Umupaka wa Gatumba Wongeye Gufungurwa Nyuma y’Igihe Ufunzwe
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 23/02/2026, Leta y’u Burundi yafashe icyemezo cyo kongera gufungura umupaka wa Gatumba uhuza iki gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nyuma y’igihe kirenga amezi abiri wari umaze ufunzwe kubera impungenge z’umutekano.
Abantu ba mbere bahawe ibyangombwa bibemerera kwambuka, byatanzwe n’Urwego rw’u Burundi rushinzwe abinjira n’abasohoka, bahise bakomereza urugendo mu mujyi wa Uvira, umwe mu mijyi ikomeye yo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, umaze igihe ugaragaramo ibibazo by’umutekano muke n’imirwano.
Umupaka wa Gatumba, kimwe n’uwa Vugizo, wafunzwe mu ntangiriro z’ukwezi kwa cumi na kabiri 2025, nyuma y’uko ihuriro rya AFC/M23 rifashe umujyi wa Uvira. Icyo gihe, Leta y’u Burundi yasobanuye ko gukomeza gufungura imipaka byashyira mu kaga umutekano w’igihugu, bitewe n’ihindagurika ry’imirwano n’imitwe yitwaje intwaro yakomeje kwegera imbibi zayo.
U Burundi busanzwe bufite uruhare mu bikorwa bya gisirikare mu burasirazuba bwa RDC, aho ingabo zabwo zifatanyije n’iza Leta ya Congo mu kurwanya AFC/M23, ndetse n’umutwe witwaje intwaro wa MRDP-Twirwaneho ugenzura agace ka Minembwe. Ibi byateje impungenge ko imipaka ishobora kwifashishwa n’iyo mitwe mu kwinjira cyangwa gusohoka mu buryo butemewe n’amategeko.
Mu kwezi kwa mbere 2026, AFC/M23 yakuye abarwanyi bayo mu mujyi wa Uvira mu rwego rwo korohereza ibiganiro by’amahoro byari bikomeje hagati y’impande zihanganye. Ingabo za Leta ya RDC zongeye kwinjira muri uwo mujyi tariki ya 18/01/2026. Nubwo bimeze bityo, Leta y’u Burundi yakomeje kugaragaza ko igihe cyo gufungura imipaka kitaragera, ishimangira ko hakenewe isuzuma ryimbitse ry’umutekano.
Tariki ya 29/01/2026, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Albert Shingiro, yatangaje ko hafi y’umupaka hakigaragara abantu bashobora guhungabanya umutekano w’u Burundi; bityo, umupaka wa Gatumba na Vugizo ukomeza gufungwa mu rwego rwo kwirinda icyateza umutekano muke.
Yagize ati: “Gufungura umupaka bisaba kubanza kureba niba ibisabwa byose byuzuye. Ntabwo twawufungura uyu munsi ngo ejo tuwufunge kubera ko tutigeze dusuzuma neza ibijyanye n’umutekano.”
Ifungwa ry’imipaka ryagize ingaruka zikomeye ku mpunzi z’Abanye-Congo zahungiye mu Burundi kuva mu kwezi kwa cumi na kabiri 2025. Imibare igaragaza ko abarenga ibihumbi 100 bari barahungiye mu nkambi zitandukanye, aho imibereho yabaye ingorabahizi kubera ubuke bw’ibiribwa, amazi meza n’imiti.
Hari impunzi nyinshi zatakambye zisaba koroherezwa gusubira iwabo, zigaragaza ko ubuzima bwo mu nkambi bwari bumaze kurenga ubushobozi bwazo. Bamwe muri zo bahisemo kunyura mu nzira zitemewe, bambuka umugezi wa Ruzizi bifashishije amajerekani cyangwa ibikoresho byoroheje; abandi batanga ruswa kugira ngo bafashwe kwambuka mu ibanga. Ibi byashyize ubuzima bwabo mu kaga, ndetse hari n’abahitanywe n’indwara zituruka ku mwanda no kubura ibiribwa bihagije.
Leta y’u Burundi yari yarasabye ubufasha bw’abaterankunga mpuzamahanga, igaragaza ko umubare w’impunzi wari wararenze ubushobozi bw’igihugu mu kuzitaho.
Icyemezo cyo gufungura umupaka wa Gatumba cyafashwe nyuma y’ibiganiro byahuje abayobozi bo mu Burundi n’abo muri RDC, hagamijwe gusuzuma uko umutekano uhagaze no kureba icyafasha mu koroshya urujya n’uruza rw’abaturage n’ibicuruzwa.
Nubwo umupaka wa Gatumba wafunguwe, uwa Vugizo wo uracyafunze kubera ko ibice biwukikije bikigenzurwa na AFC/M23, bikomeje guteza impungenge ku mutekano.
Gufungura umupaka wa Gatumba ni intambwe igaragaza icyizere gishya mu mubano w’ibihugu byombi, by’umwihariko mu gihe akarere k’Ibiyaga Bigari gakomeje guhura n’ibibazo by’umutekano muke. Byemezwa ko kurushaho gutsura umubano no gukomeza ibiganiro bya dipolomasi ari byo bizatanga umusingi urambye w’amahoro n’ituze mu burasirazuba bwa RDC no mu bihugu bihana imbibi na yo.






