• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, March 11, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Umunyamakuru w’umu Biligi Marc Hoogsteyns, yamenye ibanga ko ingabo za RDC ziri mumyiteguro ikomeye yokugaba igitero simusiga kumutwe wa M23.

minebwenews by minebwenews
July 19, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Iyi nkuru ivuga kurugendo rwu munyamakuru w’umu Biligi, Marc Hoogsteyns, uheruka gukorera urugendo muburasirazuba bwa Republika ya Democrasi ya Congo.Ninkuru dukesha itangaza makuru ry’u Rwanda, mukinyamakuru cya IGIHE, mwayiteguriwe na Bruce Bahanda, kw’itariki 19/07/2023, saa 7:30Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe

You might also like

AFC/M23 Accuses the Kinshasa Government of Brutality Against Civilians in the Highlands of Minembwe

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

Ubutegetsi bwa Republika ya Democrasi ya Congo, ngobwaba bugiye kwinjiza Abacanshuro benshi mugihugu cabo.

Isaha iyariyo yose, ibintu ngo bishobora guhindura isura mu Burasirazuba bwa Congo Kinshasa nyuma y’uko igisirikare cy’igihugu ca Republika ya Democrasi ya Congo (FARDC), gifatanyije n’umutwe wa FDLR hamwe n’abandi barwanyi barimo Wazalendo, Nyatura ndetse na Mai Mai, aba bose bari kwisuganya, bajya mu birindiro bya M23 ndetse bivugwa ko vuba bashobora kugaba igitero simusiga ku mutwe wa M23 na wo uryamiye uvugwaho kwitegura bihagaje.

Umunyamakuru umaze imyaka irenga 30 akurikirana ibibera muri Afrika y’Iburasirazuba, Marc Hoogsteyns, aherutse mu rugendo mu Burasirazuba bwa Congo Kinshasa, yagize ico atangaza nyuma yuru ruzinduko aho yatangaje uko abona ibintu byifashe muribyo bice.

Kimwe mu byo yabonye, ni uburyo umutwe wa FDLR ukomeje kwinjiza abarwanyi bayo bashya, barimo n’abo ikura mugihugu c’u Rwanda mu bice byegereye imipaka. Avuga ko iyo bamaze kugera muri Congo Kinshasa bahita bahabwa udukarite twa Congo tubemerera kuba abanegihugu bagatangira kurwana.

Akomeze avuga ko muri iki gihe, igisirikare cya Congo, FARDC cyamaze kunyanyagiza intwaro ziganjemo imbunda zo mu bwoko bwa AK47 mu barwanyi ba FDLR, Wazalendo, Mai Mai n’abandi barimo Nyatura.

Ni mu gihe hari gahunda yo kongera umubare w’abacanshuro(Wagner), bagomba kugira uruhare mu rugamba Congo iteganya gushoza ku mutwe wa M23.

Mu gice cya kabiri cy’ikiganiro na Marc, yagarutse kuri aba bacanshuro bari muri RDC n’indi mitwe.

Marc ati: “Bari hose ku rugamba. Imibare mperutse kubona ni uko abagera ku bihumbi bibiri bari muri Goma. Ni umubare munini ku buryo utavuga ko ari abantu bari hariya mu bikorwa byo gutanga imyitozo n’ibindi bya tekiniki nko gutwara ibifaru cyangwa kugurutsa drones.”

“Numvise ko Kinshasa ifite gahunda yo kubongera bakagera ku bihumbi bitatu.”

“Nibwira ko byaba atari ukuri kuvuga ko ari Wagner gusa nanone birashoboka kuko ikigo bakorera cyitwa Agamila gifite aho gihuriye na Wagner kandi bakora mu buryo bumwe nka Wagner.”

“Biranashoboka ko abantu bamwe muri bo bakorana n’Umufaransa witwa Bazar, nawe wakoze muri Wagner mbere.”

“Aba bava muri Romania, Belarus, Georgia na Hongrie. Birashoboka ko hashobora kuba harimo n’Abarusiya ariko ntabyo nzi. Rero aba bantu bari hariya bashaka amafaranga, M23 irabizi, ntabwo itewe ubwoba nabo kuko ubwo imirwano iheruka M23 yarabakubise irabanesha.”

Uyu munyamakuru yabajijwe iki kibazo”Ibijyanye n’imvugo zibiba urwango ku Rwanda no ku bavuga Ikinyarwanda, byo mwabonye bihagaze gute?”

Ati: “Abanye-Congo benshi basanzwe ari abantu beza ariko bagenda bashyirwamo imyumvire itari yo ku buryo ubu bamaze kuba abanzi kubavuga ururimi rw’Ikinyarwanda.”

“Binyibutsa ibintu byabaye mu Budage mbere y’intambara ya kabiri y’Isi. Mfite inshuti nyinshi z’Abadage, ndi Umubiligi ariko mvuga Ikidage, mvugana n’Abadage benshi.”

“Nagiye nganira na bamwe bakambwira uburyo ababyeyi babo, uko byagenze ku butegetsi bwa Hitler. Ntabwo bari abantu babi, ariko bagiye bashyirwamo imyumvire ijyanye no kwanga Abayahudi, ibi rero nibyo biri muba NyeCongo.”

“Ndakeka ko Minisiteri y’Itumanaho iyobowe na Patrick Muyaya ibigiramo uruhare rukomeye.”

“Ifatanyije na Sosiyete Sivile, Lucha nk’Umuryango uharanira Uburenganzira bwa muntu n’indi miryango y’urubyiruko ubusanzwe yari ikwiriye kuba ifite ibitekerezo byiza, irwanya ruswa nibindi bibi ariko yamaze gufata iyi myumvire y’imvugo z’urwango izigira ibyabo.”

“Ikindi urebye M23, ntabwo ari Abatutsi gusa. Harimo Abatutsi benshi muri M23 ariko harimo Abahunde, Abahutu, Abashi, ubonamo n’abantu bo muri Bas – Congo, abo muri Kasai nabo barahari.”

Ikibazo yongewe kubazwa, “Imvugo z’uko u Rwanda rushyigikira M23 ubona zituruka he?”

“Hari ibintu byinshi umuntu yavugaho. Ikintu gikomeye kibiri inyuma ni uko M23 irwana kandi yahoze irwana nka RDF. Bafite ikinyabupfura, bafite intumbero, bafite inico bashaka kugeraho.”

“Ikindi kintu bavuga, ni amashusho ya drones bavuga ngo ya RDF yambuka umupaka, wabaza abantu bose bageze hariya hantu. Mu by’ukuri, abasirikare bose ubona uyu munsi baba bambaye ingofero zimwe, inkweto zimwe, bambaye impuzankano zimeze kimwe.”

“Ikindi navuga ni uko Abanyarwanda na M23, uko bashyigikirana mu myumvire yabo, biri hejuru cyane. Ni nk’aho Abanyarwanda bose hamwe n’Abarundi nabyo ntukwiriye kubyibagirwa, kuko hari Abarundi bari muri M23, wari ubizi?”

Ikibazo “M23 iryamiye amajanja nyuma y’iminsi FARDC na FDLR bisuganya
Ni ukuri se koko hari Abarundi bari muri M23?”

“Abantu bateraga amabuye Abapolisi mu 2015 i Bujumbura, bahungiye muri Congo. Ntabwo nzi ngo ni bangahe, birashoboka ko atari benshi, ariko barahari. Rero iki kintu cyo gushyigikirana, cyo kuba hamwe, turi kumwe, kirakomeye. Ntabwo bashobora gusubira inyuma.”

“M23 iri kuki mu gihe ibi byose biri kuba?”

“Watubwiraga ko hari ibitero biri gutegurwa kuyigabwaho…”

“Bari kureba ibiri kuba nabo bisunganya. Barabizi byose. Baba bafite amakuru.”

“Byonyine natwe tuzi byinshi. Niba nshobora guhamagara umuntu ukora mu biro bya Jean Pierre Bemba nkamubwira nti ’uribuka ko twigeze gusangira inzoga mu myaka itanu ishize…’ akambwira ati ’Marc birakomeye, Bemba afite ubwoba bw’uko ashobora gusabwa na Tshisekedi gukora ibintu bidafututse, bishobora kumugiraho ingaruka mu gihe kizaza’…”

“Cyangwa abantu bakambwira bati ’FARDC iri gutegura ibitero’, wahamagara abantu bo muri EAC, nabo bakabikubwira. Navuganye n’abasirikare ba FARDC, twavuganye n’Abanye-Congo twahoze dukorana badufasha mu by’itangazamakuru, uyu munsi ni abasemuzi b’abacanshuro

Tags: muburasirazuba bwa RDCUmunyamakuruuruzinduko rwew'umu Biligi Marc Hoogsteyns
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

AFC/M23 Accuses the Kinshasa Government of Brutality Against Civilians in the Highlands of Minembwe

by Bahanda Bruce
February 20, 2026
0
AFC/M23 Yashinje Leta ya Kinshasa Ubugizi bwa Nabi ku Baturage bo mu Misozi ya Minembwe

The political and military coalition Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) has released an urgent statement expressing serious concern over the worsening insecurity in the areas of Minembwe, Mikenge, and...

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

by Bahanda Bruce
February 16, 2026
0
Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yakiriwe mu buryo budasanzwe n’imbaga y’abaturage i Bujumbura, nyuma yo gusoza urugendo yari yagiriye i Addis Abeba...

Read moreDetails

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
February 9, 2026
0
Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC Ku butumire bwa Perezida wa Repubulika ya Angola, akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango...

Read moreDetails

FARDC Drone Attacks in Minembwe Injure Civilians

by Bahanda Bruce
January 31, 2026
0
FARDC Drone Attacks in Minembwe Injure Civilians

Reliable information from the center of Minembwe, in South Kivu Province, reports that a drone believed to belong to the Armed Forces of the Democratic Republic of the...

Read moreDetails

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

by Bahanda Bruce
November 28, 2025
0
Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga Guinée-Bissau yinjiye mu bibazo bikomeye bya politiki nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi ryabaye ku wa 27/11/2025, ni mu gihe hari imvururu...

Read moreDetails
Next Post

Muntara ya Haut Ueles, mugihugu ca Republika ya Democrasi ya Congo, harategurwa imyigaragambyo simusiga yokwamagana ubuyobozi bw'intara.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?