
Isinzi ryabantu amagana barimo nakizigenza uramutswa Igihugu ca Ghana bitabiriye umuhango wo gusezera bwa nyuma Christian Atsu, wapfuye mu kwezi gushize mu mutingito wibasiriye Igihugu ca Turkiya.
Christian Atsu Kumusezeraho bwanyuma byabereye imbere y’ibiro by’umukuru w’igihugu mu murwa mukuru Accra ho muri Ghana.
Umupakazi wasizwe Marie-Claire Rupio, yasomye ubutumwa bw’akababaro aho yagize ati: “Mu buzima ndagukunda nshuti, no mu rupfu niko bimeze.”
Marie-Claire yagize agahinda gakomeye ananirwa kurangiza ubutumwa bwe abuha mushiki wa Atsu aba ariwe ukomeza kubusoma.
Bwakomeje bugira buti: “Ntiwagiye wenyine, kuko igice cyanjye cyajyanye nawe. Inseko yawe n’urukundo rwawe mbibona mu nseko z’abana bacu.”
Mu minsi ishize abafana ba Newcastle United bafashe umunota wo kumwibuka bwanyuma bari mukibuga cumupira wamaguru.
Abahagarariye ikipe y’igihugu ca Ghana n’abahagarariye ikipe ya Hatayspor yakinagamo muri Turkiya nabo bari baje kumusezeraho bwanyuma.
Umurambo wa Atsu wabonetse hashize ibyumweru bibiri mu bisigazwa bya ‘appartement’ yabagamo yashenywe n’umutingito.
Hashize hafi ukwezi kumwe umurambo we usubijwe iwabo. Nyuma y’uyu muhango arashyingurwa iwabo ku ivuko mu majyepfo ya Ghana.
Atsu, wari ufite imyaka 31, igihe kinini yakinnye muri shampiyona y’Ubwongereza mu makipe atandukanye harimo n’a Chelsea, Newcastle na Everton mbere yo kujya muri Arabia Saoudite na Turkiya aho yaguye.
Atsu akaba yarashyinguwe iwabo ku ivuko kuruyu wagatanu tariki 17.03.2023 i Accra.
Uyu mukinyi yakiniye ikipe y’igihugu cyabo Black Stars imikino 65, anayifasha kugera ku mikino ya nyuma y’igikombe cya Africa cya 2015 muri Equatorial Guinea aho yahawe ibihembo by’igitego n’umukinnyi w’irushanwa.
Abafana benshi buyu mukinyi Atsu, babwiye Minembwe Capital News ko Atsu azibukirwa ku gukunda abantu, no gufasha abakene mu gihugu cye.
Ikindi nuko Kuwa kabiri ushize, abantu benshi bitabiriye umuhango wo gutambuka baca imbere y’umurambo we mu kumusezeraho.
Abavuza ingoma n’abacuranzi bari bitabiriye uwo muhango w’akababaro no guha icyubahiro umukinyi wabiciye biracika mugihe ce Christian Atsu.




