
I Goma muntara ya Kivu Yaruguru, hiciwe Umuturage arashwe num’Upolici, kuberako yabuze 5000FC za Ruswa (Corruption).
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 06.04.2023, Saa 7:37 PM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Amakuru agera kuri Minembwe Capital News, dukesha abaturiye Goma ho muntara ya Kivu Yaruguru muri Republika ya democrasi ya Congo (RDC), kw’Icentre ya CENI, irimo gukorerwa ho igikorwa cokwibaruza bagahabwa Carte d’électeur murwego rwokwitegura amatora yumukuru w’igihugu ateganijwe murico gihugu uyumwaka mukwezi kwa 12, kuruyu mugoroba hiciwe Umuturage arashwe num’Upolici kuberako yabuze ifaranga zokumuha nkikiguzi cangwa ifaranga bita “Ruswa.”
Iki gikorwa kigayitse kibaye ahagana mumasaha yumugoroba wanone tariki 06.04.2023, kuri centre d’enrôlement ya EP Byahi, aha ni Goma ho muburasirazuba bwa Republika ya democrasi ya Congo.
Umwe mubaturage bomubwoko bwa b’Anande yabwiye Minembwe Capital News, ati: “Uwapfuye yagiye gushaka Carte d’électeur, bisanzwe nkuko nabandi bagenda kuzifata aha hari kuri Centre d’enrôlement ya EP Byahi, akimara kuyifata nyuma yuko yanyuze ahabigenewe , Polici yegereye uwo muturage imusaba Ruswa yifaranga ingana na 5000FC, uyu nyakwigendera yanze kuzimuha maze Polici w’igihugu ahita amurasa urusasu mumutwe ahita agwaho.”
Nyuma yuko Polici yishe uwo muturage habaye kugumuka kwa Baturage maze Polici zaraho zishinzwe umutekano zahise ziruka zihunga abaturage baziruka inyuma, abandi binjira mubiro bya CENI basahura imashine nibindi bintu byagaciro bimwe baratwika ibindi barangiriza.
Kumbuga Nkoranya Mbaga zaba Congomani bakomeje kwerekana ibikorwa bibi bikorerwa mugihugu ca Republika ya democrasi ya Congo bigaragaza ko iki gihugu kitazi agaciro kakiremwa muntu:
Uwitwa Shendo Éric, yagize ati : “Congo guhera mubuyobozi iriya hejuru ntabwo bazi agaciro Kakiremwa muntu, kuko ibihakorerwa bigaragaza neza ko namahoro kugira ngwazaboneke bizagora.”
Naho bwana Nicolas Karasira Yagize nawe ati: “Ntakindi gikwiriye muri Congo usibye ko hakenewe umukasi ugabura Igihugu ab’Atutsi bagahabwa Umugabane kuko nibo basa nabazi kuyobora bitaruko abanyecongo bazahora mumarira adashira.”




