi yose ishobora kugira ngo ubu bwingenge butazagera ku ntego.”

Yakomeje agira ati: “Niyo mpamvu nyuma y’umwaka umwe gusa iki gihugu kibonye ubwigenge Patrice Lumumba yatangiye gushinjwa gukorana n’aba-communiste, ndetse atabwa muri yombi nyuma aricwa.”

Ati: “Uburyo bwari bwashizweho ni ubutumwa Congo itazigera yunga ubumwe, kubera ko umutungo kamere uri muri icyo gihugu, nimwinshi kuburyo nta muntu ushaka Congo yunze ubumwe ndetse iri ku murongo. Barashaka Congo irimo akajagari, kugira ngo bakomeze kwiba ubutunzi kamere bwayo.”

Ku kibazo cy’intambara ya M23 n’igisirikare cya FARDC, Patrick Loch Otieno, yagaragaje ko byatewe n’ikatwa ry’imipaka ryakorewe i Berlin, ryatumye Congo yanga kwakira bamwe mu banyekongo nk’abaturage bayo.

Ati: “Congo kimwe n’ibindi bihugu by’Afrika iri mu ngaruka z’ishirwaho ry’imipaka yakatiwe i Berlin, kubera ubu buryo imipaka yagabanijwe usanga ubwoko bw’abaturage bumwe hafi y’imipaka, urugero u Rwanda n’u Burundi, ni igihugu cyari kizwi nka Burundi-Urundi, uhasanga abantu bashyizwe mu moko y’Abahutu n’Abatutsi, aba baturage b’Abatutsi bakunze kwita Abanyamulenge uzabasanga no muri Congo ntabwo ari Abanyarwanda ugendeye ku mipaka dufite.”

Uyu munyamategeo yagaragaje ko ibi byanigeze kugarukwaho na Julius Nyerere wayoboye Tanzania ndetse akaza kugirwa umuhuza mu kibazo cya Congo.

“Nyerere yabaye perezida wa Tanzania mu 1970, yigeze gusabwa kuba umuhuza, yaravuze ngo “iyo tuvuga Abatutsi bo muri RDC ntabwo ari Abanyarwanda, ni Abanyekongo ugendeye ku mipaka twahawe, kubwiyo mpamvu ni inshingano za Guverinoma n’ubuyobozi bwa Congo Kinshasa, kubafata nk’Abanyekongo, kuba afite inkomoko mu Rwanda n’u Burundi ntabwo bibagira Abanyarwanda cyangwa Abarundi.”

Yakomeje avuga ko”M23 Ari abantu bafite inkomoko mu bwoko bw’Abatutsi ariko b’Abanyekongo, uyu munsi ntabwo wababwira uti ntabwo muri abanyekongo muri Abanyarwanda. Iy’i niyo mpamvu ubona ibirego bihoraho ko Guverinoma y’u Rwanda ibashyigikiye n’ubuyobozi bw’u Rwanda nabwo bugakomeza kubihakana , bavuga ko batabashigikiye.”

Patrick Loch Otieno, yavuze ko intambara hagati ya Congo n’u Rwanda ishoboka mu gihe ibihugu byombi bitashize ibiganiro imbere.

Ati: “Ni intambara itifuzwa ariko mu gihe ibaye izinjiramo abaturanyi benshi kandi nti mureke ngo abantu bababeshye , perezida Paul Kagame yavuze ko “tudashaka intambara n’imwe ariko nituyishozwaho bizadusaba kw’irwanaho kugeza ku muntu wanyuma, kandi icyo nicyo kizaba , kuvuga ko u Rwanda ari agahugu gato wakwigarurira mu minsi mike, ntabwo aribyo kandi ndasaba ko Guverinoma y’i Kinshasa izirikana ibi, Afrika ntabwo ishaka intambara nk’iyo.”

Patrick Loch Otieno, asoza avuga ko ibi byose aribyo byatumye Congo iba mu ntambara idashira ariko kohageze ngo Abanyekongo bamenye ukuri nibemere babane mu mahoro.

Ati : “Iyo mba mfite ubushobozi bwo kugena ibiganiro biganirwaho hagati ya Tshisekedi na Paul Kagame nari kuvuga nti “icya mbere reka tuganire ibijyanye no kuba abaturanyi beza, reka tuganire amahoro, kandi reka tuganire ku ngingo yo kwemera Abanyekongo babuzwa uburenganzira bwabo bakitwa Abanyarwanda, reka tubahe amahoro babe muri Repubulika ya demokarasi ya Congo batekanye.”

Ati: “Tumaze kuganira ibyo twavuga tuti reka twambure imbunda abarwanyi bose binjizwe mu gisirikare cya FARDC na polisi ndetse tugashyiraho na komisiyo zihuriweho zo kugenzura umutekano wo ku mupaka w’u Rwanda na Congo.

“Nshimiye ko ubu perezida Félix Tshisekedi yavuze ko ashaka guhura na perezida w’u Rwanda Paul Kagame, hari igihe yavuze ko atazongera guhura na Kagame. Nizeye ko mu byumweru bike hazaba iyo Nama hagati yabo bombi, kandi nizeye ko umwuka mubi uzahita urangira.”

       MCN.
Tags: amahoroCongoPatrick Loch OtienoRwanda
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba, ababwira ko bakwiye “guhangana aho gusabiriza”

by Bahanda Bruce
October 25, 2025
0
Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba, ababwira ko bakwiye “guhangana aho gusabiriza”

Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba, ababwira ko bakwiye "guhangana aho gusabiriza" Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yabwiye Abanyarwanda ko mu bibabazo igihugu cyabo gifite...

Read moreDetails

Igihano gitangaje cya hanishijwe abasirikare b’u Burundi bishyuzaga umushahara barwaniye muri RDC

by Bahanda Bruce
October 25, 2025
0
Igihano gitangaje cya hanishijwe abasirikare b’u Burundi bishyuzaga umushahara barwaniye muri RDC

Igihano gitangaje cyahanishijwe abasirikare b'u Burundi bishyuzaga umushahara barwaniye muri RDC Abasirikare b'u Burundi bahanishijwe kuzenguruka u Burundi n'amaguru nyuma y'uko bishyuzaga umushara barwaniye muri Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye Ihuriro rya Allience Fleuve Congo, AFC /M23 ryavuze ko amakuru avuga ko yagiranye ibiganiro na perezida w'u Burundi, Evariste...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC U Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, byongeye guhurira i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika, mu...

Read moreDetails

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n'abarwanye intambara yo kubohora u Rwanda Ababarirwa mu mirongo barimo abahungu n'abagabo, bavuye mu gice kizwi nk'i Rukombe binjira igisirikare cy'umutwe wa FDL...

Read moreDetails
Next Post
Haravugwa urunturuntu hagati ya perezida Joe Biden na minisitiri w’intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu.

Haravugwa urunturuntu hagati ya perezida Joe Biden na minisitiri w'intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
Manage options Manage services Manage {vendor_count} vendors Read more about these purposes
View preferences
{title} {title} {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?